• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 28 Dec 2017 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, yagabanyije inyungu amabanki aherwaho inguzanyo ivanwa kuri 6% igezwa kuri 5.5% mu rwego rwo gukomeza korohereza banki uko zabonaga amafaranga.

Muri Kamena iyi nyungu yari yagabanyijwe ivanwa 6.25% ishyirwa kuri 6%; gusa nyuma y’igenzura ry’uko ubukungu buhagaze, BNR yongeye kugabanya iyi nyungu ishyirwa kuri 5.5%.

Ni umwanzuro watangajwe kuri uyu wa Kane, nyuma y’inama yahuzaga Akanama Gashinzwe ubusugire bw’urwego rw’imari (Financial Stability Committee, FSC) n’Akanama gashinzwe politiki y’ifaranga (Monetary Policy Committee, MPC), iba buri gihembwe.

Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, yabwiye itangazamakuru ko kugabanya urwunguko ngenderwaho ruva kuri 6.25% kugeza kuri 6% byagize ingaruka nziza bigendeye ku buryo amabanki aguriza abikorera.

Ati “Byagize ingaruka nziza ku mibare y’ukuntu banki zitanga imyenda ku bikorera kuko mu mezi icyenda ya mbere y’uyu mwaka, inguzanyo zahawe abikorera zazamutseho 14.3% ugereranyije n’uko byari byazamutse 8.8% mu 2016.”

Ibi ni byo Akanama gashinzwe politiki y’ifaranga muri Banki Nkuru y’Igihugu, kahereyeho gafata ‘icyemezo cyo kugabanya urwunguko ngenderwaho rwa BNR ruva kuri 6% kugera kuri 5.5% muri iki gihembwe cya mbere cya 2018 tugiye gutangira’.

Rwangombwa yakomeje avuga ko ari inshuro nke cyane Banki ziguza amafaranga muri Banki Nkuru y’Igihugu ahubwo ko zigurizanya hagati yazo.

Banki y’Igihugu isobanura ko iba yifuza ko kugabanya uru rwunguko byanagira ingaruka ku rwo abakiliya baherwaho amafaranga mu mabanki gusa ngo hari impamvu nyinshi zituma bidahita bihinduka bigendanye n’imiterere y’ubukungu bw’igihugu.

Urwego rw’imari rw’u Rwanda ntirujegajega

BNR isobanura ko urwego rw’imari mu Rwanda ‘rutajegajega’ hashingiwe ku kuba mu mezi icyenda y’umwaka wa 2017, umutungo wa za Banki wazamutseho 17% ugereranyije n’ukwezi kwa cyenda umwaka ushize, aho ubu ubarirwa miliyari 2600 Frw.

Ku bigo by’imari iciriritse, wiyongereye ku kigero cya 9.5% bikaba bigeze kuri miliyari 242.4 Frw. Umutungo w’ibigo by’ubwishingizi nawo wazamutseho 13% ungana na miliyari 386.6 Frw, mu bigo by’ubwiteganyirize uzamukaho 15%, mu mafaranga ukaba ugeze kuri miliyari 690.6 Frw.

Igipimo cy’inguzanyo zitishyurwa neza cyaragabanutse kuko muri banki cyari kuri 8.2% muri Kamena, ariko ubu kigeze kuri 7.7% naho ku bigo by’imari iciriritse kikaba cyarageze kuri 8% kivuye 12.3%.

Ibigo by’imari mu Rwanda ni bimwe mu byihagazeho mu kubona urwunguko kuko inyungu z’amabanki ukuyemo imisoro muri Nzeri yari igeze kuri miliyari 30.6 Frw, mu bigo by’imari iciriritse igeze kuri miliyari 3.1 Frw naho mu by’ubwishingizi ari miliyari 29.4 Frw.

Ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga byazamutseho 53.7% naho ibitumizwa bigabanukaho 1.4% bituma ikinyuranyo cy’ibitumizwa mu mahanga n’ibyoherezwayo kigabanukaho 21.1%.

BNR isobanura ko ibi byagize ingaruka nziza ku ifaranga ry’u Rwanda ku isoko ry’ivunjisha kuko hari icyizere ko uyu mwaka uzarangira ‘ritaye agaciro ho 3.07% ugereranyije n’uko ryari ryataye agaciro 9.7% mu mwaka ushize.’

2017-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Ubwanditsi 09 Mar 2017
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 11 Frw zo kurufasha guhangana na COVID-19

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 11 Frw zo kurufasha guhangana na COVID-19

Ubwanditsi 08 Apr 2020
Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Ubwanditsi 16 May 2016
RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

Ubwanditsi 23 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye
IKORANABUHANGA

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda
Amakuru

Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Ubwanditsi 28 May 2024
Burundi: Habaye imyigaragambyo yo kwamagana ONU n’u Bufaransa
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Habaye imyigaragambyo yo kwamagana ONU n’u Bufaransa

Ubwanditsi 03 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru