• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere : Prof. Shyaka Anastase
Prof. Shyaka Anastase Umuyobozi wa RGB

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere : Prof. Shyaka Anastase

Ubwanditsi 08 Nov 2017 Amakuru

Kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Ugushyingo 2017 ubwo hizihizwaga umunsi nyafurika w’itangazamakuru n’inama ya cyenda y’umushyikirano w’itangazamakuru mu Rwanda, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Prof Shyaka Anastase, yavuze ko umubare w’ibinyamakuru bimaze kuvuka n’ubwiza bw’amakuru atangazwa mu Rwanda bigaragaza neza ko hari iterambere.

avuze kandi ko nubwo ibinyamakuru bitandukanye byateye imbere, hakiri ikibazo cy’ubushobozi cyane cyane mu binyamakuru byandika, akaba yavuze ko ibyo binyamakuru byareba uko byakwihuza Kugira ngo birusheho kugira imbaraga, akaba yahamagariye Abanyamakuru kurushaho kuba maso, bakirinda gukora inkuru zikurura urwango n’ivangura mu Banyarwanda.

Umushyitsi mukuru muri uyu muhango Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba,Madamu Louise Mushikiwabo, we yavuze ko yishimira iterambere itangazamakuru ryo mu Rwanda ryagezeho nyuma y’ibibazo bitandukanye ryanyuzemo, ashimangira ko Leta izakomeza kurishyigikira mu gutera imbere.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo niwe wafunguye iyi nama

Ati” Nkurikije aho uyu mwuga uhagaze uyu munsi n’aho wari mu minsi yashize, nta gushidikanya ko wateye imbere, nishimiye Kuba muri ibi birori kuko uyu ni umwanya urwego rw’itangazamakuru rwateye imbere cyane haba mu bwinshi no mu bwiza.

Yakomeje avuga kandi ko nk’umuntu wabaye Minisitiri w’Itangazamakuru azi neza ko ryavuye kure, bityo ko umunsi w’itangazamakuru ukwiye kuba umwanya abafite uruhare muri urwo rwego bahura bakaganira uburyo ryatera imbere, bagamije kubaka itangazamakuru rikomeye kandi ribereye Abanyarwanda.

Abayobozib’Ibitangazamakuru ndetse n’Abanyamakuru muri rusange bahamagariwe gukoresha itangazamakuru rigezweho (Digital Media), kuko ryihutisha amakuru kandi akagera kubo agenewe kugihe.

Abitabiriye ibi biganiro batandukanye batangaje ko mu mavugururwa y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yateguwe na Perezida Paul Kagame, kugira ngo uwo muryango ubashe gutera imbere no guteza imbere abanyafurika, basanga itangazamakuru rikenewe cyane kugira ngo rigire uruhare mu kugeza ku baturage ibibakorerwa.

    

        

2017-11-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ruharwa Protais Mpiranya yapfuye adashyikirijwe ubutabera, bizabazwa nde?

Ruharwa Protais Mpiranya yapfuye adashyikirijwe ubutabera, bizabazwa nde?

Ubwanditsi 12 May 2022
Nyuma y’imyaka 7 akinira APR FC, Buregeya Prince yatandukanye n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu

Nyuma y’imyaka 7 akinira APR FC, Buregeya Prince yatandukanye n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu

Ubwanditsi 14 Jun 2024
Uwahoze ari Visi Perezida wa FDLR Straton Musoni yasoje amahugurwa yo gusubira mu buzima busanzwe atangaza byinshi kuri uwo mutwe w’iterabwoba

Uwahoze ari Visi Perezida wa FDLR Straton Musoni yasoje amahugurwa yo gusubira mu buzima busanzwe atangaza byinshi kuri uwo mutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 24 Jul 2023
MENYA UKURI: AMATEKA N’IMITERERE YA IDAMANGE IRYAMUGWIZA YVONNE

MENYA UKURI: AMATEKA N’IMITERERE YA IDAMANGE IRYAMUGWIZA YVONNE

Ubwanditsi 15 Feb 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu : Njyanama yatunguwe no kwegura kwa Sinamenye bari bazi ko agaruka mu kazi vuba
ITOHOZA

Rubavu : Njyanama yatunguwe no kwegura kwa Sinamenye bari bazi ko agaruka mu kazi vuba

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo
POLITIKI

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Alikiba yagize icyo avuga ku mushinga wo gukorana na Davido indirimbo
IMIKINO

Alikiba yagize icyo avuga ku mushinga wo gukorana na Davido indirimbo

Ubwanditsi 09 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru