• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 

Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 

Ubwanditsi 29 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa mbere wiki cyumweru, Pasiteri Deo Nyirigira yatumijwe n’Urwego rushinzwe iperereza rya Gisirikari muri Uganda (CMI) ngo yisobanure uburyo yihuje na Jean Paul Turayishimye nyuma yuko ashingiye ishyaka rye RAC-Urunana, nyuma yuko Deo Nyirigira yari amaze guhagarikwa ku buyobozi bwa RNC muri Uganda na Kayumba Nyamwasa.  Pasiteri Nyirigira yavuzwe guhera mu mwaka wa 2017 kubera gukoresha urusengero rwe rwa AGAPE nk’indiri ya RNC aho kwigisha ijambo ry’Imana. Yatangiye yihishahisha ariko biza kugaragara ko ariwe ushinzwe ubukangurambaga bwa RNC muri Uganda kugeza ayoboye uwo mutwe w’iterabwoba muri mbere yuko ashwana n’icyihebe gikuru Kayumba Nyamwasa.

Kuba Nyirigira yariyomoye kuri Kayumba Nyamwasa, agatumizwa na CMI, mu gihe cyose atigeze atumizwa kubera uruhare rwe mu guteza umutekano muke mu Rwanda, bigaragara ko Kayumba Nyamwasa afite ijambo rikomeye mu nzego z’umutekano za Uganda. Nta mugayo kuko yagiye abivuga kenshi abwira abamwiyomoyeho muri Uganda ko bazabona ishyano.  Nyirigira n’urusengero rwe rwa AGAPE rukorera Mbarara, niho n’umutwe wa gisirikari wa P5 wubakiwe, kuko abajyaga mu mashyamba ya Kongo banyuze muri Tanzaniya n’u Burundi niho baturukaga. Nyirigira yatanze n’umuhungu we Mwizerwa Felix , kuko n’igihe inzego z’umutekano za Tanzaniya zafashe abantu 40 bari bagiye muri P5, bahawe ibyangombwa by’inzira na CMI, Mwizerwa Felix yari kumwe nabo.

Ikibazo cyo gutandukana hagati ya Kayumba Nyamwasa na Deo Nyirigira, twagiye tubibagezaho mu nkuru zitandukanye bitewe nuko cyagendaga gifata intera, dore ko twababwiye uburyo Pasiteri Nyirigira atari acyizera Kayumba kubera kumwicira umuhungu we Felix Mwizerwa, hakaba kandi gushwana bapfuye imisanzu ndetse n’uburyo Nyirigira na Busigo babaye abanzi ba Kayumba bitewe n’ibura rya Ben Rutabana wari kumwe na Mwizerwa.

Uko RNC muri Uganda yahindutse RAC Urunana ya Jean Paul Turayishimye

RNC muri Uganda niyo yari inkingi ya mwamba ya RNC/P5 kubera ko igisirikari ariho cyari gishingiye kandi byose bishyigikiwe n’icyo gihugu, ikindi nuko ariho babonaga imisanzu myinshi kubera impunzi z’Abanyarwanda babeshyaga bavuga ko bafite igisirikari bari hafi gukuraho Leta y’u Rwanda. Ubwo ingabo za P5 zari ziyobowe na Maj (Rtd) Mudathiru ndetse na Capt Charles Sibo akicwa, umwuka mubi watangiye gututumba muri Uganda kuko Kayumba yihakanye abo basirikari kandi imiryango myinshi yaratanze abana babo ariko bakaba ntamakuru yabo bari bafite.

Icyaje guhumira ku mirari ni ibura rya Ben Rutabana n’umuhungu we Felix Mwizerwa ryaje kumenyekana ko baburishijwe na Kayumba Nyamwasa kandi adashaka kubivugaho. Ikibazo cya Rutabana cyateje impunduka zikomeye muri RNC haba muri Canada na Uganda bityo bibera ikiraro ku bantu bose birukanwe na Kayumba kubera kugaragaza uwo ariwe bakuriwe na Jean Paul Turayishimye, Leah Karegeya, Tabita Gwiza, Simon Ndwaniye n’abandi.

Nyuma yaho baje gushinga ishyaka ryabo RAC-Urunana ryakirwa na yombi muri Uganda n’abari barambiwe Kayumba Nyamwasa. Kuko Kayumba ishyaka aribara mo imisanzu nta gahunda ya politiki afite, byahise bimurakaza bityo akoresha inzego z’umutekano za Uganda bahita bafata abantu bose bari bitabiriye iyo nama. Ubwo RAC yari imaze icyumweru ishinzwe, muri Uganda habaye inama yambere tariki ya 11 Nyakanga 2020. Abantu 40 bari bitabiriye iyo nama bafatiwe ahitwa Nama hafi y’ikiyaga cya Wamala mu Karere ka Mityana.

Abari bayoboye iyi nama ni bamwe mu biyomoye ku ishyaka RNC ya Kayumba babitumwe na Pasitori Deo Nyirigira wa Agape Church Mbarara uhagarariye ishyaka “Urunana Rw’abanyarwanda Ruharanira Impinduka” mugihugu cya Uganda. Amwe mu mazina y’abafashwe harimo John Tabara na Sylvestre Kimenyi, umwe mu mabandi abereyeho kunyunyuza imitsi y’abaturage ngo arashaka imisanzu.  Abitabiriye iyo nama bagafatwa bari babwiwe ko Deo Nyirigira afite uruhushya rwa CMI nyuma yuko bafashwe bavuzeko nta Kayumba nta Nyirigira bose ari abatekamitwe. Nyuma yuko abitabiriye iyo nama bafashwe, ubu Deo Nyirigira wari wabatumiye niwe watahiwe.

2020-07-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Ubwanditsi 31 May 2024
Umuyobozi agira abantu be n’abandi batari abe gute?-Kagame

Umuyobozi agira abantu be n’abandi batari abe gute?-Kagame

Ubwanditsi 29 Mar 2018
“Niyamye nkomeje abansanisha n’ibyihebe byo muri RNC na data Nkerinka wayibayemo yataye igihe” Gladys Nkerinka.

“Niyamye nkomeje abansanisha n’ibyihebe byo muri RNC na data Nkerinka wayibayemo yataye igihe” Gladys Nkerinka.

Ubwanditsi 11 Feb 2024
Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi

Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi

Ubwanditsi 14 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru
Mu Rwanda

Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Ubwanditsi 08 May 2018
Radio Amazing Grace yafunzwe mu gihe cy’iminsi 30
Mu Rwanda

Radio Amazing Grace yafunzwe mu gihe cy’iminsi 30

Ubwanditsi 21 Feb 2018
Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio
Amakuru

Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio

Ubwanditsi 29 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru