• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 

Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 

Ubwanditsi 29 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa mbere wiki cyumweru, Pasiteri Deo Nyirigira yatumijwe n’Urwego rushinzwe iperereza rya Gisirikari muri Uganda (CMI) ngo yisobanure uburyo yihuje na Jean Paul Turayishimye nyuma yuko ashingiye ishyaka rye RAC-Urunana, nyuma yuko Deo Nyirigira yari amaze guhagarikwa ku buyobozi bwa RNC muri Uganda na Kayumba Nyamwasa.  Pasiteri Nyirigira yavuzwe guhera mu mwaka wa 2017 kubera gukoresha urusengero rwe rwa AGAPE nk’indiri ya RNC aho kwigisha ijambo ry’Imana. Yatangiye yihishahisha ariko biza kugaragara ko ariwe ushinzwe ubukangurambaga bwa RNC muri Uganda kugeza ayoboye uwo mutwe w’iterabwoba muri mbere yuko ashwana n’icyihebe gikuru Kayumba Nyamwasa.

Kuba Nyirigira yariyomoye kuri Kayumba Nyamwasa, agatumizwa na CMI, mu gihe cyose atigeze atumizwa kubera uruhare rwe mu guteza umutekano muke mu Rwanda, bigaragara ko Kayumba Nyamwasa afite ijambo rikomeye mu nzego z’umutekano za Uganda. Nta mugayo kuko yagiye abivuga kenshi abwira abamwiyomoyeho muri Uganda ko bazabona ishyano.  Nyirigira n’urusengero rwe rwa AGAPE rukorera Mbarara, niho n’umutwe wa gisirikari wa P5 wubakiwe, kuko abajyaga mu mashyamba ya Kongo banyuze muri Tanzaniya n’u Burundi niho baturukaga. Nyirigira yatanze n’umuhungu we Mwizerwa Felix , kuko n’igihe inzego z’umutekano za Tanzaniya zafashe abantu 40 bari bagiye muri P5, bahawe ibyangombwa by’inzira na CMI, Mwizerwa Felix yari kumwe nabo.

Ikibazo cyo gutandukana hagati ya Kayumba Nyamwasa na Deo Nyirigira, twagiye tubibagezaho mu nkuru zitandukanye bitewe nuko cyagendaga gifata intera, dore ko twababwiye uburyo Pasiteri Nyirigira atari acyizera Kayumba kubera kumwicira umuhungu we Felix Mwizerwa, hakaba kandi gushwana bapfuye imisanzu ndetse n’uburyo Nyirigira na Busigo babaye abanzi ba Kayumba bitewe n’ibura rya Ben Rutabana wari kumwe na Mwizerwa.

Uko RNC muri Uganda yahindutse RAC Urunana ya Jean Paul Turayishimye

RNC muri Uganda niyo yari inkingi ya mwamba ya RNC/P5 kubera ko igisirikari ariho cyari gishingiye kandi byose bishyigikiwe n’icyo gihugu, ikindi nuko ariho babonaga imisanzu myinshi kubera impunzi z’Abanyarwanda babeshyaga bavuga ko bafite igisirikari bari hafi gukuraho Leta y’u Rwanda. Ubwo ingabo za P5 zari ziyobowe na Maj (Rtd) Mudathiru ndetse na Capt Charles Sibo akicwa, umwuka mubi watangiye gututumba muri Uganda kuko Kayumba yihakanye abo basirikari kandi imiryango myinshi yaratanze abana babo ariko bakaba ntamakuru yabo bari bafite.

Icyaje guhumira ku mirari ni ibura rya Ben Rutabana n’umuhungu we Felix Mwizerwa ryaje kumenyekana ko baburishijwe na Kayumba Nyamwasa kandi adashaka kubivugaho. Ikibazo cya Rutabana cyateje impunduka zikomeye muri RNC haba muri Canada na Uganda bityo bibera ikiraro ku bantu bose birukanwe na Kayumba kubera kugaragaza uwo ariwe bakuriwe na Jean Paul Turayishimye, Leah Karegeya, Tabita Gwiza, Simon Ndwaniye n’abandi.

Nyuma yaho baje gushinga ishyaka ryabo RAC-Urunana ryakirwa na yombi muri Uganda n’abari barambiwe Kayumba Nyamwasa. Kuko Kayumba ishyaka aribara mo imisanzu nta gahunda ya politiki afite, byahise bimurakaza bityo akoresha inzego z’umutekano za Uganda bahita bafata abantu bose bari bitabiriye iyo nama. Ubwo RAC yari imaze icyumweru ishinzwe, muri Uganda habaye inama yambere tariki ya 11 Nyakanga 2020. Abantu 40 bari bitabiriye iyo nama bafatiwe ahitwa Nama hafi y’ikiyaga cya Wamala mu Karere ka Mityana.

Abari bayoboye iyi nama ni bamwe mu biyomoye ku ishyaka RNC ya Kayumba babitumwe na Pasitori Deo Nyirigira wa Agape Church Mbarara uhagarariye ishyaka “Urunana Rw’abanyarwanda Ruharanira Impinduka” mugihugu cya Uganda. Amwe mu mazina y’abafashwe harimo John Tabara na Sylvestre Kimenyi, umwe mu mabandi abereyeho kunyunyuza imitsi y’abaturage ngo arashaka imisanzu.  Abitabiriye iyo nama bagafatwa bari babwiwe ko Deo Nyirigira afite uruhushya rwa CMI nyuma yuko bafashwe bavuzeko nta Kayumba nta Nyirigira bose ari abatekamitwe. Nyuma yuko abitabiriye iyo nama bafashwe, ubu Deo Nyirigira wari wabatumiye niwe watahiwe.

2020-07-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ubwanditsi 03 Apr 2019
Perezida Macron azahagararirwa mu kwibuka ku nshuro ya 25 n’umudepite ukomoka i Kigali

Perezida Macron azahagararirwa mu kwibuka ku nshuro ya 25 n’umudepite ukomoka i Kigali

Ubwanditsi 22 Mar 2019
“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 07 Dec 2022
Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Ubwanditsi 10 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 24 Ukwakira 2018
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 24 Ukwakira 2018

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Perezida Kagame na Madamu bitabiriye Inama ya 28 ya AU  i Addis Ababa
Mu Rwanda

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye Inama ya 28 ya AU i Addis Ababa

Ubwanditsi 28 Jan 2017
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye siporo rusange ya Car Free Day (Amafoto)
IMIKINO

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye siporo rusange ya Car Free Day (Amafoto)

Ubwanditsi 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru