• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame na Madamu bitabiriye Inama ya 28 ya AU i Addis Ababa

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye Inama ya 28 ya AU i Addis Ababa

Ubwanditsi 28 Jan 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Addis Ababa muri Ethiopia, aho bitabiriye inama ya 28 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU.

Kuwa 30-31 Mutarama 2017 nibwo abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bazahurira ku cyicaro cya AU i Addis Ababa mu kazi kadasanzwe karimo; gutora Umuyobozi wa Komisiyo ya AU n’abakomiseri, kugezwaho raporo ku mavugurura y’iyo Komisiyo yakozwe na Perezida Kagame n’itsinda ry’intiti icyenda zamufashije no kugena umusimbura wa Perezida Idriss Deby Itno ku buyobozi bwa AU.

Iyi nama izasiga hamenyekanye usimbura Dr.Dlamini Zuma mu bakandida batanu barimo; Umunya-Botswana Pelonomi Venson-Moitoi n’Umunya-Guinee Equatoriale Agapito Mba Mokuy, bari mu bahataniraga uwo mwanya ntibabasha gutambuka mu matora yabereye i Kigali muri Nyakanga 2016, biyemeje gukomeza guhatana n’abakandida bashya, Abdoulaye Bathily ukomoka muri Senegal, Moussa Faki Mahamat, ukomoka muri Tchad na Amina Mohamed, wo muri Kenya.

Kuri Perezida Kagame kwitabira iyi nama bifite igisobanuro gikomeye kuko agomba kuzatangaza ibyo yagezeho n’itsinda ry’intiti icyenda zamufashije gutegura impinduka muri Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.

Mu bihe bitandukanye Umukuru w’Igihugu yahuye n’iryo tsinda yaba muri Village Urugwiro no mu rugo rwe i Rwamagana mu murenge wa Muhazi, ariko ntawe uramenya icyo bagezeho, biteganyijwe ko byose bizahishurirwa muri iyi nama.

Abakuru b’ibihugu kandi bazafata umwanzuro ku busabe bwa Maroc bwo kugaruka muri AU nyuma y’imyaka 34 yikuyemo. Birasaba ko ibihugu 36 muri 54 bigize AU byemeza ko iwugarukamo nkuko amatageko awugenga abiteganya.

Bazanemeza imbanzirizamushinga y’imirongo ngenderwaho mu gushyira mu bikorwa umwanzuro wa Kigali wo gutera inkunga ibikorwa bya AU binyuze mu gutanga 0.2% by’ibyinjizwa mu bihugu.

Mu nama ya 28 ya AU, abakuru b’ibihugu bagomba no kuzakomoza ku ngingo y’ihungabana ry’amahoro n’umutekano mu bihugu bimwe na bimwe. Aha biteganyijwe ko hazigwa ku ngamba zirimo; kohereza ingabo muri Sudani y’Epfo no kongera kubaka Centrafrique yashegeshwe bikaze n’intambara y’amoko n’amadini.

Hazanasuzumwa umuti wavugutirwa ibihugu birimo imvururu za politiki nko mu Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Guinea-Bissau. Ibibazo by’iterabwoba mu bihugu bya Tchad, Nigeria, Mali, Libya na Somalia ntibizasigara inyuma.

-5543.jpg

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Addis Ababa muri Ethiopia

Source : Igihe.com

2017-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndikumana Hamad ‘Katauti’ yitabye Imana

Ndikumana Hamad ‘Katauti’ yitabye Imana

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya

Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya

Ubwanditsi 01 Oct 2021
Kayonza: Polisi yafatanye abagabo batanu asaga ibihumbi 22 by’Amadolari ya Amerika bibye bayakuye mu modoka

Kayonza: Polisi yafatanye abagabo batanu asaga ibihumbi 22 by’Amadolari ya Amerika bibye bayakuye mu modoka

Ubwanditsi 21 May 2018
Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Ubwanditsi 12 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda
Amakuru

Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda

Ubwanditsi 24 Sep 2020
Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017
Mu Rwanda

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Imizinga ishobora kuvamo imyibano ku uwishe Col. Patrick  Karegeya
INKURU NYAMUKURU

Imizinga ishobora kuvamo imyibano ku uwishe Col. Patrick  Karegeya

Ubwanditsi 16 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru