• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Musanze: Gen. Gatama ukuriye ingabo yijeje abashoramari umutekano usesuye nyuma y’igitero cya FDLR

Musanze: Gen. Gatama ukuriye ingabo yijeje abashoramari umutekano usesuye nyuma y’igitero cya FDLR

Ubwanditsi 10 Oct 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Brig. Gen. Vincent Gatama, Komanda wa division ya kabiri y’Ingabo z’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, yijeje ko nta muterabwoba ukiri ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’igitero cyagabwe ku baturage n’inyeshyamba za Rud-Urunana mu Karere ka Musanze abasivili 14 bakahasiga ubuzima.

Mu ijoro ryo kuwa Gatanu ushize, nibwo inyeshyamba za FDLR mu gice cya RUD Urunana, zambutse umupaka uhuza u Rwanda na Congo zica abaturage 14 abandi 8 zirabakomeretsa.

Izi nyeshyamba zakoresheje ibikoresho gakondo mu kwica abaturage zahise zicibwa intege n’abashinzwe umutekano bishemo izigera kuri 19 izindi zigafatwa.

Igipolisi cy’u Rwanda cyatangaje ko inyeshyamba 19 mu zateye i Musanze, Kinigi na Nyange zaciwe intege mu gikorwa Igipolisi cy’u Rwanda cyafatanyijemo n’igisirikare.

Mu nama yabereye i Musanze ikitabirwa n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Clare Akamanzi, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, JMV Gatabazi n’abanyamahoteli n’ibigo bitembereza ba mukerarugendo basaga 70, Gen. Gatama yavuze ko igitero cyo mu cyumweru gishize ari igitero cy’iterabwoba gusa.

Yagize ati: “ntibigeze bibasira business z’umushoramari ahubwo n’inyubako za leta,” ibi akaba yabivuze yizeza abashoramari ko nta nyeshyamba kuri ubu iri ku butaka bw’u Rwanda.

Ati: “twakubuye buri kimwe. Nta muterabwoba n’umwe usigaye. N’abaturage bacu barabizi neza. Turabizeza umutekano kandi n’ahari ibyuho tuzabikosora.”

Iyi nama y’i Musanze nk’uko tubikesha KTPress, yari igamije kuganira n’abafatanyabikorwa uko umwuka w’ubukerarugendo n’umutekano wifashe. Akarere ka Musanze kabarizwamo Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, ibamo Ingagi zo mu misozi zidapfa kuboneka ahandi.

Komanda w’Ishuri Rikuru rya Polisi rikorera i Musanze, CP Augustin Bizimungu, we yasabye abitabiriye iyi nama ubufatanye, ashimangira ko igipolisi cyo gihora kiteguye gutabara.

Ati: “bifata iminota 10 kugera kuri station ya polisi ya Kinigi n’iminota 20 kugera ku biro bikuru bya polisi. Ku bufasha bwose turiteguye.”

Kuva iki gitero giheruka cyaba nk’uko byatangajwe na Guverineri Gatabazi, ngo bakoranye inama nyinshi n’abaturage ndetse n’abacuruzi ngo bizezwe ko buri kimwe kiri ku murongo.

Ati: “twagiye tuva ahantu hamwe tujya ahandi. Urugero, ku mugoroba wo kuwa Gatanu (amasaha makeya mbere y’igitero) nari kumwe na manager wa Singita. Nk’uko nabivuze, turashaka kugira umutekano no kumva turi iwacu,”

Singita Kwitonda Lodge na Kataza House, byafunguye imiryango mu Murenge wa Kinigi, mu Karere ka Musanze, mu Ntara y’Amajyaruguru, neza ahatuye Ingagi zo mu misozi zidapfa kuboneka ahandi. Kuva byafungura byakunze kwakira ba mukerarugendo benshi basura igihugu.

Bivugwa ko inyeshyamba zitera zamanutse ziva ku Musozi wa bisoke, zikanyura ku gasozi karebana na Bisate Lodge, mbere yo kugaba ibitero mu ngo z’abaturage no ku mihanda zica abaturage.

Bwana Keith Vincent, Umuyobozi Mukuru wa Wilderness Safari, ari nayo ifite Bisate Lodge, yavuze ko ibyabaye bitahungabanyije business yabo.

Ati: “ntibwaba ari ubumuntu utaragize ubwoba. Sinari mpari ubwo igitero cyabaga, ariko abakozi banjye bambwiye buri kimwe. Ariko inzego z’umutekano zaratabaye byihuse cyane kandi buri kimwe cyari ku murongo,”

Usibye icyo gitero, Keith Vincent yavuze ko nta mbogamizi zigeze ziba ku mikorere ya lodge yabo iherereye ahantu uba witegeye Ibirunga bya Bisoke na Karisimbi.

Ati: “Business zacu zirakomeje uko bisanzwe.”

2019-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Amafoto – Gicumbi FC yegukanye igikombe cya shampiyona yo mu kiciro cya kabiri 2021 itsinze Etoile de l’Est kuri penaliti 14-13

Amafoto – Gicumbi FC yegukanye igikombe cya shampiyona yo mu kiciro cya kabiri 2021 itsinze Etoile de l’Est kuri penaliti 14-13

Ubwanditsi 16 Oct 2021
Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Mukayisenga

Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Mukayisenga

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30

Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30

Ubwanditsi 16 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda
Amakuru

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Ubwanditsi 07 Feb 2025
Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.
Amakuru

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Ubwanditsi 10 May 2021
Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020
Amakuru

Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Ubwanditsi 08 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru