• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Musanze: Gen. Gatama ukuriye ingabo yijeje abashoramari umutekano usesuye nyuma y’igitero cya FDLR

Musanze: Gen. Gatama ukuriye ingabo yijeje abashoramari umutekano usesuye nyuma y’igitero cya FDLR

Ubwanditsi 10 Oct 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Brig. Gen. Vincent Gatama, Komanda wa division ya kabiri y’Ingabo z’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, yijeje ko nta muterabwoba ukiri ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’igitero cyagabwe ku baturage n’inyeshyamba za Rud-Urunana mu Karere ka Musanze abasivili 14 bakahasiga ubuzima.

Mu ijoro ryo kuwa Gatanu ushize, nibwo inyeshyamba za FDLR mu gice cya RUD Urunana, zambutse umupaka uhuza u Rwanda na Congo zica abaturage 14 abandi 8 zirabakomeretsa.

Izi nyeshyamba zakoresheje ibikoresho gakondo mu kwica abaturage zahise zicibwa intege n’abashinzwe umutekano bishemo izigera kuri 19 izindi zigafatwa.

Igipolisi cy’u Rwanda cyatangaje ko inyeshyamba 19 mu zateye i Musanze, Kinigi na Nyange zaciwe intege mu gikorwa Igipolisi cy’u Rwanda cyafatanyijemo n’igisirikare.

Mu nama yabereye i Musanze ikitabirwa n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Clare Akamanzi, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, JMV Gatabazi n’abanyamahoteli n’ibigo bitembereza ba mukerarugendo basaga 70, Gen. Gatama yavuze ko igitero cyo mu cyumweru gishize ari igitero cy’iterabwoba gusa.

Yagize ati: “ntibigeze bibasira business z’umushoramari ahubwo n’inyubako za leta,” ibi akaba yabivuze yizeza abashoramari ko nta nyeshyamba kuri ubu iri ku butaka bw’u Rwanda.

Ati: “twakubuye buri kimwe. Nta muterabwoba n’umwe usigaye. N’abaturage bacu barabizi neza. Turabizeza umutekano kandi n’ahari ibyuho tuzabikosora.”

Iyi nama y’i Musanze nk’uko tubikesha KTPress, yari igamije kuganira n’abafatanyabikorwa uko umwuka w’ubukerarugendo n’umutekano wifashe. Akarere ka Musanze kabarizwamo Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, ibamo Ingagi zo mu misozi zidapfa kuboneka ahandi.

Komanda w’Ishuri Rikuru rya Polisi rikorera i Musanze, CP Augustin Bizimungu, we yasabye abitabiriye iyi nama ubufatanye, ashimangira ko igipolisi cyo gihora kiteguye gutabara.

Ati: “bifata iminota 10 kugera kuri station ya polisi ya Kinigi n’iminota 20 kugera ku biro bikuru bya polisi. Ku bufasha bwose turiteguye.”

Kuva iki gitero giheruka cyaba nk’uko byatangajwe na Guverineri Gatabazi, ngo bakoranye inama nyinshi n’abaturage ndetse n’abacuruzi ngo bizezwe ko buri kimwe kiri ku murongo.

Ati: “twagiye tuva ahantu hamwe tujya ahandi. Urugero, ku mugoroba wo kuwa Gatanu (amasaha makeya mbere y’igitero) nari kumwe na manager wa Singita. Nk’uko nabivuze, turashaka kugira umutekano no kumva turi iwacu,”

Singita Kwitonda Lodge na Kataza House, byafunguye imiryango mu Murenge wa Kinigi, mu Karere ka Musanze, mu Ntara y’Amajyaruguru, neza ahatuye Ingagi zo mu misozi zidapfa kuboneka ahandi. Kuva byafungura byakunze kwakira ba mukerarugendo benshi basura igihugu.

Bivugwa ko inyeshyamba zitera zamanutse ziva ku Musozi wa bisoke, zikanyura ku gasozi karebana na Bisate Lodge, mbere yo kugaba ibitero mu ngo z’abaturage no ku mihanda zica abaturage.

Bwana Keith Vincent, Umuyobozi Mukuru wa Wilderness Safari, ari nayo ifite Bisate Lodge, yavuze ko ibyabaye bitahungabanyije business yabo.

Ati: “ntibwaba ari ubumuntu utaragize ubwoba. Sinari mpari ubwo igitero cyabaga, ariko abakozi banjye bambwiye buri kimwe. Ariko inzego z’umutekano zaratabaye byihuse cyane kandi buri kimwe cyari ku murongo,”

Usibye icyo gitero, Keith Vincent yavuze ko nta mbogamizi zigeze ziba ku mikorere ya lodge yabo iherereye ahantu uba witegeye Ibirunga bya Bisoke na Karisimbi.

Ati: “Business zacu zirakomeje uko bisanzwe.”

2019-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yahuye n’abanyamadini baganira ku ruhare rwabo mu kurwanya ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yahuye n’abanyamadini baganira ku ruhare rwabo mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Police FC iyoboye shampiyona, nyuma y’intsinzi i Musanze

Police FC iyoboye shampiyona, nyuma y’intsinzi i Musanze

Ubwanditsi 30 Oct 2017
Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Ubwanditsi 02 Apr 2021
Perezida Kagame  yasesekaye  mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe  umutekano hirindwa imyigaragambyo

Perezida Kagame yasesekaye mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe umutekano hirindwa imyigaragambyo

Ubwanditsi 08 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twese Twiteguye Gutanga Ubuhamya Buzafasha Urubyiruko Kuzirikana ko Jenoside ari Icyaha Ndengakamere – Ibuka Umurenge wa Remera
Amakuru

Twese Twiteguye Gutanga Ubuhamya Buzafasha Urubyiruko Kuzirikana ko Jenoside ari Icyaha Ndengakamere – Ibuka Umurenge wa Remera

Ubwanditsi 13 Apr 2022
Amarembera y’abicanyi  ba FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa- FLN n’ababashyigikiye
INKURU NYAMUKURU

Amarembera y’abicanyi  ba FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa- FLN n’ababashyigikiye

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC
Mu Rwanda

Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Ubwanditsi 31 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru