• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Musanze: Gen. Gatama ukuriye ingabo yijeje abashoramari umutekano usesuye nyuma y’igitero cya FDLR

Musanze: Gen. Gatama ukuriye ingabo yijeje abashoramari umutekano usesuye nyuma y’igitero cya FDLR

Ubwanditsi 10 Oct 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Brig. Gen. Vincent Gatama, Komanda wa division ya kabiri y’Ingabo z’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, yijeje ko nta muterabwoba ukiri ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’igitero cyagabwe ku baturage n’inyeshyamba za Rud-Urunana mu Karere ka Musanze abasivili 14 bakahasiga ubuzima.

Mu ijoro ryo kuwa Gatanu ushize, nibwo inyeshyamba za FDLR mu gice cya RUD Urunana, zambutse umupaka uhuza u Rwanda na Congo zica abaturage 14 abandi 8 zirabakomeretsa.

Izi nyeshyamba zakoresheje ibikoresho gakondo mu kwica abaturage zahise zicibwa intege n’abashinzwe umutekano bishemo izigera kuri 19 izindi zigafatwa.

Igipolisi cy’u Rwanda cyatangaje ko inyeshyamba 19 mu zateye i Musanze, Kinigi na Nyange zaciwe intege mu gikorwa Igipolisi cy’u Rwanda cyafatanyijemo n’igisirikare.

Mu nama yabereye i Musanze ikitabirwa n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Clare Akamanzi, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, JMV Gatabazi n’abanyamahoteli n’ibigo bitembereza ba mukerarugendo basaga 70, Gen. Gatama yavuze ko igitero cyo mu cyumweru gishize ari igitero cy’iterabwoba gusa.

Yagize ati: “ntibigeze bibasira business z’umushoramari ahubwo n’inyubako za leta,” ibi akaba yabivuze yizeza abashoramari ko nta nyeshyamba kuri ubu iri ku butaka bw’u Rwanda.

Ati: “twakubuye buri kimwe. Nta muterabwoba n’umwe usigaye. N’abaturage bacu barabizi neza. Turabizeza umutekano kandi n’ahari ibyuho tuzabikosora.”

Iyi nama y’i Musanze nk’uko tubikesha KTPress, yari igamije kuganira n’abafatanyabikorwa uko umwuka w’ubukerarugendo n’umutekano wifashe. Akarere ka Musanze kabarizwamo Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, ibamo Ingagi zo mu misozi zidapfa kuboneka ahandi.

Komanda w’Ishuri Rikuru rya Polisi rikorera i Musanze, CP Augustin Bizimungu, we yasabye abitabiriye iyi nama ubufatanye, ashimangira ko igipolisi cyo gihora kiteguye gutabara.

Ati: “bifata iminota 10 kugera kuri station ya polisi ya Kinigi n’iminota 20 kugera ku biro bikuru bya polisi. Ku bufasha bwose turiteguye.”

Kuva iki gitero giheruka cyaba nk’uko byatangajwe na Guverineri Gatabazi, ngo bakoranye inama nyinshi n’abaturage ndetse n’abacuruzi ngo bizezwe ko buri kimwe kiri ku murongo.

Ati: “twagiye tuva ahantu hamwe tujya ahandi. Urugero, ku mugoroba wo kuwa Gatanu (amasaha makeya mbere y’igitero) nari kumwe na manager wa Singita. Nk’uko nabivuze, turashaka kugira umutekano no kumva turi iwacu,”

Singita Kwitonda Lodge na Kataza House, byafunguye imiryango mu Murenge wa Kinigi, mu Karere ka Musanze, mu Ntara y’Amajyaruguru, neza ahatuye Ingagi zo mu misozi zidapfa kuboneka ahandi. Kuva byafungura byakunze kwakira ba mukerarugendo benshi basura igihugu.

Bivugwa ko inyeshyamba zitera zamanutse ziva ku Musozi wa bisoke, zikanyura ku gasozi karebana na Bisate Lodge, mbere yo kugaba ibitero mu ngo z’abaturage no ku mihanda zica abaturage.

Bwana Keith Vincent, Umuyobozi Mukuru wa Wilderness Safari, ari nayo ifite Bisate Lodge, yavuze ko ibyabaye bitahungabanyije business yabo.

Ati: “ntibwaba ari ubumuntu utaragize ubwoba. Sinari mpari ubwo igitero cyabaga, ariko abakozi banjye bambwiye buri kimwe. Ariko inzego z’umutekano zaratabaye byihuse cyane kandi buri kimwe cyari ku murongo,”

Usibye icyo gitero, Keith Vincent yavuze ko nta mbogamizi zigeze ziba ku mikorere ya lodge yabo iherereye ahantu uba witegeye Ibirunga bya Bisoke na Karisimbi.

Ati: “Business zacu zirakomeje uko bisanzwe.”

2019-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

2019 : Rwanda Day ntikibereye mu Budage  “Impinduka”

2019 : Rwanda Day ntikibereye mu Budage “Impinduka”

Ubwanditsi 14 Aug 2019
Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ubwanditsi 26 Sep 2025
Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu

Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu

Ubwanditsi 30 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye
POLITIKI

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 20 Sep 2017
U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana
Amakuru

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Ubwanditsi 20 Jun 2022
Ibya abashaka  kwiyamamariza Ubuperezida  ni ‘ Agahomamunwa ‘
POLITIKI

Ibya abashaka kwiyamamariza Ubuperezida ni ‘ Agahomamunwa ‘

Ubwanditsi 15 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru