• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Mukayisenga

Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Mukayisenga

Ubwanditsi 15 Jun 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yifatanyije n’Umuryango wa Depite Mukayisenga Françoise witabye Imana ku Cyumweru tariki 11 Kamena azize uburwayi, avuga ko Abanyarwanda babuze umukozi wakundaga igihugu.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo habayeho umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma wabereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, witabirwa n’abayobozi bakuru b’igihugu barimo Perezida wa Sena, Bernard Makuza; Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Donatille Mukabalisa; Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof Sam Rugege na Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi.

Mu butumwa bwa Perezida Kagame bwasomwe na Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yavuze ko we n’umuryango we “bababajwe no kumenya inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Nyakwigendera, Depite Mukayisenga Françoise.”

Yavuze ko Depite Mukayisenga yagiye ashingwa imirimo itandukanye mu nzego z’ibanze mu gihugu ndetse no mu Nteko Ishinga Amategeko, yose akaba yarayikoranye umurava n’ubwitange.

Yakomeje agira ati “Igihugu n’Abanyarwanda tubuze umuyobozi n’umukozi mwiza, warangwaga n’ukuri no gukunda igihugu n’Abanyarwanda.”

Mu izina rye bwite no mu ry’umuryango we, Perezida Kagame yamenyesheje umuryango wa Depite Françoise Mukayisenga ko “bifatanyije nabo kandi babifuriza gukomera muri iri bihe bikomeye by’akababaro.”

Depite Mukayisenga yitabye Imana ku myaka 47, yasize umugabo we Pasiteri Minani Frodouard bari bafitanye abana batatu, Grace, Gratien na Carine.

Ni Intore yatabarutse

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi Depite Mukayisenga yaturukagamo, Ngarambe François, yavuze ko mu mirimo yose Mukayisenga yagiye ashingwa yayikoze neza mu buryo bushoboka.

Yagize ati “Umuryango yawubereye intore yizerwa. Mu mirimo yose yashinzwe haba mu nzego z’ibanze haba mu Nteko Ishinga Amategeko yari amazemo imyaka 14, yaranzwe no gukunda umurimo, kwitanga no gukorana na bagenzi be neza.”

Yavuze ko yarangwaga no kuvugisha ukuri no kujya inama, akaba asize umurage mwiza.

Yakomeje agira ati “Mu bikorwa byihariye by’umuryango FPR Inkotanyi, Depite Mukayisenga yari umwe mu bagize komisiyo ishinzwe politiki n’ubukangurambaga, aho yagiraga uruhare runini mu gutanga inama z’ingirakamaro.”

Ngarambe yavuze ko yari n’umwe mu bagize itsinda ry’Intore za FPR Inkotanyi ku rwego rw’igihugu, zikurikirana by’umwihariko Abanyamuryango b’Akarere ka Rubavu.

Yakomeje agira ati “Intore y’Umuryango FPR Inkotanyi Depite Mukayisenga Françoise aratabarutse, twari tukimukeneye, tuzahora tumwibukira ku bikorwa bye.”

Ubutwari bwe kandi bwashimangiwe na Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Donatille Mukabalisa, wavuze ko yatangaga ibitekerezo by’ingirakamaro mu mirimo y’Inteko Ishinga Amategeko.

Yavuze ko mu mirimo ya Depite Mukayisenga mu Nteko Ishinga Amategeko muri rusange no muri komisiyo yakoreyemo guhera mu Ukwakira 2003 kugeza ku wa 11 Kamena 2017 ubwo yatabarukaga, yari intangarugero.

Yakomeje agira ati “Yaranzwe n’ubushishozi, ubwitange, umurava, agaragaza ubuhanga n’ubushobozi mu bitekerezo byiza yatangaga mu mirimo ye, twese tuzi ubwitange n’ubuhanga ntagereranywa byamurangaga kuko uburyo yatangaga ibitekerezo byagaragazaga ko yafashe umwanya uhagije wo gusoma no gusesengura mu mirimo yose y’Inteko Ishinga Amategeko.”

Yamushimiye uruhare yagize mu gukangurira Abanyanyarwanda kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo, akanafasha mu guharanira ubumwe n’ubwiyunge aho yanakoreraga muri komisiyo y’ubumwe bw’Abanyarwanda, uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside.

Yakomeje agira ati “Abana bawe usize n’umuryango wawe, tuzakomeza kubabanira neza nk’uko nawe watubaniye neza.”

Umuhango wo kumusezeraho wakomereje mu rusengero rwa ADEPR ku Kacyiru, no mu irimbi rusange rya Rusororo mu mujyi wa Kigali.

-6971.jpg

-6972.jpg

2017-06-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Ubwanditsi 16 May 2017
Gakenke: Turimubenshi yatunguwe n’ubuhanga yari yibitsemo ‘‘Tora Kagame Paul’’

Gakenke: Turimubenshi yatunguwe n’ubuhanga yari yibitsemo ‘‘Tora Kagame Paul’’

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Hatangiye isimburanya ry’abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Centrafurika (MINUSCA)

Hatangiye isimburanya ry’abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Centrafurika (MINUSCA)

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Abaturage ba Kinyinya batangiye igikorwa cyo kwiyubakira sitasiyo ya Polisi

Abaturage ba Kinyinya batangiye igikorwa cyo kwiyubakira sitasiyo ya Polisi

Ubwanditsi 28 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibimenyetso 6 byakwereka ko umukunzi wawe mutaberanye wamwibeshyeho
HIRYA NO HINO

Ibimenyetso 6 byakwereka ko umukunzi wawe mutaberanye wamwibeshyeho

Ubwanditsi 19 Jul 2016
Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu n’ikoreshwa ryabyo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu n’ikoreshwa ryabyo

Ubwanditsi 27 Jan 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 07 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru