• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Mukayisenga

Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Mukayisenga

Ubwanditsi 15 Jun 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yifatanyije n’Umuryango wa Depite Mukayisenga Françoise witabye Imana ku Cyumweru tariki 11 Kamena azize uburwayi, avuga ko Abanyarwanda babuze umukozi wakundaga igihugu.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo habayeho umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma wabereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, witabirwa n’abayobozi bakuru b’igihugu barimo Perezida wa Sena, Bernard Makuza; Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Donatille Mukabalisa; Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof Sam Rugege na Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi.

Mu butumwa bwa Perezida Kagame bwasomwe na Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yavuze ko we n’umuryango we “bababajwe no kumenya inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Nyakwigendera, Depite Mukayisenga Françoise.”

Yavuze ko Depite Mukayisenga yagiye ashingwa imirimo itandukanye mu nzego z’ibanze mu gihugu ndetse no mu Nteko Ishinga Amategeko, yose akaba yarayikoranye umurava n’ubwitange.

Yakomeje agira ati “Igihugu n’Abanyarwanda tubuze umuyobozi n’umukozi mwiza, warangwaga n’ukuri no gukunda igihugu n’Abanyarwanda.”

Mu izina rye bwite no mu ry’umuryango we, Perezida Kagame yamenyesheje umuryango wa Depite Françoise Mukayisenga ko “bifatanyije nabo kandi babifuriza gukomera muri iri bihe bikomeye by’akababaro.”

Depite Mukayisenga yitabye Imana ku myaka 47, yasize umugabo we Pasiteri Minani Frodouard bari bafitanye abana batatu, Grace, Gratien na Carine.

Ni Intore yatabarutse

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi Depite Mukayisenga yaturukagamo, Ngarambe François, yavuze ko mu mirimo yose Mukayisenga yagiye ashingwa yayikoze neza mu buryo bushoboka.

Yagize ati “Umuryango yawubereye intore yizerwa. Mu mirimo yose yashinzwe haba mu nzego z’ibanze haba mu Nteko Ishinga Amategeko yari amazemo imyaka 14, yaranzwe no gukunda umurimo, kwitanga no gukorana na bagenzi be neza.”

Yavuze ko yarangwaga no kuvugisha ukuri no kujya inama, akaba asize umurage mwiza.

Yakomeje agira ati “Mu bikorwa byihariye by’umuryango FPR Inkotanyi, Depite Mukayisenga yari umwe mu bagize komisiyo ishinzwe politiki n’ubukangurambaga, aho yagiraga uruhare runini mu gutanga inama z’ingirakamaro.”

Ngarambe yavuze ko yari n’umwe mu bagize itsinda ry’Intore za FPR Inkotanyi ku rwego rw’igihugu, zikurikirana by’umwihariko Abanyamuryango b’Akarere ka Rubavu.

Yakomeje agira ati “Intore y’Umuryango FPR Inkotanyi Depite Mukayisenga Françoise aratabarutse, twari tukimukeneye, tuzahora tumwibukira ku bikorwa bye.”

Ubutwari bwe kandi bwashimangiwe na Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Donatille Mukabalisa, wavuze ko yatangaga ibitekerezo by’ingirakamaro mu mirimo y’Inteko Ishinga Amategeko.

Yavuze ko mu mirimo ya Depite Mukayisenga mu Nteko Ishinga Amategeko muri rusange no muri komisiyo yakoreyemo guhera mu Ukwakira 2003 kugeza ku wa 11 Kamena 2017 ubwo yatabarukaga, yari intangarugero.

Yakomeje agira ati “Yaranzwe n’ubushishozi, ubwitange, umurava, agaragaza ubuhanga n’ubushobozi mu bitekerezo byiza yatangaga mu mirimo ye, twese tuzi ubwitange n’ubuhanga ntagereranywa byamurangaga kuko uburyo yatangaga ibitekerezo byagaragazaga ko yafashe umwanya uhagije wo gusoma no gusesengura mu mirimo yose y’Inteko Ishinga Amategeko.”

Yamushimiye uruhare yagize mu gukangurira Abanyanyarwanda kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo, akanafasha mu guharanira ubumwe n’ubwiyunge aho yanakoreraga muri komisiyo y’ubumwe bw’Abanyarwanda, uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside.

Yakomeje agira ati “Abana bawe usize n’umuryango wawe, tuzakomeza kubabanira neza nk’uko nawe watubaniye neza.”

Umuhango wo kumusezeraho wakomereje mu rusengero rwa ADEPR ku Kacyiru, no mu irimbi rusange rya Rusororo mu mujyi wa Kigali.

-6971.jpg

-6972.jpg

2017-06-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

Ubwanditsi 04 May 2017
RBC yaburiye abibeshya ko SIDA yaranduwe

RBC yaburiye abibeshya ko SIDA yaranduwe

Ubwanditsi 14 Feb 2024
Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Ubwanditsi 05 Sep 2017
MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

Ubwanditsi 23 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

REG VC yerekeje muri Tunisia gukina imikino ya Champions League ihuza amakipe amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo
Amakuru

REG VC yerekeje muri Tunisia gukina imikino ya Champions League ihuza amakipe amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo

Ubwanditsi 09 May 2023
RNC : Abagore b’ibigarasha mu Bubiligi mu mihango yo gupfobya  Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

RNC : Abagore b’ibigarasha mu Bubiligi mu mihango yo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 May 2017
Umunsi wa kane wa Primus National League urakomeza mu mpera z’iki cyumweru Rayon Sports isura Marines FC
Amakuru

Umunsi wa kane wa Primus National League urakomeza mu mpera z’iki cyumweru Rayon Sports isura Marines FC

Ubwanditsi 01 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru