• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ubwanditsi 03 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Perezida Museveni arimo gukoresha abambari be bo mu nzego z’umutekano bayobowe na Jenerali Salim Saleh, mu buryo rwihishwa gushyiraho ingamba zo kuvanaho Guverinoma yo mu Rwanda.

Umugambi nyirizina uyobowe na Jenerali Salim Saleh, nawe akaba yifashisha ba ndiyo bwana be barimo; Brigadier Abel Kandiho, (rtd) KAKA Bagyenda,  n’abanyapolitike bakeya nka Philemon Mateke  na  Henry Tumukunde wasezerewe mu ngabo, mu rwego rwo kwijandika mu bikorwa bihungabanya URwanda.

Intego yabo nyamukuru, ni ugukora ibikorwa bishobora kwangiriza URwanda, bizeye ko bizagira ingaruka ku Rwanda, nyuma bikazavanaho Guverinoma yo mu Rwanda.

Mur’ibi bikorwa rero, reka turebe uruhare rwa  Brigadiye Jenerali Abel Kandiho, ushinzwe urwego rw’ubutasi mu ngabo za Uganda, ari nawe uhetse RNC, ndetse  akaba arimo no kuzanzamura FDLR.

Mu cyifuzo cyo guhindura ubuyobozi mu Rwanda, bikozwe na Uganda, hari abantu b’inkingi ya mwamba bakora nkaho aribo moteri y’umugambi  kandi bakaba n’abakangurambaga mu rwego rwo kugirango bashyireho politike izabafasha kuzahindura ubuyobozi bwo mu Rwanda.

Abashyira mu bikorwa uyu  mugambi ahanini ni abakuru b’inzego z’umutekano cyane cyane; Salim Saleh akoresheje  Brig. Abel Kandiho, KAKA noneho nawe agatanga raporo kwa  SFC Ibukuru.

Uruhare rwa Brig. Abel Kandiho mu gushyigikira udutsiko tugamije guhungabanya URwanda

Kuva muri Mutarama 2017, Abel Kandiho  niwe wari wayoboraga urwego rwúbutasi rw’igisirikare cya Uganda , ubu kandi akaba arimo gukora ibishoboka kugirango  atoneshwe na Museveni  n’agatsiko ke kabumbatiye ubutegetsi (akazu).

Brig. Abel Kandiho na Kayumba Nyamwasa

Niwe cyizigenza mu izanzamuka rya RNC, kandi akaba yarakoze yivuye inyuma kugirango ashyire ku murongo imitwe ya ziriya nyangabirama yose itifuriza URwanda icyiza cyose bigamije kwishyirahamwe ngo barwanye URwanda.

Itabwa muri yombi  ry’umukuru w’intasi ya FDLR, wari ukubutse muri Uganda ikaba yemeza uyu mugambi. Bariya batawe muri yombi batanga ubuhamya bemeza ko Abel Kandiho afite uruhare rukomeye, n’urwego ayoboye CMI mu kuyobora inama zose no kubashakira uburyo buborohereza..  Brig. Abel Kandiho  azwiho kwanga URwanda, ari ukugirango gusa abari ku butegetsi bamugirire icyizere.

Azwiho mu rwego rwa CMI kuba yaravanywe ku gatebe, akaba yarigeze kuba umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’inzego ziperereza, kugeza ubwo yazaga kwirukanwa na Brig. Charles Bakahumura. Amakuru yizewe avuga ko, Abel Kandiho yafatwaga nk’urubuto rwa pome ruboze, agafatwa nk’imbata y’amatiku  ndetse no kurangwa n’imikorere idahwitse, bityo serivise zikaba zitari zikenewe muri ibyo bihe.

Kenshi yakunze kujya ahezwa mu nama zikomeye zurwego rw’ubutasi b’igisirikare cya Uganda, bashingiye ku kuba nta musaruro yatangaga kandi no kuba ari umuhezanguni. Ariko kandi afatwa nk’umuntu udatanga umusaruro mu bijyanye n’ubunyamwuga ndetse n’ubushobozi, Salim Saleh amufata nk’umuhungu we w’igisare, ashobora kwifashisha mu bikorwa bye byose bya cyibandi cyangwa se no mu mishinga idacyenera umuntu ufite ubwenge.  Ni ibikorwa bidafututse yajyaga ashyira mu ngiro, bityo bituma azamurwa mu ntera agirwa cyizigenza w’urwego rushinzwe iperereza mu ngabo za Uganda kugeza ubu, hatitawe kuri za raporo mbi nyinshi zagiye zimutangwaho.

Kuba azwiho kwanga URwanda byatumye avanwa mu cyimoteri mu maka wa 2017, ashingwa amabanga yo kuyobora urwego rw’ubutasi mu ngabo za Uganda.  Ubu, yakoresheje ubushobozi  n’ubwamamare bwe mu ishyira mu bikorwa umushinga wo guhungabanya Guverinoma y’uRwanda  binyuze mu gufasha RNC n’utundi dutsiko mu gutoza abitwaje intwaro babikorera muri Uganda.

Kuva muri 2017, uyoboye urwego rw’ubutasi rwa gisisrikare muri Uganda ( CMI) agenzura uko abarwanyi ba RNC batozwa mu makambi anafasha abambari ba RNC mu kubaha ibiborohereza mu bikorwa byabo harimo no kubacungira umutekano  mu buryo budasanzwe.

Sibyo gusa, abaha amacumbi, no kuborohereza mu ngendo bakora, abaha indangamuntu na za pasiporo no kubemerera gukorera mu gihugu.

Brig. Abel Kandiho akorana n’itsinda rya RNC mu guhimba ubuhamya ,noneho kandi na Perezida Museveni akagendera ku bwoba yashyizwemo na agatsiko k’abambari ba RNC na Jenerali de burigade. Abel Kandiho, uha Museveni amakuru ahabanye n’ukuri ku bushake, ngo URwanda rwacengeye inzego z’ubutegetsi bwa Uganda n’inzego za politike.

CMI hamwe na RNC bagiye bakoresha abantu mu rwego rwo kugirango bemere ko boherejwe n’URwanda mu bikorwa by’iterabwoba muri Uganda bibanda ku bategetsi.

Brigadier Kandiho kandi akaba yaragiye yorohereza RNC  mu rwego rwo gukomeza gutegura imigambi mibisha yabo muri Uganda, ubu noneho bakaba barabibye icyoba mu Banyarwanda baba muri Uganda bagamije kubacamo ibice kugirango babone uko babashyigikira. CMI yijanditse mu bikorwa byo gushimuta n’iyica rubozo abanyarwanda batekereza ko bashyigikiye Guverinoma.

Niwe utera inkunga y’amafaranga itangazamakuru rikwirakwiza propaganda iharabika Guverinaoma yURwanda.

Icicikana rya Brigadier Abel Kandiho vubaha mu rwego rwo gutegura ingabo kuryamira amajanja mu bice byimipaka

Kuva muri Gashyantare 2019, Brigadier Abel Kandiho yagiriye ingendo nyinshi mu bigo by’igisirikare cya Uganda mu rwego rwo gukangurira Abasirikare n’abaturage mu guharabika URwanda. Yagiye Milama Hills, Katuna, Kisoro na mu nkambi ya gisirikare ya  Kabale, aho yagiranye inama z’umutekano  n’inzego zishinzwe umutekano.   Nyuma yaje kujya Bunagana aho yaragiye kureba uburyo abasirikare bapanzwe.

Brigadier Abel Kandiho yagiriye ingendo nyinshi mu bigo by’igisirikare

Abakozi ba CMI kandi banasuye abaturage ba Kashenyi , Paruwasi ya Kashenyi, Ngoma , mu Karere ka Ntugamo , ariko babaza abaturage uko babona Abanyarwanda n’ahantu hashobora kuba hakambitse ingabo za RDF.

Mu kwezi kwa Werurwe 2019, CMI yagiranye inama n’abayobozi b’uturere, abakuriye polisi ku rwego rwuturere, abakuriye ingabo ku rwego rw’uturere Abayobozi ba Ntungamo na  Rukiga,  kugirango babe maso bafatanye n’inzego z’umutekano mu kwerekana Abanyarwanda ndetse nabo baba bacyeka kuba Abanyarwanda .

Abel Kandiho akaba yasabye SFC , gushyira ingabo ku mipaka n’ uRwanda  no kugenzura ku nipaka, hakaba hashyizwe ingabo (100) zidasanzwe zambaye imyenda isanzwe mu rwego rwo kuyobya uburari.

Sulah Nuwamanya umwe mubanyamakuru boherejwe na Abel Kandiho bagiye Arua gusigiriza ibikorwa bya Rujugiro

Vubaha, Brigadier Abel Kandiho yategetse ucyegera cye Koloneli. Asiimwe kohereza abanyamakuru ba New vision, Azam TV, NTV na The  East African Newspaper gusura ishoramari rya mu Karere ka Arua ho mu Majyaruguru ya Uganda bifashisha indege yabavanye ku cyibuga cy’indege cya Entebbe ibageza Arua.  Urwo rugendo rwari rugamije kugaragaza Rujugiro nk’umuterankunga ukomeye cyane abaturage batakwitesha.

Ibyo utari uzi kuri Jenerali de Burigade Abel Kandiho

Brigadier Abel Kandiho yabyawe anarerwa n’umunyarwandakazi akaba yaranakuriye mu nkambi z’impunzi z’Abanyarwanda kugeza ubwo bene wabo wa se baje kumucyura.

Brigadier Abel Kandiho umuyobozi wa CMI

Brigadier Abel Kandiho yanga Abanyarwanda urunuka, afite abana babiri yabyaranye n’Umunyarwandakazi batasezeranye, bakaba bakunze guhurira Mbarara rimwe narimwe. Akaba afite n’undi mwana yabyaranye n’undi munyarwandakazi , akaba yarafashije uwo munyarwandakazi kujya gutura mu Bwongereza. Ku bamuzi neza, ngo Abel Kandiho ngo yaba afite indwara amaranye imyaka isaga 30.

2019-04-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda baragaya bikomeye amagambo yavuzwe na Depite Byabarumwanzi

Abanyarwanda baragaya bikomeye amagambo yavuzwe na Depite Byabarumwanzi

Ubwanditsi 22 Oct 2016
Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Ubwanditsi 31 Jul 2018
“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

Ubwanditsi 06 Nov 2024
Itsinda ry’impuguke muri kaminuza zo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika ziramagana abita Paul Rusesabagina intwari, kandi ari umugizi wa nabi wishoye mu bikorwa by’iterabwoba

Itsinda ry’impuguke muri kaminuza zo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika ziramagana abita Paul Rusesabagina intwari, kandi ari umugizi wa nabi wishoye mu bikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Djibouti  avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )
Mu Mahanga

Perezida wa Djibouti avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Amakimbirane yadutse mu Ishyaka Ishema rya  Padiri Tomas Nahimana
ITOHOZA

Amakimbirane yadutse mu Ishyaka Ishema rya Padiri Tomas Nahimana

Ubwanditsi 13 Sep 2016
Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.
Amakuru

Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.

Ubwanditsi 26 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru