• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Muramu wa Rwigara [ Ben Rutabana ]na Edgar Tabaro mu mugambi wo kwagura RNC mu karere ushyigikiwe na Museveni

Muramu wa Rwigara [ Ben Rutabana ]na Edgar Tabaro mu mugambi wo kwagura RNC mu karere ushyigikiwe na Museveni

Ubwanditsi 18 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umutwe w’Iterabwoba wa RNC, ufashijwe na Guverinoma ya Uganda, umaze gushinga ibirindiro muri iki gihugu cy’abaturanyi ndetse watangiye no gushaka uko wakwira mu bice bitandukanye mu Karere.

Amakuru yizewe yatangajwe n’Ikinyamakuru Greatlakes Watchman, ni uko mu mezi abiri ashize, abayobozi bo hejuru bo muri RNC basuye Uganda n’u Burundi mu rwego rwo gushimangira ibikorwa byayo muri ibi bihugu byombi.

Mu gihe Uganda ikomeje gufasha byeruye RNC, umwe mu bayobozi b’uyu mutwe mu cyumweru gishize yarahatembereye. Uwo ni Ben Rutabana muramu wa nyakwigendera Rwigara Assinapol akaba n’ umuhanzi wanditse izina rikomeye mu Rwanda ariko ubu yahindutse Umuyobozi Mukuru w’Ibikorwa byo kongerera ubushobozi uyu mutwe.

Yasuye Uganda nk’umushyitsi wa Colonel Kaka Bagyenda ukurikiye Urwego rw’Umutekano w’Imbere mu gihugu, ISO.

Rutabana, ugendera kuri Pasiporo y’u Bufaransa, ni umwe mu bantu bashakishwa mu Rwanda ndetse na Guverinoma ya Uganda irabizi neza.

Amategeko ateganya ko uyu mugabo yakabaye atabwa muri yombi na Uganda, hanyuma iki gihugu kikamenyesha u Rwanda kugira ngo hatangire inzira yo guhererekanya abakekwaho ibyaha.

Ubwo yageraga muri Uganda, uyu mugabo yakiriwe mu buryo buhambaye aho buri wese yabona bimworoheye ko atafashwe nk’umuturage usanzwe ahubwo yahawe icyubahiro cy’umuyobozi wo ku rwego ruhambaye.

Bigendeye ku mubano w’u Rwanda na Uganda, bigaragara ko inzego z’umutekano za Museveni ziyeguriye gufasha uyu mutwe wa RNC.

Ubwo yari muri Uganda, Rutabana yari acungiwe umutekano n’abasirikare ba ISO, bisobanuye ko umutekano we wari wizewe neza.

Bijyanye kandi n’ibibazo by’umutekano biri muri Uganda, ngo uwahawe Rutabana, abadepite n’abandi bayobozi bakomeye mu gihugu bamaze igihe kinini bawurota.

Second Lieutenant Jack Erasmus Nsangiranabo, umukozi wa ISO muri Kampala ni we waherekezaga Rutabana aho yajyaga hose. Umuyoboke wa RNC, Kamurari Kinwa, usanzwe ari umucuruzi ubarizwa i Kampala na we yari hafi aho amufasha kubona ibyo akeneye byose.

Abazi neza iby’uru rugendo batangaje ko rwari ruteguye neza byose biri ku murongo.

Amakuru avuga ko Rutabana yari muri Uganda kugira ngo amenye neza ibikorwa bya RNC muri iki gihugu. Ni yo mpamvu yahuye na Col. Kaka Bagyenda wamusobanuriye ibiri gukorwa mbere y’uko amuhuza n’ababishinzwe.

Abo bari bayobowe na Major Mushambo, ubarizwa mu Rwego rw’Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda wajyanye na Rutabana mu bice bitandukanye agahura n’abashinzwe kureshya abajya muri RNC.

Muri urwo rugendo rwe, Rutabana yasabye ko ibikorwa byakomeza mu ibanga rikomeye mu buryo bukingira ikibaba abareshya abajya muri RNC ndetse na Guverinoma ya Uganda.

Bemeranyije gushyiraho uburyo amakuru azajya ahanahanwa birinda ko hazagira amenyekana hanze bigasiga icyasha ubutegetsi bwa Uganda.

Edgar Tabaro yasuye Kayumba muri Afurika y’Epfo

Byavuzwe ko mu kwezi gushize, Edgar Tabaro Muvunyi (ubarizwa mu Kigo cy’Abanyamategeko cyitwa Edgar Tabaro & Associates) akaba n’Umuyobozi wungirije w’Urwego rushinzwe Ishoramari hagati ya Uganda n’u Buholandi, NUTIP; yasuye Kayumba Nyamwasa muri Afurika y’Epfo.

Uyu mugabo asanzwe ari Umwunganizi mu mategeko wa RNC muri Uganda.

Bivugwa ko Tabaro yahaye ruswa abacamanza kugira ngo barekure abantu 36 muri 46 bo muri RNC baburanishirizwaga ku Rukiko rwa Mbarara ku wa 25 Kamena 2018.

Aba ni bamwe mu bafashwe bashaka kwambuka Uganda bakoresheje impapuro z’impimbano aho berekezaga mu myitozo ya gisirikare ya RNC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iperereza ryerekanye ko Edgar Tabaro ariwe wakoze mu mwanya wa RNC mu gutanga ruswa ku bacamanza aho bahawe amafaranga mbere na nyuma y’uko barekura bariya bantu.

Abo bacamanza bahawe ruswa barimo Daphine Ayebare na JB Asiimwe ushinzwe kurwanya ibyaha mpuzamahanga mu Bushinjacyaha bwa Uganda.

Mu gihe yamaze muri Afurika y’Epfo, Tabaro yahuye n’Umuyobozi ushinzwe Ubukangurambaga rw’Urubyiruko muri RNC, Ntwali Frank ndetse na Kayumba ubwe.

Umwe mu bafite amakuru y’imvaho ku rugendo rwe, yatangaje ko baganiriye ku ngamba zo gushaka inkunga nyinshi iva muri Uganda.

Iki kinyamakuru gifite amakuru yizewe ko Tabaro ari gukorana bya hafi na Brig. Gen. Abel Kandiho na Gen. Henry Tumukunde, wahoze ari Minisitiri w’Umutekano muri Uganda.

Tabaro ari ku isonga mu bashaka inkunga yo gufasha RNC mu Karere aho akora nk’intumwa yihariye y’uyu mutwe uyoborwa na Kayumba, byanatumye bunga ubumwe. Anakorana bya hafi na Brigadier Gen Abel Kandiho na Bagyenda.

Nyuma y’urugendo rwe na Kayumba, Tabaro yafashe indege yerekeza mu Bujumbura aho yahuye n’abayobozi bakuru b’igisirikare muri iki gihugu cyashenjaguwe n’imyigaragambyo.

Muri bo harimo Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD, Gen Evariste Ndayishimiye. Uyu yamwijeje kwagura imikoranire amwemerera ko inama izamuhuza na Kayumba izanoza isezerano rya Guverinoma ryo gukomeza gushyigikira RNC byimbitse.

Kayumba Nyamwasa

Tabaro yanaganiriye na Gen. Steve Nkakarutimana amubwira ko inkunga bazayihabwa nibashobora kureshya abazabaha amafaranga yo gutera inkunga ibikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Mu bandi bahuye na Tabaro barimo Umujyanama mu by’Umutekano wa Perezida Nkurunziza, Gen. Agricole Ntirampeba; Gen. Emmanuel Sinzohagera n’umushoramari ukomeye mu Bujumbura, Ndacayisenga Thomas.

Itangazamakuru ryakunze gutunga agatoki imikoranire igamije inabi ku Rwanda hagati y’Ubutegetsi bwa Uganda na RNC. Iki kinyamakuru cyahishuye undi mugambi mubisha aho abayobozi b’uyu mutwe ushaka guhungabanya u Rwanda bari kwiyegereza ibihugu byo mu karere mu gushaka inkunga.

Kwakirwa kwa Ben Rutabana muri Uganda byashimangiye ko iki gihugu gishyigikiye bidasubirwaho umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Edgar Tabaro, Intumwa yihariye ya Kayumba na we yakiriwe n’abayobozi bakuru mu Burundi. Ibi bishushanya umugambi wo gukomeza imikoranire ya gisirikare hagati ya Uganda n’u Burundi, mu gutiza umurindi ibikorwa bya RNC.

Inzego z’umutekano ntabwo zabikora zibyibwirije. Kuba RNC igenda itaguza mu mikorere bigomba kuba bibangamira ba shebuja muri Uganda.

Umusesenguzi muri Politiki waganiriye n’iki kinyamakuru yasobanuye ko hasigaye ikintu kimwe.

Yagize ati “Museveni ashobora gufata icyemezo cyo guhungabanya u Rwanda ku cye giti kuko imbaraga yashoye mu gufasha inshuti ze magara (RNC) nta musaruro zitanga.”

Ben Rutabana aherutse muri Uganda mu bikorwa bya RNC aho yari acungiwe umutekano ku rwego rwo hejuru

Edgar Tabaro bivugwa ko yatanze ruswa kugira ngo abantu 36 bafashwe bafite pasiporo z’impimbano bagiye mu myitozo ya RNC barekurwe

 

2018-09-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agahuru k’imbwa karagurumanye! Leta y’u Burundi igiye gushyikiriza u Rwanda inyeshyamba 20 zo mu mutwe w’iterabwoba  FLN, wa Paul Rusesabagina.

Agahuru k’imbwa karagurumanye! Leta y’u Burundi igiye gushyikiriza u Rwanda inyeshyamba 20 zo mu mutwe w’iterabwoba FLN, wa Paul Rusesabagina.

Ubwanditsi 05 Aug 2021
U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari

U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari

Ubwanditsi 30 Jun 2025
Uko Museveni yashoboye kwinjiza bitemewe intwaro nyinshi mu gihe cy’ubutegetsi bwa Id Amin na Obote Milton n’uruhare Karuretwa yabigizemo

Uko Museveni yashoboye kwinjiza bitemewe intwaro nyinshi mu gihe cy’ubutegetsi bwa Id Amin na Obote Milton n’uruhare Karuretwa yabigizemo

Ubwanditsi 21 Jan 2019
RNC, ikomeje kuba ubwato bucubira

RNC, ikomeje kuba ubwato bucubira

Ubwanditsi 18 Jan 2020

3 Ibitekerezo

  1. Lille
    September 18, 20183:28 pm -

    Ariko ibi muba mwandika ni ibiki? Ngo Rutabana nawe afite ibyaha? Nimubigenze nkuko mwagenje Mutabazi Joel? Ese ko ndeba mwandika nkaho mufite ubwoba, kandi mu Rwanda hano ari amahoro?? Mubihorere dukomeze dutere imbere. Ariko sinzi ndabona hanuka urunturuntu
    Biragaragara ko mutinya ba Kayumba na ba Rutanabana kandi ari ibigarasha!

    Subiza
  2. RUGENDO
    September 18, 20185:51 pm -

    ARIKO IYO MWANDIKA UMUNTU UMWE WU MUJENERARI KAYUMBA NYAMWASA
    U RWANDA RUFITE ABAJENERARI BANGAHE??NUKUREBA NEZA NO
    MUBAJENERARI BARI IMBERE MUGIHU BATABA BAFATANIJE NA KAYUMBA!!!
    NI MUREKE KAYUMBA NIBYE NATWE TWIKOMEREZE ITERA MBERE!!
    MWANDIKA MUKANGA ABANYARWANDA!!!MUBAKURU UMUTIMA!!KAYUMBA ARAJE
    KAYUMBA ARI I BUGANDE!!!ABABABABAAAAAAA!!

    Subiza
  3. katsibwenene
    September 19, 20187:04 am -

    Ubwoba buba bwabatashye. Barabatindiye ahubwo. Muzabagire nkuko mwagize SANKARA

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Ibinyamakuru bikorera kuri internet bigiye gucana umubano n’igipolisi kubera ifungwa ry’abayobozi ba Redpepper
Mu Mahanga

Uganda: Ibinyamakuru bikorera kuri internet bigiye gucana umubano n’igipolisi kubera ifungwa ry’abayobozi ba Redpepper

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra
Amakuru

Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

RUSHYASHYA 24 Nov 2025
Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo
Amakuru

Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Ubwanditsi 21 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru