• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gilbert Mwenedata, Mpemukendamuke, Umunyaburiganya Wahunze U Rwanda, Ubu Niwe Muzindaro w’Abarutuka!

Gilbert Mwenedata, Mpemukendamuke, Umunyaburiganya Wahunze U Rwanda, Ubu Niwe Muzindaro w’Abarutuka!

Ubwanditsi 26 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Iyi ndashima Gilbert Mwenedata abenshi bayimenye muw’ 2017 ubwo yiyamamarizaga ngo kuyobora U Rwanda. Ibi abenshi twanabibonyemo agasuzuguro ku gihugu, kubona abantu nka Barafinda na Mwenedata barota kuba Perezida w’Abanyarwanda.

Uyu Mwenedata we si n’umuti w’amenyo gusa, ahubwo ni n’umunyaburiganya, kuko ubwo Komisiyo y’Amatora yamusabaga urutonde rw’abantu bashyigikiye kandidatire ye(nk’uko biteganywa n’amategeko), yazanye ururiho n’abantu bapfuye, yigana imikono yabo, Ubundi iki ni icyaha gihanwa biremereye kuko ari ugukoresha impapuro mpimbano.

Ng’uko uko Mwenedata yaboneye iy’ubuhunzi, ubu akaba atuye muri USA, aho yirirwa tukanira.
Mu kiganiro aherutse kugirana na”Biza Tubireba Tugaceceka”(iri zina ubwaryo risekeje nka ba nyiraryo), Televiziyo yo kuri Youtube bizwi ko ari iy’abantu badashakira ineza uRwanda,Gilbert MWENEDATA yumvikanye asaba abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kuva mu muryango wa RPF-Inkotanyi, ngo kuko ishakira indonke mu mibiri y’abapfuye. Abumvise aya magambo ariko ntiyabatunguye, ngo kuko n’ubusanzwe Gilbert MWENEDATA ari Mpemuke ndamuke, Nyamwangiyobyavuye wanze uwamuhaye. Iyo RPF asebya niyo yahagaritse Jenoside, ituma nawe ubwe abaho,Ese koko uretse izi ndashima, ninde warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wakwirengagiza ineza yagiriwe na Leta irangajwe imbere na FPR-Inkotanyi, Ninde utazi amamiliyari ya Leta agenda ku buvuzi, ku burezi, amacumbi, inkunga y’ingoboka n’ibindi bigenewe gufata mu mugongo abarokotse Jenoside?.

Mu mwaka wa 2018, uyu Gilbert Mwenedata yashinze ikiryabarezi kitwa People’s Initiative for Democratic Alliance (PIDA), gitangira gukorana n’izindi nzererezi zitunzwe no gusebya urwababyaye, Ng’uko yagiranye igihango na Daphrose Nkundwa wigeze kuyobora ishyirahamwe-baringa RIFDP ryo mu Bubiligi,Charlotte Mukankusi, inkunguzi yo muri RNC, Jean-Marie Vianney Ndagijimana , watubereye imfura mbi, ubwo igihe yari Ministiri wa mbere w’ububanyi n’amahanga muri Leta y’Ubumwe, yatorokanaga ibihumbi 200 by’amadolari yari ahawe ngo ajye gufungura za Ambasade mu mahanga, n’abandi bapfuye bahagaze.

Gilbert MWENEDATA kandi ni umwe mu bashyize umukono ku bipapuro ngo bihururiza Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ukibaza uwabasabye kumuvugira bikagushobera.

Muri bo harimo Thabita Gwiza wo mu gatsiko ka ARC-Urunana, kagizwe n’ibigarasha byiyomoye kuri Kayumba Nyamwasa, umugore-gito Tasiyana washakanye na Rusesabagina, ya Nterahamwe-Parimehutu kabombo, Iyo urebye umwirondoro w’abasinye ibyo bipapuro, usanga ari ba bantu n’ubundi utategerezaho ijambo rizima, bamwe nabo ubwabo batazi icyo bashaka.
Gilbert Mwenedata rero niba ari n’ikikuramutsa ushaka, wigishaka mu izina ry’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko ntawagutumye kubavugira, Bubaha Ubuyobozi bw’uRwanda, si indashima nkawe, Komeza ute ibitabapfu, urebe ko bwacya kabiri aho ubundabunda iyo mu buhungiro, ariko amaherezo amateka azakwereka ko Abanyarwanda wibeshya ko ushukashuka bagusize mu bitekerezo.

2020-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Ikiganiro Perezida Kagame yagiranye  na  Perezida Donald Trump cyagenze [ video ]

Uko Ikiganiro Perezida Kagame yagiranye na Perezida Donald Trump cyagenze [ video ]

Ubwanditsi 26 Jan 2018
Perezida Kagame Paul yitabiriye imyitozo y’Ingabo isanzwe izwi nka Exercise Hard Punch

Perezida Kagame Paul yitabiriye imyitozo y’Ingabo isanzwe izwi nka Exercise Hard Punch

Ubwanditsi 18 Aug 2023
Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Ubwanditsi 27 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakozi b’Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro ryo mu ntara y’Uburengerazuba bahawe ubumenyi ku kurwanya inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Abakozi b’Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro ryo mu ntara y’Uburengerazuba bahawe ubumenyi ku kurwanya inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 20 Jan 2016
Pastor Ted Wilson uyobora itorero ry’Abadivantiste ku isi yageze i Kigali mu giterane cy’amavuna
Mu Mahanga

Pastor Ted Wilson uyobora itorero ry’Abadivantiste ku isi yageze i Kigali mu giterane cy’amavuna

Ubwanditsi 13 May 2016
RIB Iravuga Ko Abantu 15 Batawe Muri Yombi Bakekwaho Amanyanga Mu Matora
ITOHOZA

RIB Iravuga Ko Abantu 15 Batawe Muri Yombi Bakekwaho Amanyanga Mu Matora

Ubwanditsi 08 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru