• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gilbert Mwenedata, Mpemukendamuke, Umunyaburiganya Wahunze U Rwanda, Ubu Niwe Muzindaro w’Abarutuka!

Gilbert Mwenedata, Mpemukendamuke, Umunyaburiganya Wahunze U Rwanda, Ubu Niwe Muzindaro w’Abarutuka!

Ubwanditsi 26 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Iyi ndashima Gilbert Mwenedata abenshi bayimenye muw’ 2017 ubwo yiyamamarizaga ngo kuyobora U Rwanda. Ibi abenshi twanabibonyemo agasuzuguro ku gihugu, kubona abantu nka Barafinda na Mwenedata barota kuba Perezida w’Abanyarwanda.

Uyu Mwenedata we si n’umuti w’amenyo gusa, ahubwo ni n’umunyaburiganya, kuko ubwo Komisiyo y’Amatora yamusabaga urutonde rw’abantu bashyigikiye kandidatire ye(nk’uko biteganywa n’amategeko), yazanye ururiho n’abantu bapfuye, yigana imikono yabo, Ubundi iki ni icyaha gihanwa biremereye kuko ari ugukoresha impapuro mpimbano.

Ng’uko uko Mwenedata yaboneye iy’ubuhunzi, ubu akaba atuye muri USA, aho yirirwa tukanira.
Mu kiganiro aherutse kugirana na”Biza Tubireba Tugaceceka”(iri zina ubwaryo risekeje nka ba nyiraryo), Televiziyo yo kuri Youtube bizwi ko ari iy’abantu badashakira ineza uRwanda,Gilbert MWENEDATA yumvikanye asaba abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kuva mu muryango wa RPF-Inkotanyi, ngo kuko ishakira indonke mu mibiri y’abapfuye. Abumvise aya magambo ariko ntiyabatunguye, ngo kuko n’ubusanzwe Gilbert MWENEDATA ari Mpemuke ndamuke, Nyamwangiyobyavuye wanze uwamuhaye. Iyo RPF asebya niyo yahagaritse Jenoside, ituma nawe ubwe abaho,Ese koko uretse izi ndashima, ninde warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wakwirengagiza ineza yagiriwe na Leta irangajwe imbere na FPR-Inkotanyi, Ninde utazi amamiliyari ya Leta agenda ku buvuzi, ku burezi, amacumbi, inkunga y’ingoboka n’ibindi bigenewe gufata mu mugongo abarokotse Jenoside?.

Mu mwaka wa 2018, uyu Gilbert Mwenedata yashinze ikiryabarezi kitwa People’s Initiative for Democratic Alliance (PIDA), gitangira gukorana n’izindi nzererezi zitunzwe no gusebya urwababyaye, Ng’uko yagiranye igihango na Daphrose Nkundwa wigeze kuyobora ishyirahamwe-baringa RIFDP ryo mu Bubiligi,Charlotte Mukankusi, inkunguzi yo muri RNC, Jean-Marie Vianney Ndagijimana , watubereye imfura mbi, ubwo igihe yari Ministiri wa mbere w’ububanyi n’amahanga muri Leta y’Ubumwe, yatorokanaga ibihumbi 200 by’amadolari yari ahawe ngo ajye gufungura za Ambasade mu mahanga, n’abandi bapfuye bahagaze.

Gilbert MWENEDATA kandi ni umwe mu bashyize umukono ku bipapuro ngo bihururiza Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ukibaza uwabasabye kumuvugira bikagushobera.

Muri bo harimo Thabita Gwiza wo mu gatsiko ka ARC-Urunana, kagizwe n’ibigarasha byiyomoye kuri Kayumba Nyamwasa, umugore-gito Tasiyana washakanye na Rusesabagina, ya Nterahamwe-Parimehutu kabombo, Iyo urebye umwirondoro w’abasinye ibyo bipapuro, usanga ari ba bantu n’ubundi utategerezaho ijambo rizima, bamwe nabo ubwabo batazi icyo bashaka.
Gilbert Mwenedata rero niba ari n’ikikuramutsa ushaka, wigishaka mu izina ry’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko ntawagutumye kubavugira, Bubaha Ubuyobozi bw’uRwanda, si indashima nkawe, Komeza ute ibitabapfu, urebe ko bwacya kabiri aho ubundabunda iyo mu buhungiro, ariko amaherezo amateka azakwereka ko Abanyarwanda wibeshya ko ushukashuka bagusize mu bitekerezo.

2020-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imiryango igiye kujuririra ihagarikwa ry’iperereza ku ruhare rw’abafaransa mu Bisesero

Imiryango igiye kujuririra ihagarikwa ry’iperereza ku ruhare rw’abafaransa mu Bisesero

Ubwanditsi 01 Oct 2018
Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza

Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Ubwanditsi 04 Nov 2020
Burundi: Noneho muri CNDD-FDD hashyizweho icyumba cyo gutoteza abatavuga rumwe na Perezida Nkurunziza

Burundi: Noneho muri CNDD-FDD hashyizweho icyumba cyo gutoteza abatavuga rumwe na Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 23 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere
IKORANABUHANGA

Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Minisitiri Mukeshimana yasabye imbabazi ku ikosa ryo kwicisha inzara abashyitsi
Mu Mahanga

Minisitiri Mukeshimana yasabye imbabazi ku ikosa ryo kwicisha inzara abashyitsi

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika
Amakuru

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Ubwanditsi 31 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru