• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu amatora muri RDC yatinze gutangazwa, Kabila yari ategereje intumwa yari yatumye mu Rwanda guhura na Kagame.

Impamvu amatora muri RDC yatinze gutangazwa, Kabila yari ategereje intumwa yari yatumye mu Rwanda guhura na Kagame.

Editorial 23 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, yohereje itsinda ryo kuganira na Perezida Paul Kagame unayoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU, mbere y’uko urukiko rurinda Itegeko Nshinga rutangaza umwanzuro ku kirego cyatanzwe ku byavuye mu matora ya Perezida aheruka.

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu nibwo urukiko rurengera Itegeko Nshinga rwemeje ko Félix Tshisekedi yatsinze amatora ya Perezida, ngo asimbure Joseph Kabila wayoboraga icyo gihugu guhera mu 2001.

Gusa nyuma y’uko urukiko rwari rumaze gutangaza umwanzuro warwo ku byavuye mu matora, abaperezida benshi ba Afurika bahise bashimira Tshisekedi nka perezida watowe ndetse AU isubika uruzinduko rw’itsinda ryagombaga kujya i Kinshasa.

Nk’uko tubikesha Ijwi rya Amerika Perezida Kabila yohereje intumwa ze i Kigali zirimo Umuyobozi w’ibiro bye, Néhémie Mwilanya Wilonja; Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Iperereza, Kalev Mutond n’Umujyanama we mu bya dipolomasi, Barnabé Kikaya Bin Karubi. Mbere y’uko amajwi yatangajwe kuri TV nationale. Kugeza ubu  ntawe uzi ibyavuye mu biganiro hagati y’impande zombi.

Amakuru avuga ko iri tsinda  riyobowe na Perezida Kagame ryashoboraga gushyiraho amahitamo akomeye kuri Perezida Kabila, arimo ko Komisiyo y’Amatora, yemeza Martin Fayulu ko ari we watsinze cyangwa hakaba andi matora kandi ahuje abantu bose, abahunze igihugu nabo bakayitabira kandi agategurwa na leta y’inzibacyuho, ikayoborwa n’undi bemeranyijweho utari Kabila.

Nyuma y’umwanzuro w’urukiko, mu gihe SADC mbere yasabaga ko amajwi yongera kubarurwa, kuri iyi nshuro yashimiye Tshisekedi ndetse isaba inzego zose “Gushyigikira perezida watowe na Guverinoma ye”.

2019-01-23
Editorial

IZINDI NKURU

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Editorial 15 Dec 2017
Uko ikinyamakuru cyo muri Kenya kiragaragaza imigambi yapfubye ya Uganda ku Rwanda

Uko ikinyamakuru cyo muri Kenya kiragaragaza imigambi yapfubye ya Uganda ku Rwanda

Editorial 08 Dec 2017
Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Editorial 15 Mar 2018
Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Editorial 26 Mar 2024

2 Ibitekerezo

  1. Emmy
    January 23, 201910:32 am -

    President wacu arasobanutse areba kure inama ze zirubaka.nous avons confience en lui.Imana yacu ikomeze kumuha imigisha myinshi nkiyo yahaye Dawidi na Salomon.

    Subiza
    • Sunday
      January 23, 201911:54 am -

      Stupid and rubbish

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwenya Anne Kansiime ari mu byishimo byinshi byo kwitegura kwibaruka imfura ye.
Amakuru

Umunyarwenya Anne Kansiime ari mu byishimo byinshi byo kwitegura kwibaruka imfura ye.

Editorial 16 Apr 2021
“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

Editorial 01 Jul 2019
Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege
POLITIKI

Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege

Editorial 03 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru