• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mpayimana yandikiye abadepite b’u Buholandi bijujutiye ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC

Mpayimana yandikiye abadepite b’u Buholandi bijujutiye ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC

Ubwanditsi 28 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyapolitiki wigenga Mpayimana Philippe yandikiye ibaruwa ifunguye asubiza bamwe mu badepite bo mu Buholandi bijujutiye icyemezo u Rwanda ruherutse gufata cyo gusinyana amasezerano na Arsenal FC yo kujya yamamaza ubukerarugendo bwarwo.

Aya masezerano y’imyaka itatu avuga ko ikipe ya Arsenal nkuru, iy’abatarengeje imyaka 23 ndetse n’iy’abagore zizajya zambara umwambaro wanditseho ‘Visit Rwanda’ (Sura u Rwanda) ku kuboko kw’ibumoso.

Nubwo aya masezerano yishimiwe na benshi mu Rwanda no mu karere, hari abandi batayishimiye barimo n’abadepite bo mu Buholandi.

Nk’uko byanditswe n’Ikinyamakuru De Telegraaf cyo mu Buholandi, Depite Joel Voordewind yagize ati “Birambabaje kuba igihugu duha ubufasha bukomeye cyabaye umuterankunga wa miliyoni 30 z’amayero ku mipira y’ikipe ikomeye mu Bwongereza.

Yunganiwe na mugenzi we Isabelle Dicks wagize ati “Ni byiza ko inkunga yacu ijya mu Rwanda kandi icyo gihugu kikaba kiri gutera imbere mu bukungu ariko birababje ko aya mafaranga apfushwa ubusa, mu gihe umuryango mpuzamahanga uri gukora ibishoboka ngo ugabanye ubukene mu gihugu.”

Imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko inkunga y’u Buholandi mu Rwanda yanganaga na 55,890,000 y’amadolari ya Amerika.

Mpayimana ashingiye kuri aya magambo, yanditse ibaruwa ifunguye igenewe aba badepite, avuga ko imitekerereza yabo muri iki gihe iteye inkeke.

Iyi baruwa igira iti “Nk’umuturage ndetse n’umunyapolitiki wigenga, ntanagendeye ku byemezo by’abayobozi b’igihugu cyanjye, ndifuza kugaragaza ibyifuzo by’abaturage b’igihugu cyanjye mu rwego rwo guha umurongo uburyo bwo kugisha inama ku nkunga z’iterambere mugenera u Rwanda na Afurika muri rusange.”

Yakomeje agira ati “Ntimwicuze ku nkunga muha u Rwanda ahubwo izongerwe ubutaha niba bishoboka. Ndabasaba nanone kudashaka guhindura urutonde rw’ibyo Guverinoma ziba zabonye ko bikenewe kurusha ibindi mu bihugu mutangamo imfashanyo ahubwo muhindure icyerekezo cy’inkunga mutanga muri Afurika.”

Mpayimana yavuze ko ari agasuzuguro kuba igihugu cyarabonye ko ubukungu bwacyo bushingiye ku bukerarugendo, cyashaka uko gikomeza kubuteza imbere bikababaza bamwe.

Ati “Ni amahitamo y’u Rwanda ndetse mu gihe hari ushatse kubitunga urutoki abyinubira, ni ukuvogera ubusugire barwo.”

Mpayimana wiyamamaje mu matora y’umukuru w’igihugu aherutse, yavuze ko imyumvire yagaragajwe n’abadepite b’u Buholandi ari nk’iyo mu gihe cya gikoloni.

Ati “Mwemeranye nanjye ko uko mwitwaye ari bimwe mu bigize icyerecyezo gishaje cy’ubukoloni aho inkunga z’iterambere zabaga zigamije gutuma abayobozi bacu bubaha ibyemezo byanyu aho gufatanya kubw’ineza ya rubanda.”

Mesut Ozil, Alexandre Lacazette na Pierre-Emerick Aubameyang bagaragaye mu mwambaro wamamaza u Rwanda

Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubucuruzi muri Arsenal, Vinai Venkatesham, yatangaje ko ubufatanye bwa Arsenal FC n’u Rwanda ari amahirwe akomeye.

Yagize ati “Ubu ni ubufatanye bwiza buzatuma dufasha u Rwanda kugera ku ntego zarwo zo guteza imbere ubukerarugendo. Igihugu cyateye imbere mu myaka ishize , kubw’ibyo kuba Arsenal ar ikipe ikurikiranwa cyane bizatuma u Rwanda rujya mu mitwe ya benshi.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, Clare Akamanzi abinyujije kuri Twitter yavuze ko unenga ayo amasezerano atifuriza u Rwanda ineza.

Ati “ Umuntu wese winubira ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal agendeye ko u Rwanda rukennye cyangwa ruhabwa inkunga, ashobora kuba ashaka ko ruhora rutyo cyangwa ntazi ko mu bucuruzi igiciro cyo kwamamaza ari kimwe mu bitwara amafaranga menshi.”

U Rwanda rufite intego yo kongera amafaranga ava mu bukerarugendo akava kuri miliyoni 404 z’amadolari ya Amerika, akagera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu mwaka wa 2024.

Leta y’u Rwanda inafite gahunda yo guteza imbere ubukerarugendo isangiza abaturiye pariki ku mafaranga yabuvuyemo. Muri iyo gahunda imaze gutangamo miliyoni 1.28 y’amadolari yashowe mu mishinga 158 ifitiye akamaro abaturiye za pariki.

Ubufatanye bw’Ikipe ya Arsenal FC n’u Rwanda, ni kimwe mu bigize gahunda y’igihe kirekire u Rwanda rwihaye yo guteza imbere ubukerarugendo no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, nkuko bikubiye mu cyerekezo 2050 na gahunda y’Imbaturabukungu (EDPRS II).

2018-05-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Aug 2024
Ubushotoranyi bwa Museveni bwo gukomeza gushimuta Abanyarwanda  buhatse iki ?

Ubushotoranyi bwa Museveni bwo gukomeza gushimuta Abanyarwanda buhatse iki ?

Ubwanditsi 14 Jan 2019
BBC yibukijwe ko Indahiro ya FPR Inkotanyi ku munyamuryango mushyashya imaze imyaka isaga 30

BBC yibukijwe ko Indahiro ya FPR Inkotanyi ku munyamuryango mushyashya imaze imyaka isaga 30

Ubwanditsi 24 Nov 2020
Hari ibimenyetso dufite, byerekana ko bimwe mu bihugu duturanye  bifatanya ku mugaragaro na FDLR na RNC – Kagame

Hari ibimenyetso dufite, byerekana ko bimwe mu bihugu duturanye bifatanya ku mugaragaro na FDLR na RNC – Kagame

Ubwanditsi 01 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko
INKURU NYAMUKURU

Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ubwanditsi 01 Jun 2020
Inama ya RNC yaranzwe n’impaka zikomeye kubirebana nibura rya Rutabana ariko Kayumba Nyamwasa yashakaga ko bitaganirwaho
INKURU NYAMUKURU

Inama ya RNC yaranzwe n’impaka zikomeye kubirebana nibura rya Rutabana ariko Kayumba Nyamwasa yashakaga ko bitaganirwaho

Ubwanditsi 09 Dec 2019
Abayisilamu basabwe kwishimira ko basigaye bafite uburenganzira mu Rwanda
Mu Rwanda

Abayisilamu basabwe kwishimira ko basigaye bafite uburenganzira mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru