• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mpayimana yandikiye abadepite b’u Buholandi bijujutiye ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC

Mpayimana yandikiye abadepite b’u Buholandi bijujutiye ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC

Ubwanditsi 28 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyapolitiki wigenga Mpayimana Philippe yandikiye ibaruwa ifunguye asubiza bamwe mu badepite bo mu Buholandi bijujutiye icyemezo u Rwanda ruherutse gufata cyo gusinyana amasezerano na Arsenal FC yo kujya yamamaza ubukerarugendo bwarwo.

Aya masezerano y’imyaka itatu avuga ko ikipe ya Arsenal nkuru, iy’abatarengeje imyaka 23 ndetse n’iy’abagore zizajya zambara umwambaro wanditseho ‘Visit Rwanda’ (Sura u Rwanda) ku kuboko kw’ibumoso.

Nubwo aya masezerano yishimiwe na benshi mu Rwanda no mu karere, hari abandi batayishimiye barimo n’abadepite bo mu Buholandi.

Nk’uko byanditswe n’Ikinyamakuru De Telegraaf cyo mu Buholandi, Depite Joel Voordewind yagize ati “Birambabaje kuba igihugu duha ubufasha bukomeye cyabaye umuterankunga wa miliyoni 30 z’amayero ku mipira y’ikipe ikomeye mu Bwongereza.

Yunganiwe na mugenzi we Isabelle Dicks wagize ati “Ni byiza ko inkunga yacu ijya mu Rwanda kandi icyo gihugu kikaba kiri gutera imbere mu bukungu ariko birababje ko aya mafaranga apfushwa ubusa, mu gihe umuryango mpuzamahanga uri gukora ibishoboka ngo ugabanye ubukene mu gihugu.”

Imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko inkunga y’u Buholandi mu Rwanda yanganaga na 55,890,000 y’amadolari ya Amerika.

Mpayimana ashingiye kuri aya magambo, yanditse ibaruwa ifunguye igenewe aba badepite, avuga ko imitekerereza yabo muri iki gihe iteye inkeke.

Iyi baruwa igira iti “Nk’umuturage ndetse n’umunyapolitiki wigenga, ntanagendeye ku byemezo by’abayobozi b’igihugu cyanjye, ndifuza kugaragaza ibyifuzo by’abaturage b’igihugu cyanjye mu rwego rwo guha umurongo uburyo bwo kugisha inama ku nkunga z’iterambere mugenera u Rwanda na Afurika muri rusange.”

Yakomeje agira ati “Ntimwicuze ku nkunga muha u Rwanda ahubwo izongerwe ubutaha niba bishoboka. Ndabasaba nanone kudashaka guhindura urutonde rw’ibyo Guverinoma ziba zabonye ko bikenewe kurusha ibindi mu bihugu mutangamo imfashanyo ahubwo muhindure icyerekezo cy’inkunga mutanga muri Afurika.”

Mpayimana yavuze ko ari agasuzuguro kuba igihugu cyarabonye ko ubukungu bwacyo bushingiye ku bukerarugendo, cyashaka uko gikomeza kubuteza imbere bikababaza bamwe.

Ati “Ni amahitamo y’u Rwanda ndetse mu gihe hari ushatse kubitunga urutoki abyinubira, ni ukuvogera ubusugire barwo.”

Mpayimana wiyamamaje mu matora y’umukuru w’igihugu aherutse, yavuze ko imyumvire yagaragajwe n’abadepite b’u Buholandi ari nk’iyo mu gihe cya gikoloni.

Ati “Mwemeranye nanjye ko uko mwitwaye ari bimwe mu bigize icyerecyezo gishaje cy’ubukoloni aho inkunga z’iterambere zabaga zigamije gutuma abayobozi bacu bubaha ibyemezo byanyu aho gufatanya kubw’ineza ya rubanda.”

Mesut Ozil, Alexandre Lacazette na Pierre-Emerick Aubameyang bagaragaye mu mwambaro wamamaza u Rwanda

Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubucuruzi muri Arsenal, Vinai Venkatesham, yatangaje ko ubufatanye bwa Arsenal FC n’u Rwanda ari amahirwe akomeye.

Yagize ati “Ubu ni ubufatanye bwiza buzatuma dufasha u Rwanda kugera ku ntego zarwo zo guteza imbere ubukerarugendo. Igihugu cyateye imbere mu myaka ishize , kubw’ibyo kuba Arsenal ar ikipe ikurikiranwa cyane bizatuma u Rwanda rujya mu mitwe ya benshi.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, Clare Akamanzi abinyujije kuri Twitter yavuze ko unenga ayo amasezerano atifuriza u Rwanda ineza.

Ati “ Umuntu wese winubira ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal agendeye ko u Rwanda rukennye cyangwa ruhabwa inkunga, ashobora kuba ashaka ko ruhora rutyo cyangwa ntazi ko mu bucuruzi igiciro cyo kwamamaza ari kimwe mu bitwara amafaranga menshi.”

U Rwanda rufite intego yo kongera amafaranga ava mu bukerarugendo akava kuri miliyoni 404 z’amadolari ya Amerika, akagera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu mwaka wa 2024.

Leta y’u Rwanda inafite gahunda yo guteza imbere ubukerarugendo isangiza abaturiye pariki ku mafaranga yabuvuyemo. Muri iyo gahunda imaze gutangamo miliyoni 1.28 y’amadolari yashowe mu mishinga 158 ifitiye akamaro abaturiye za pariki.

Ubufatanye bw’Ikipe ya Arsenal FC n’u Rwanda, ni kimwe mu bigize gahunda y’igihe kirekire u Rwanda rwihaye yo guteza imbere ubukerarugendo no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, nkuko bikubiye mu cyerekezo 2050 na gahunda y’Imbaturabukungu (EDPRS II).

2018-05-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

UMUGAMBI WO GUSIGA FPR INKOTANYI ICYAHA CYA JENOSIDE  WAPFUBYE UGITEGURWA

UMUGAMBI WO GUSIGA FPR INKOTANYI ICYAHA CYA JENOSIDE  WAPFUBYE UGITEGURWA

Ubwanditsi 15 May 2020
Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Ubwanditsi 04 Mar 2020
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 16 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Antoine Hey yatangaje 11 babanza mu kibuga  Amavubi acakirana na Sudani kuri uyu wa gatandatu
IMIKINO

Antoine Hey yatangaje 11 babanza mu kibuga Amavubi acakirana na Sudani kuri uyu wa gatandatu

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Miliyari 210 zaburiwe irengero mu ngengo y’imari ya 2014-2015
Mu Mahanga

Miliyari 210 zaburiwe irengero mu ngengo y’imari ya 2014-2015

Ubwanditsi 08 May 2016
Jasmine Kibatenga ni we wegukanye irushanwa rya The Next Pop icyiciro cya mbere ahita yegukana sheki ya miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda
Amakuru

Jasmine Kibatenga ni we wegukanye irushanwa rya The Next Pop icyiciro cya mbere ahita yegukana sheki ya miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru