• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame

“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame

Ubwanditsi 31 Oct 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ubu ni bumwe mu butumwa bukubiye mu ibaruwa Madamu Jeannette Kagame, Umufasha wa Perezida wa Repubulika, yandikiye urubyiruko, arusaba kwirinda guheranwa n’ibizazane uko byaba bingana kose.Bimwe mu bibazo byugarije urubyiruko, ni uburwayi bwo mu mutwe. Madamu Jeannette Kagame aratanga impanuro ndetse n’uko abona iki kibazo cyakemuka.

Ni ibaruwa yasohotse mu kinyamakuru Igihe.com”, ariko kubera ubutumwa buremereye bukubiyemo, twiyemeje kuyisangiza n’abasomyi ba Rushyashya.

“Ndatsikamiwe ariko simperanwa. Mfite inkovu ariko ntizintera ubusembwa. Ndababaye ariko ndacyafite icyizere. Ndananiwe ariko imbaraga ntizishira. Mfite umujinya ariko si umuranduranzuzi. Ndihebye ariko sindakurayo amaso”.

Bavuga burya ko nta joro ridacya! Umwijima waryo uko ungana kose! Ngo n’ “Uburere bunyuza imfura mu mwijima”. Kandi iteka urumuri rukawuganza!

Aho wenda ntitwigiza nkana?

Bavuga ko tutazi abana bacu,

Bakanenga ibiganiro byo mu miryango yacu.

Binubira ko umuryango mugari utererana abari mu mage.

Nk’Umuryango kandi tukagawa y’uko dutoneka ibikomere by’abo bikekwa ko twatereranye, ngo twirengagije impamvu z’agahinda kabo. Biranashoboka ko aha haba harimo ukuri, kimwe n’uko habamo kwirengagiza ukuri, ibi byo bikaba byanatera impungenge.

Uburyo uburwayi bwo mu mutwe bwakirwa mu muryango, ntibisobanura iteka ko nta rukundo ruhari, ahubwo ni uburemere bwo kutamenya no gusobanukirwa ubwo burwayi no kwanga kwemera ko turembye kuko “Imfura ishinjagira ishira”! Maze abantu bagahitamo uburyo budahangana n’ubu burwayi, bikabasenya kurushaho. 

Nyamara twese turabizi, burya Imfura ntiheranwa!

Twahangana dute n’ikibazo cyo kudasobanukirwa uburwayi bwo mu mutwe, by’umwihariko agahinda gakabije? Hari byinshi bidushavuza,bimwe muri byo, tukabinyura hejuru:

Ihungabana rihererekanywa ibisekuru n’ibisekuruza.

  1. Gutakaza umuco wacu kubera umuvuduko w’iterambere ry’isi.
  2. Icyuho gikabije mu bukungu n’imibereho y’abantu.
  3. Kwirukira ibintu no kugira ibyishimo by’akanya gato.
  4. … N’ibindi ntarondora.

Birakabije. Siko mubibona?

“Nta mubyeyi ubura uko agenza, amaburakindi ku we yo akamushegesha!”

Mbega ukuntu bibabaza ababyeyi,

Kubura uburyo ugenza ngo uramire uwawe,

Umukize agahinda kamugereye,

Agahinda kabo nabo karumvikana!

Mbega ukuntu sosiyete ishobora kwirengagiza ubu burwayi,

Ndetse bigafatwa nkaho ari ibisanzwe!

Mbega ukuntu gukira ibikomere bigoye,

Nyamara kandi bikaba ari ngombwa,

Kuko nta buhungiro bundi twizeye.

Nubwo twakerensa ubu burwayi, ingaruka zabwo zo zihoraho (zirimo ubushomeri, impinduka za hato na hato z’imibereho, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’iyindi myitwarire idahwitse, kwiyangiza byavamo no kwiyahura), zitugeraho twese hatitawe ku mbaraga zose dukoresha ngo abana bacu barusheho kubaho neza.

Ibi bibazo bitwigirizaho nkana, bikatwereka ko hari byinshi tutazi!

Kuganira kuri ibi bibazo, ntibigamije guhangana mu mvugo no kwitana ba mwana. Si ukugira ngo tumenye uri mu kuri cyangwa uri mu makosa, dukeneye kumenya icyadufasha guhangana n’ikibazo cy’uburwayi buzahaza ubuzima bwo mutwe maze tukagira ubuzima bwiza.

Guhangana n’indwara zibasira ubuzima bwo mu mutwe mu rubyiruko rwacu, ntibyagakwiye gufatwa nk’umukino wo guhangana hagati y’abato n’abakuze; aho bashinjanya kugira intege nke cyangwa kutagira icyo bitaho, nyamara bakirengagiza uburyo imiryango n’inshuti baremererwa cyane n’ibyo bibazo.

Ni urugamba turwana duhererekanya ariko tugamije kugerera ku murongo w’intsinzi rimwe nk’umwe w’abasiganwa kandi twese ntawe usigaye.

Mbibarize rero bana bacu,

  • Ni iki twakora ngo tubafashe? Twakora iki ngo dufashanye?
  • Ese mwe, uruhare rwanyu rwaba uruhe mu gihe mwaba mubonye ubwo bubasha?
  • Mu gihe Igihugu gikora ibishoboka byose ngo kibahe amahirwe, mukoreshe ubwenge, ubumenyi n’ impano zanyu mu iterambere rigezweho, bijyanye n’ishusho mwifuza guha ubuzima bwanyu, mwabungabunga ubuzima bwanyu mute kugira ngo mukomeze kubaho, gukora neza no kubona andi mahirwe mashya?

Hari abakwibaza ko ababyeyi batumva agahinda kanyu! Burya benshi muri twe nk’ ababyeyi, tuzi umubabaro icyo ari cyo! Nubwo uyu munsi ari mwe duhangayikiye, akenshi kubera igishyika tugirira urubyiruko, mu by’ukuri, ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe byibasira abato bitaretse n’abakuru!

Ku bakuru nabo bagifata urubyiruko rwacu ko ntacyo rushoboye, nagira ngo mbamare impungenge ko urubyiruko rwacu, rusanzwe rurangwa n’imbaduko no guhanga ibishya! Ntakabuza ruzatugeza ku iterambere dushaka, twese duharanira, kandi bemye muri iyi si yihuta.

Nk’undi mubyeyi wese ubifuriza icyiza, reka nsoze ngira inama buri wese:

  • Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu, ababyeyi bawe, n’umuryango mugari; kandi nawe wiyiteho.
  • Iyiteho bihagije, kandi wumve ko nta pfunwe gusaba no guhabwa ubufasha ukeneye.
  • Iyiteho bihagije, kandi ntiwirengagize ubushobozi wifitemo bwo kuba uwo wifuza kuba no kuba imbarutso y’impinduka.
  • Iyiteho bihagije, ku buryo wibona wageze ku nzozi zawe.
  • Iyiteho bihagije, wiha intego, wishakemo n’imbaraga zo kuyigeraho.

Guhangana n’ijoro ry’icuraburindi, ni umukoro kandi ugoye. Nyamara ukaba umukoro wa ngombwa, ugusaba ubudaheranwa.

Reka mbabwire ko iyo umuntu yiyemeje kandi akagerageza, agira icyizere n’imbaraga zidakuka nk’izo nkura muri iri sengesho:

“Nyagasani,

Umpe amahoro y’umutima wakira ibyo ntashoboye guhindura,

Urampe imbaraga n’ubushobozi bwo guhindura ibyo nshoboye,

Umpe ubwenge n’ubushishozi bwo kumenya itandukaniro rya byombi.”

J.K

 

2022-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR VC na Police WVC zegukanye “Tax Payers Appreciation Volleyball Tournament 2023”

APR VC na Police WVC zegukanye “Tax Payers Appreciation Volleyball Tournament 2023”

Ubwanditsi 13 Nov 2023
Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Ubwanditsi 31 Jul 2024
Kiyovu SC yatsinze As Kigali isanga APR FC ku mwanya wa mbere yo yanganyije na Gasogi United

Kiyovu SC yatsinze As Kigali isanga APR FC ku mwanya wa mbere yo yanganyije na Gasogi United

Ubwanditsi 16 Apr 2023
Dufite inshingano itari iyo kurwanya ibyaha gusa, ahubwo no kubitsinda- Minisitiri Busingye

Dufite inshingano itari iyo kurwanya ibyaha gusa, ahubwo no kubitsinda- Minisitiri Busingye

Ubwanditsi 04 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Henok Muluberhan yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2025, Byukusenge Patrick aba Umunya-Rwanda waje hafi
Amakuru

Henok Muluberhan yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2025, Byukusenge Patrick aba Umunya-Rwanda waje hafi

Ubwanditsi 24 Feb 2025
Rudasingwa Theogene yongeye kuremba bikomeye
ITOHOZA

Rudasingwa Theogene yongeye kuremba bikomeye

Ubwanditsi 07 Jun 2016
Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu
POLITIKI

Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Ubwanditsi 18 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru