• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Ubwanditsi 07 Jul 2022 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Abinyujije ku rubuga rwe rwa twitter, umugore witwa Youyou Muntu Mosi ari nawe muvugizi wa Dogiteri Denis Mukwege, yise Abatutsi b’Abakongomani”umunuko udakwiriye kuba muri Kongo”.

Denis Mukwege yahawe igihembo cyitiriwe Nobel, ashimirwa kuba “impirimbanyi y’amahoro” muri Kongo. Kuba atigeze yamagana amagambo y’umuvugizi we, biragaragaza ko Dogiteri Mukwege asangiye ibitekerezo n’abandi bahezanguni bakwiza imvugo z’urwango, zihamagarira abaturage kwibasira abanyekongo bavuga ikinyarwanda, by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ubugome bwa Yoyou Muntu Mosi na shebuja Denis Mukwege, bushyizwe ahagaragara nyuma y’amasaha make gusa hashojwe inama yabereye i Luanda kuri uyu wa gatatu, aho Perezida wa Kongo Félix Tshisekedi yasezeranyije mugenzi we wa Angola, Joao Lurenço na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, ko imvugo ihembera ubwicanyi n’ubundi bugizi bwa nabi igiye guhita ihagarara.

Ni nyuma gato kandi y’aho Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wamaganiye amacakubiri ari muri Kongo, yanaguyemo Abatutsi benshi, ukanasaba ko ubwicanyi buhagarara.

Ese ko umutwe wa M23 uvuga ko mu byo urwanira harimo uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, wahagarika ute imirwano nk’uko ubisabwa, mu gihe bene wabo bakomeje kwibasirwa mu mvugo no mu bikorwa? Uwavuga se ko amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, yaba agiye kure y’ukuri? Tubitege amaso.

Abasesengura ibya politiki, bagereranya Denis Mukwege n’Umunyarwanda Paul Rusesabagina, dore ko bombi hari abazungu babagize ibitangaza, babita intwari batari zo, ahubwo ari abagome mu bandi.

Denis Mukwege arahamagarira abaturage kumara bagenzi babo, bazira gusa kuvuga ikinyarwanda. Nk’uko Paul Rusesabagina nawe yahamagariye inyangabirama kwica Abanyarwanda, akanarema umutwe wa FLN uhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Aba ba “kimwamwanya” basangiye inyota y’ubutegetsi binyuze mu kumena amaraso y’inzirakarengane, kandi ababari inyuma ntacyo bazabafasha ku ngaruka z’ubugome bwabo.

2022-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi  bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa

Abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa

Ubwanditsi 07 Jun 2016
“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Ubwanditsi 17 Feb 2025
Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza

Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza

Ubwanditsi 22 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda
POLITIKI

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Nunu Johnson, indi nzirakarengane yazize iyicarubozo rya CMI yapfiriye Ntungamo
INKURU NYAMUKURU

Nunu Johnson, indi nzirakarengane yazize iyicarubozo rya CMI yapfiriye Ntungamo

Ubwanditsi 21 Aug 2019
Kirehe: Abarobyi banywaga ibiyobyabwenge bakanguriye abandi bantu kubireka
Mu Mahanga

Kirehe: Abarobyi banywaga ibiyobyabwenge bakanguriye abandi bantu kubireka

Ubwanditsi 19 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru