• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imibonano mpuzabitsina ishobora gucika kubera ibipupe (SEX ROBOTS) VIDEO

Imibonano mpuzabitsina ishobora gucika kubera ibipupe (SEX ROBOTS) VIDEO

Ubwanditsi 28 Dec 2016 Mu Mahanga

Igikorwa mpuzabitsina kibera hagati y’igitsinagabo n’igitsina gore (umugabo n’umugore) kirushaho kurema ubumwe cg urukundo hagati yabo iki kikaba ari ingenzi kugira ngo umwe yite kuwundi, akaba ariko bimeze mu mibereho y’ikiremwa muntu bidashidikanwaho.

Igihangayikishije benshi kubasesengura ibijyanye n’imibanire hagati y’abantu ni uko nta munsi w’ubusa ushira hatagaragaye ibibangamiye imibanire y’igitsina gore n’igitsina gabo.

Mu nama yabereye mu Busuwisi muri uku kwezi k’Ukuboza 2016, (Second International Congress on Love and Sex with Robots) hashizwe ahagaragara ubushakashatsi butandukanye bwakozwe, ibyavuyemo bihangayikisha benshi.

Mubyaganiweho rero hari ikibazo cy’ ibipupe byakorewe imibonano mpuzabitsina (sex robots) bigenda bigurwa kuburyo butangaje, kuburyo inganda zibikora zisigaye zitagishoboye guhaza abazigana bashaka ibyo bipupe.

-5195.jpg

-5194.jpg

Mubushakashatsi bwakozwe, bwanzuye buvuga ko bitazasaba imyaka myinshi kugira ngo umubare w’abagabo benshi batazaba bacikoza igitsinagore cg abagore bagikenera abagabo ngo bagirane imibonano mpuzabitsina kubera izi za sex robots.

Umwe mubakoze ubushakashatsi witwa Oliver Bendel yabwiye abaraho ko mubantu ibihumbi bashaboye gukoraho ubushakashatsi bafite ibi bipupe (sex robot) batagitekereza gukorana imibonano mpuzabitsina n’abantu. Yavuze ko ibi bizagira ingaruka kukiremwa muntu ngo kuko abantu bizatuma barushaho gutakaza ubumuntu bakaba bafata indi myitwarire itandukanye n’isanzwe.

Nyirabayazana ngo ni ikoranabuhanga!!

Nibyo koko ngo ibi bipupe biba bifite indeshyo nkiyabantu basanzwe birarura ababikoresha ngo bibabere abagore cyangwa abagabo.

Abakora mu nganda zikora izi sex robots bari bitabiriye iyi nama, urugero nk’umuyobozi mukuru wa ABYSS CREATIONS akaba yitwa Matt McMullen yavuze ko intego yabo ari ugukora ubushakashatsi hanyuma bagakora sex robot zifite ikoranabuhanga ryo murwego rwo hejuru kubijyanye no kubiha umubiri woroshye, utagira inkovu nimwe kandi ukaba ushobora kuganira nicyo gipupe kugira ngo unyurwe.

Yakomeje avuga ko uko byagenda kose ntagaruriro kuko bageze kwikoranabuhanga rikora ibipupe by’imibonano mpuzabitsina bitagira aho bihuriye n’umuntu haba mu bwiza cyangwa mu gukora imibonano mpuzabitsina.

Ikindi ngo bashoboye kugera ku rwego igipupe mu gihe muganira gishobora kukuvugira ibyo benshi bita imitoma itandukanye kandi ntikiyisubiremo.

-166.png

-5193.jpg

Ikindi ngo mu gihe umuntu usanzwe ashobora kuguteza ibibazo mu mibanire yaburi munsi, ibi byo ntacyo bigusaba. Ikindi ngo ntibirakara nkuko abantu babana bahora bashwana bapfuye ubusa.

Nkuko mushobora kubireba kuri iyi video ngo izo nganda zikorera buri wese igipupe kijyanye n’ubwiza ashaka, indeshyo n’ingano n’ibindi.

https://www.youtube.com/watch?v=dIuL4D00uOY

Gutakaza indangagaciro z’ikiremwa muntu bizagira ingaruka mbi ku bantu.

Hari abantu benshi bashobora kwishimira ibi, ariko ikigaragara ni uko gutakaza indangagaciro kukiremwamuntu bigeze aha bigaragaza ko ejo hazaza h’ikiremwa muntu ntahahari. Bikaba byatuma wese yibaza ngo turagana he ? Ejo hazaza h’ikiremwamuntu ni ahahe ? Ikigaragara ni uko buri muntu wese agomba kwitegura ingaruka mbi kumibereho nkiyi ikomeje.

Imibereho y’abantu igenda ihinduka mu buryo butangaje yabagejeje k’ubutinganyi kubahuje ibitsina, kuryamana n’inyamaswa none irari ribagejeje kumibonano mpuzabitsina n’ibipupe. Ese irari nkiri rizagarukira he?

Tubitege amaso.

Hakizimana Themistocle

2016-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Ubwanditsi 27 Oct 2017
ACP Mutezintare yasabye abamotari bo muri Musanze kugira uruhare mu gukumira ibyaha

ACP Mutezintare yasabye abamotari bo muri Musanze kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 29 Dec 2016
Perezida Kagame yakiriye Umwami wa Maroc, Mohammed VI

Perezida Kagame yakiriye Umwami wa Maroc, Mohammed VI

Ubwanditsi 19 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar
POLITIKI

Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Kuki Urupfu Rwa Karegeya  Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Urupfu Rwa Karegeya Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2019
Tumenye imikorere y’ Ishami rya Polisi rikorana na Polisi  mpuzamahanga n’ubutwererane, na serivisi riha abanyarwanda
Mu Mahanga

Tumenye imikorere y’ Ishami rya Polisi rikorana na Polisi mpuzamahanga n’ubutwererane, na serivisi riha abanyarwanda

Ubwanditsi 18 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru