• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Ikinamico : Burundi uwavuze ko bazaroha ‘abakeba’ yakatiwe gufungwa imyaka itatu

Ikinamico : Burundi uwavuze ko bazaroha ‘abakeba’ yakatiwe gufungwa imyaka itatu

Ubwanditsi 02 May 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Urukiko Rukuru mu Burundi, kuri uyu wa Mbere, rwakatiye gufungwa imyaka itatu umugabo witwa Melchiade Nzopfabarushe wo muri Komine Kabezi mu Ntara ya Bujumbura Rurale, uheruka gukoresha imvugo ko umuntu wese uzanyuranya n’ibyo leta ishaka mu ivugururwa ry’itegeko nshinga atazihanganirwa, bazarohwa mu mazi .

Nzopfabarushe yabaye umwe mu bakozi mu Biro by’Umukuru w’Igihugu ndetse yabaye umwe mu bayobozi bakuru b’ishyaka CNDD-FDD.

Ayo magambo yagiye hanze mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, yerekana uwo mugabo ari mugace kitwa Migera kuwa 15 Mata, avuga amagambo yafashwe nk’agamije gucamo ibice Abarundi.

Icyo gihe yavuze ko umuntu w’umukeba uzigisha ibitandukanye n’ibyo igihugu cyifuza, ati “twebwe ntituri kumwe! Turamukarabye.”

Yongeyeho ati “Tuzamushyira muri Karonge tumanurire muri Tanganyika bigire iyo bashaka. [Amashyi menshi]. Sibyo? Abashaka kujya mu bwato, tuzabubaha. Na kare amafi yari yabuze hano iwacu, muri aya mazi yacu, tuzabashyiramo bigire muri Congo n’amaguru. Ubwo ni ubutumwa.”

Ubuyobozi mu Burundi bwahise bumuta muri yombi, aza no kugezwa mu rukiko ashinjwa “imvugo zigumura abaturage, kubangisha ubutegetsi buriho no gukwiza ibihuha.”

Ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko mu iburanisha, Nzopfabarushe atahakanye imvugo yakoresheje ariko agasobanura ko yazikoresheje nk’umunyapolitike agamije guha umurongo mwiza abaturage bo mu gace avukamo.

Ubushinjacyaha bwatangaje ko iki gihano kigomba kubera isomo n’abandi Barundi bashoboraga gutekereza ko mu Burundi hari umuco wo kudahana. Gusa Avoka we, Alexandre Ndikumana, yatangaje ko batanyuzwe n’imikirize y’urubanza, bagomba kujurira.

Iki gikorwa kibaye mu gihe mu Burundi hari umwuka ushyushye muri politiki kubera kamarampaka itegerejwe ku wa 17 Gicurasi, hatorwa ku ivugururwa ry’itegeko nshinga rishobora gusiga Pierre Nkurunziza yemerewe gukomeza kuyobora u Burundi kugeza mu 2034.

Nyuma y’amagambo ya Nzopfabarushe, ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD ryahise ryitandukanya nawe, rivuga ko “ryatunguwe no kumva amagambo yatangajwe ko ari aya Melchiade Nzopfabarushe, ashobora guhungabanya ubumwe n’imibanire y’Abarundi,” cyane ko ngo binyuranye n’ibitekerezo ishyaka rigenderaho.

Ryakomeje rigira riti “Ishyaka rirasaba Abarwanashyaka baryo kurangwa n’ubworoherane muri poliitiki, rikanasaba inzego z’ubutabera gukurikirana iki kibazo.”

Muri kamarampaka, biteganywa ko imyaka ya manda y’Umukuru w’igihugu izava ku myaka itanu ikaba irindwi. Rizaba rigena ko Perezida wa Repubulika atorerwa manda ebyiri zikurikiranya z’imyaka irindwi idashobora kongerwa, ariko hatarebwe ku byabaye mbere y’uko rivugururwa.

Perezida Nkurunziza ari ku butegetsi guhera mu 2005 ariko manda aheruka gutorerwa yateje ikibazo gikomeye mu 2015, ku buryo habaye imyigaragambyo y’abatarayemeraga, banagerageje kumuhirika ku butegetsi birapfuba, irangira abaturage amagana bishwe naho abasaga 400,000 bagana iy’ubuhungiro mu bihugu by’ibituranyi birimo u Rwanda

2018-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’Itaramo yakoreye i Kigali,  Icyamamare  Davido yatahanye  na Kate Bashabe.

Nyuma y’Itaramo yakoreye i Kigali, Icyamamare Davido yatahanye na Kate Bashabe.

Ubwanditsi 05 Mar 2018
Uganda: Gen Kale Kayihura yamaze gusubiza ibikoresho bya gisilikare yari atunze

Uganda: Gen Kale Kayihura yamaze gusubiza ibikoresho bya gisilikare yari atunze

Ubwanditsi 19 Jun 2018
Uko RNC yasenyutse uruhongohongo ikamera nk’impabe mu rukubo

Uko RNC yasenyutse uruhongohongo ikamera nk’impabe mu rukubo

Ubwanditsi 25 Feb 2020
Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?

Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?

Ubwanditsi 21 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rurambikanye hagati Kayumba  n’umugore we Rosette
ITOHOZA

Rurambikanye hagati Kayumba n’umugore we Rosette

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2019
Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa
INKURU NYAMUKURU

Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa

Ubwanditsi 11 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru