• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Ubwanditsi 29 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Hashize iminsi itangazamakuru ryo muri Uganda by’umwihariko iryegamiye kuri leta rigaragaza uburyo riri inyuma ya Rujugiro Tribert hamwe n’abandi barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Amakuru mashya agezweho ni uko ibinyamakuru bikomeye birimo New Vision, NTV na The East African byasabwe n’Urwego rushinzwe ubutasi mu Gisirikare cya Uganda, CMI n’Umutwe wa RNC gutangaza inkuru zigaragaza neza Rujugiro.

Amakuru avuga ko ku wa 26 Werurwe 2019, itsinda ry’abanyamakuru ba New Vision, The East African na NTV ryagiye mu gace ka Arua gutara inkuru zivuga ku ruganda rw’itabi rwa Rujugiro ruri muri ako gace.

Ikinyamakuru Virunga Post dukesha iyi nkuru cyatangaje ko uru rugendo rwari ruteguwe ku wa 19-22 Werurwe ariko ruza kwimurirwa ku wa 26-29 Werurwe.

Bivugwa ko uru rugendo rwo muri Arua rwari rugamije kugaragaza isura nziza ya Rujugiro nk’umugabo utikubira ufite uruganda rw’itabi rwitwa Meridien Tobacco Company rumaze guhindura ubuzima bw’abaturage bo muri ako gace by’umwihariko abahinzi b’itabi, rukabakura mu bukene ndetse rukagira n’uruhare mu izamuka ry’ubukungu bwa Uganda.

Uru ruganda rwa Rujugiro, Umuvandimwe wa Perezida Museveni, Salim Saleh, ni umwe mu barufitemo imigabane.

Abanyamakuru bagiye gutara iyi nkuru ngo mbere y’uko bahabwa uyu mukoro, basabwe gushaka ubuhamya bw’abahinzi bari basanzwe mu bukene mbere y’uko Rujugiro ashinga uruganda muri aka gace ndetse ubu ubuzima bwabo bukaba bwarahindutse kubera rwo.

Bivugwa ko babwiwe ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze muri ako gace bahawe amabwiriza yo kuvuga ko ubuzima bw’abakene bo muri ako gace bwahindutse ku kigero cyo hejuru kuva Rujugiro yahashora imari.
Izi nkuru zigaragaza impinduka Rujugiro yazanye muri aka gace, abanyamakuru bagiye kuzikora bigizwemo uruhare na CMI ndetse na RNC ihagarariwe na Sulah Nuwamanya wajyanye na bo.

Sulah Nuwamanya, wabaye umunyamakuru w’Umuseso akaba ari impunzi muri Uganda, umwe mubagiye gutera icyuhagiro ibikorwa bya Rujugiro

Hashize amezi agera kuri atatu ubuyobozi muri Uganda bugerageza kugaragaza neza izina rya Rujugiro, wakunze gushyirwa mu majwi nk’umuntu wa mbere utera inkunga ibikorwa by’umutwe wa RNC usigaye ukorera muri Uganda mu buryo bweruye.

Ibinyamakuru byo muri Uganda birimo The New Vision na The Daily Monitor byo bimaze iminsi bimugaragaza nk’umushoramari w’umutima mwiza ufite ibikorwa byahinduye ubuzima bw’abanya-Uganda nubwo bizwi neza ko ubucuruzi bwe bwakunze kugaragaramo ruswa n’abantu badatana nayo ndetse no kunyereza imisoro.

David Himbara ukunze kugaragaza isura nziza ya Rujugiro ku buryo benshi bamufata nk’umuvugizi we nawe aherutse kugirana ikiganiro na NTV Uganda amugaragaza nk’umuntu w’agatangaza.

Iki gikorwa cyo gushaka kugaragaza Rujugiro nk’umuntu w’ingirakamaro kiri kuba nyuma y’igitutu gikomeye u Rwanda rwashyize ku bayobozi ba Uganda rugaragaza ko uyu mugabo atera inkunga imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano warwo.

Birasa n’aho aho gukemura ikibazo cyagaragajwe Guverinoma ya Uganda yashyize imbaraga nyinshi mu gukora ibitandukanye yerekana ko Rujugiro ari umuntu mwiza.

2019-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Ubwanditsi 27 Sep 2023
Umunyarwandakazi wakoreraga Volcano i Burundi afunzwe ashinjwa ubutasi

Umunyarwandakazi wakoreraga Volcano i Burundi afunzwe ashinjwa ubutasi

Ubwanditsi 09 Jan 2018
Uganda: Umuhanzi akaba n’inshuti ya hafi ya Bobi Wine yakaswe intoki ebyiri anakurwamo ijisho nyuma yo gushimutwa

Uganda: Umuhanzi akaba n’inshuti ya hafi ya Bobi Wine yakaswe intoki ebyiri anakurwamo ijisho nyuma yo gushimutwa

Ubwanditsi 03 Aug 2019
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 16 Sep 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Bararengana Jean Berchmans
    March 31, 201910:01 am -

    Ese Andrew Mwenda yamenye ibyabaye? Gusa n’ubwo atahabaye ntazabura kudutangariza inkuru iturema agatima kugirango ay’ukwezi gutaha azamugereho vuba.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga
Amakuru

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Ubwanditsi 25 Aug 2025
Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi
Mu Rwanda

Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Ubwanditsi 03 Feb 2017
Mu gice cya nyuma cyo Kwiyamamaza: Paul Kagame  yiyamamarije mu Ntara y’Amajyaruguru  mu Karere ka Burera na Gakenke
Mu Rwanda

Mu gice cya nyuma cyo Kwiyamamaza: Paul Kagame yiyamamarije mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Burera na Gakenke

Ubwanditsi 31 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru