• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Ubwanditsi 29 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Hashize iminsi itangazamakuru ryo muri Uganda by’umwihariko iryegamiye kuri leta rigaragaza uburyo riri inyuma ya Rujugiro Tribert hamwe n’abandi barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Amakuru mashya agezweho ni uko ibinyamakuru bikomeye birimo New Vision, NTV na The East African byasabwe n’Urwego rushinzwe ubutasi mu Gisirikare cya Uganda, CMI n’Umutwe wa RNC gutangaza inkuru zigaragaza neza Rujugiro.

Amakuru avuga ko ku wa 26 Werurwe 2019, itsinda ry’abanyamakuru ba New Vision, The East African na NTV ryagiye mu gace ka Arua gutara inkuru zivuga ku ruganda rw’itabi rwa Rujugiro ruri muri ako gace.

Ikinyamakuru Virunga Post dukesha iyi nkuru cyatangaje ko uru rugendo rwari ruteguwe ku wa 19-22 Werurwe ariko ruza kwimurirwa ku wa 26-29 Werurwe.

Bivugwa ko uru rugendo rwo muri Arua rwari rugamije kugaragaza isura nziza ya Rujugiro nk’umugabo utikubira ufite uruganda rw’itabi rwitwa Meridien Tobacco Company rumaze guhindura ubuzima bw’abaturage bo muri ako gace by’umwihariko abahinzi b’itabi, rukabakura mu bukene ndetse rukagira n’uruhare mu izamuka ry’ubukungu bwa Uganda.

Uru ruganda rwa Rujugiro, Umuvandimwe wa Perezida Museveni, Salim Saleh, ni umwe mu barufitemo imigabane.

Abanyamakuru bagiye gutara iyi nkuru ngo mbere y’uko bahabwa uyu mukoro, basabwe gushaka ubuhamya bw’abahinzi bari basanzwe mu bukene mbere y’uko Rujugiro ashinga uruganda muri aka gace ndetse ubu ubuzima bwabo bukaba bwarahindutse kubera rwo.

Bivugwa ko babwiwe ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze muri ako gace bahawe amabwiriza yo kuvuga ko ubuzima bw’abakene bo muri ako gace bwahindutse ku kigero cyo hejuru kuva Rujugiro yahashora imari.
Izi nkuru zigaragaza impinduka Rujugiro yazanye muri aka gace, abanyamakuru bagiye kuzikora bigizwemo uruhare na CMI ndetse na RNC ihagarariwe na Sulah Nuwamanya wajyanye na bo.

Sulah Nuwamanya, wabaye umunyamakuru w’Umuseso akaba ari impunzi muri Uganda, umwe mubagiye gutera icyuhagiro ibikorwa bya Rujugiro

Hashize amezi agera kuri atatu ubuyobozi muri Uganda bugerageza kugaragaza neza izina rya Rujugiro, wakunze gushyirwa mu majwi nk’umuntu wa mbere utera inkunga ibikorwa by’umutwe wa RNC usigaye ukorera muri Uganda mu buryo bweruye.

Ibinyamakuru byo muri Uganda birimo The New Vision na The Daily Monitor byo bimaze iminsi bimugaragaza nk’umushoramari w’umutima mwiza ufite ibikorwa byahinduye ubuzima bw’abanya-Uganda nubwo bizwi neza ko ubucuruzi bwe bwakunze kugaragaramo ruswa n’abantu badatana nayo ndetse no kunyereza imisoro.

David Himbara ukunze kugaragaza isura nziza ya Rujugiro ku buryo benshi bamufata nk’umuvugizi we nawe aherutse kugirana ikiganiro na NTV Uganda amugaragaza nk’umuntu w’agatangaza.

Iki gikorwa cyo gushaka kugaragaza Rujugiro nk’umuntu w’ingirakamaro kiri kuba nyuma y’igitutu gikomeye u Rwanda rwashyize ku bayobozi ba Uganda rugaragaza ko uyu mugabo atera inkunga imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano warwo.

Birasa n’aho aho gukemura ikibazo cyagaragajwe Guverinoma ya Uganda yashyize imbaraga nyinshi mu gukora ibitandukanye yerekana ko Rujugiro ari umuntu mwiza.

2019-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019
Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2024
Ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida Évariste Ndayishimiye uri ku buyobozi bushya bwa AU

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida Évariste Ndayishimiye uri ku buyobozi bushya bwa AU

RUSHYASHYA 19 Feb 2026
Abarwanyi 5 ba M23 bafashwe bagiye kwinjira mu Rwanda

Abarwanyi 5 ba M23 bafashwe bagiye kwinjira mu Rwanda

Ubwanditsi 01 Jul 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Bararengana Jean Berchmans
    March 31, 201910:01 am -

    Ese Andrew Mwenda yamenye ibyabaye? Gusa n’ubwo atahabaye ntazabura kudutangariza inkuru iturema agatima kugirango ay’ukwezi gutaha azamugereho vuba.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo
Mu Rwanda

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

Ubwanditsi 17 May 2017
   Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

  Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Apr 2022
Inama hagati ya Trump na Kim Jong un ishobora gusubikwa
POLITIKI

Inama hagati ya Trump na Kim Jong un ishobora gusubikwa

Ubwanditsi 23 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru