• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Tariki ya 22 Ukwakira 2024, umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ukaba ubarizwa mu mashyamba ya Congo, uherutse kwandikira Perezida wa Angola, João Lourenço, umuhuza ku makimbirane hagati y’ u Rwanda na Congo ko yabafasha nabo akabahuza la leta y’ u Rwanda.

Iyi ni inama uyu mutwe wagiriwe na Leta ya Tshisekedi dore ko abategetsi benshi muri iki gihugu bavuga ko u Rwanda rugomba kuganira na FDLR niba bashaka ko Congo nayo iganira na M23.

Muri iyo baruwa bati:” Nyakubahwa Président João Manuel Gonçalves Lourenço Perezida wa Angola ukaba n’ umuhuza hagati y’ u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nk’ umuntu watoranijwe n’ umuryango b’ ibihugu by’ ubumwe bwa Afurika nk’ umuhuza hagati ya Repuburika ya Demokarasi ya Congo n’ u Rwanda, nka FDLR twasanze ubuhanga bwanyu ndetse no kwitanga kwanyu byakomeza kugira uruhare mu kugarura amahoro arambye mu karere k’ ibiyaga bigari bya Afurika, kuko twasanze ikibazo cy’ u Rwanda ari ikibazo cya Politike ari nayo mpamvu dushyira ibiganiro imbere kuruta gufata intwaro.

Kuba FDLR iri gusaba ibiganiro ni inama bagiriwe na Tshisekedi bafatanyije urugamba rwo kurwanya M23, kuri Tshisekedi niba u Rwanda rutagaira na FDLR ubwo na Congo ntizaganira na M23. Ibi ni kimwe mu mpamvu zidindiza ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo.

Iyo bigeze igihe cyo kurwanya uyu mutwe, Leta ya Congo ivugako uyu mutwe utakibaho ariko ukawusabira ibiganiro na Leta y’u Rwanda. Tshisekedi arabizi neza ko u Rwanda rutakwicarana n’abajenosideri, abikora kugirango asunike iminsi dore ko yatangije undi muvuno mushyashya wo guhindura Itegeko Nshinga

Mu buvugizi BBC Gahuza ntiyatanzwe mu gutangaza ibyiyi baruwa nk’umuzindaro wa FDLR. Si ubwa mbere FDLR isabye ibiganiro kuko byabaye kenshi mu myaka 30 ishize, ariko Leta y’u Rwanda ibibutsa ko nta biganiro n’abajenosideri, ko ushaka gutaha agomba gutaha, ariko abajenosideri ruharwa muri uyu mutwe bakabaca intege ngo batazasigara bonyine.

Kugeza uyu munsi abarwanyi basaga ibihumbi 12 bamaze gutaha ku bushake bakaba ubu babarizwa mu muryango nyarwanda harimo abo ku rwego rwa Jenerali, urugero rukaba Brig Gen Come Semugeshi.

2024-10-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukwivuguruza  no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Ukwivuguruza no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Ubwanditsi 06 Feb 2017
FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium

FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium

RUSHYASHYA 02 Mar 2026
Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Ubwanditsi 05 Jul 2020
Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Ubwanditsi 11 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hari Akagambane  Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Hari Akagambane Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Mu mafoto 30: Irebere abayobozi bakuru b’igihugu bari mu myitozo ngororamubiri
IMIKINO

Mu mafoto 30: Irebere abayobozi bakuru b’igihugu bari mu myitozo ngororamubiri

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25
INKURU NYAMUKURU

Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25

Ubwanditsi 27 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru