• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Tariki ya 22 Ukwakira 2024, umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ukaba ubarizwa mu mashyamba ya Congo, uherutse kwandikira Perezida wa Angola, João Lourenço, umuhuza ku makimbirane hagati y’ u Rwanda na Congo ko yabafasha nabo akabahuza la leta y’ u Rwanda.

Iyi ni inama uyu mutwe wagiriwe na Leta ya Tshisekedi dore ko abategetsi benshi muri iki gihugu bavuga ko u Rwanda rugomba kuganira na FDLR niba bashaka ko Congo nayo iganira na M23.

Muri iyo baruwa bati:” Nyakubahwa Président João Manuel Gonçalves Lourenço Perezida wa Angola ukaba n’ umuhuza hagati y’ u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nk’ umuntu watoranijwe n’ umuryango b’ ibihugu by’ ubumwe bwa Afurika nk’ umuhuza hagati ya Repuburika ya Demokarasi ya Congo n’ u Rwanda, nka FDLR twasanze ubuhanga bwanyu ndetse no kwitanga kwanyu byakomeza kugira uruhare mu kugarura amahoro arambye mu karere k’ ibiyaga bigari bya Afurika, kuko twasanze ikibazo cy’ u Rwanda ari ikibazo cya Politike ari nayo mpamvu dushyira ibiganiro imbere kuruta gufata intwaro.

Kuba FDLR iri gusaba ibiganiro ni inama bagiriwe na Tshisekedi bafatanyije urugamba rwo kurwanya M23, kuri Tshisekedi niba u Rwanda rutagaira na FDLR ubwo na Congo ntizaganira na M23. Ibi ni kimwe mu mpamvu zidindiza ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo.

Iyo bigeze igihe cyo kurwanya uyu mutwe, Leta ya Congo ivugako uyu mutwe utakibaho ariko ukawusabira ibiganiro na Leta y’u Rwanda. Tshisekedi arabizi neza ko u Rwanda rutakwicarana n’abajenosideri, abikora kugirango asunike iminsi dore ko yatangije undi muvuno mushyashya wo guhindura Itegeko Nshinga

Mu buvugizi BBC Gahuza ntiyatanzwe mu gutangaza ibyiyi baruwa nk’umuzindaro wa FDLR. Si ubwa mbere FDLR isabye ibiganiro kuko byabaye kenshi mu myaka 30 ishize, ariko Leta y’u Rwanda ibibutsa ko nta biganiro n’abajenosideri, ko ushaka gutaha agomba gutaha, ariko abajenosideri ruharwa muri uyu mutwe bakabaca intege ngo batazasigara bonyine.

Kugeza uyu munsi abarwanyi basaga ibihumbi 12 bamaze gutaha ku bushake bakaba ubu babarizwa mu muryango nyarwanda harimo abo ku rwego rwa Jenerali, urugero rukaba Brig Gen Come Semugeshi.

2024-10-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyo abanyafrika bazibukira kuri Perezida Kagame wari umaze umwaka ayobora AU

Icyo abanyafrika bazibukira kuri Perezida Kagame wari umaze umwaka ayobora AU

Ubwanditsi 08 Feb 2019
U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

Ubwanditsi 26 Nov 2017
KUJYA GUKORERA POLITIKI MU RWANDA NI IHAME RIDAKUKA- TOMAS NAHIMANA

KUJYA GUKORERA POLITIKI MU RWANDA NI IHAME RIDAKUKA- TOMAS NAHIMANA

Ubwanditsi 20 Jan 2016
Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club

Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club

Ubwanditsi 05 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sunrise FC, Rwamagana City, Vision FC na Interforce zo mu kiciro cya kabiri zabonye itike yo gukina imikino ya 1/2 bahatanira gukina ikiciro cya mbere 2022-2023
Amakuru

Sunrise FC, Rwamagana City, Vision FC na Interforce zo mu kiciro cya kabiri zabonye itike yo gukina imikino ya 1/2 bahatanira gukina ikiciro cya mbere 2022-2023

Ubwanditsi 09 Jun 2022
U Rwanda  rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga
POLITIKI

U Rwanda rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Abayobozi b’ikipe  ya Manchester  bafashe  icyemezo cyo ku gabanya imishahara ya bamwe  mu bakinnyi  bayo
IMIKINO

Abayobozi b’ikipe ya Manchester bafashe icyemezo cyo ku gabanya imishahara ya bamwe mu bakinnyi bayo

Ubwanditsi 21 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru