• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Undi mugabo ufite inkomoko mu Rwanda yaburiwe irengero nyuma yo gushimutwa

Uganda: Undi mugabo ufite inkomoko mu Rwanda yaburiwe irengero nyuma yo gushimutwa

Ubwanditsi 24 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Ngo iyi ishobora kuba Noheri itari nziza ku muryango w’Umugande ufite inkomoko mu Rwanda, Johnson Nuunu wo mu Karere ka Ntungamo nyuma yo gushimutwa mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri ushize akuwe mu kabari.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo ya Uganda, NTV, dukesha iyi nkuru, Julius Nuunu, umuhungu w’umuvandimwe wa Johnson Nuunu witwa Eric Kinote,  yavuze ko umuryango we wagejeje ikirego ku gipolisi ariko bakaba badafashwa kongera kumubona.

Ku rundi ruhande ariko, hari amakuru avuga ko uyu mugabo yaba yarashimuswe n’inzego z’umutekano zikamujyana ahantu hatazwi.

Uyu muhungu w’umuvandimwe wa Johnson yavuze ko se yari ari kumwe n’umwishywa we witwa Amon Tumusiime ubwo bari mu kabari bari gufata icyo kunywa, hakaza umugabo akabaza Johnson niba bavugana, undi agaterura Fanta yari arimo kunywa agahaguruka ngo yumve icyo uyu yashakaga kumubwira, undi akamwambura fanta akayisubiza ku meza mbere yo kumufata mu mikandara akamusohora amujyana ahari haparitse imodoka yamutwaye.

Ngo uyu mwishywa we wari usigaye inyuma yabwiwe ko nyirarume bamutwaye asohoka yiruka ahageze imodoka iranduruka n’umuvuduko ku buryo atabashije no kubona ibirango byayo.

Umuhungu wa Johnson Nuunu witwa Joseph kanyesigye yabajijwe niba se hari ibikorwa bya politiki yabagamo byaba ari yo ntandaro y’ishimutwa rye, asubiza agira ati: “Ntabwo ari umunyapolitiki, ntiyigeze akora mu gisirikare, ntiyakoze mu gipolisi..,ntituzi mu by’ukuri impamvu yafashwe.” Yongeyeho ko nk’umuryango we bifuza kumenya aho ari kuko bari mu rujijo.

Johnson Nuunu bivugwa ko ari Umugande ukomoka mu Rwanda.

Umuntu akaba yakwibaza niba ishimutwa rye rifitanye isano n’itabwa muri yombi ry’Abanyarwanda cyangwa Abagande bafite inkomoko mu Rwanda rimaze iminsi ryumvikana muri iki gihugu.

Mu minsi ishize, nibwo twabagejejeho itabwa muri yombi rya Dr Sam Ruvuma ufite umuvandimwe mu ngabo za Uganda, Col Gedeon Katinda, aho byavuzwe ko ifatwa rye rifitanye isano n’impunzi z’Abanyarwanda ziherutse gufatwa zijyanywe mu nkambi za gisirikare za RNC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Usibye uyu Mugande, Umunyarwanda Fidele Gatsinzi nawe aherutse kugaruka mu Rwanda nyuma y’ibyumweru bibiri afungiye muri Uganda akekwahao ibyaha bifitanye isano kujujubya impunzi z’Abanyarwanda ndetse n’ibyaha by’ubutasi.

Uyu akaba yaragaruwe mu Rwanda agaragaza ibimenyetso by’iyicarubozo yakorewe ubwo yari mu maboko y’urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) kuko yanaje agendera mu kagare nyamara yaragiye muri UUganda, aho ngo yari yagiye gusura umuhungu we uhiga ari muzima.

Hagati aho, umuryango wa Johnson Nuunu ukaba usaba guhabwa ubutabera.


2017-12-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rtd. Capt. Safari  Patrick Arishinganisha nyuma yo gutanga amakuru y’ibyagwiririye urugo rwe [ VIDEO ]

Rtd. Capt. Safari Patrick Arishinganisha nyuma yo gutanga amakuru y’ibyagwiririye urugo rwe [ VIDEO ]

Ubwanditsi 20 Mar 2018
Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Ubwanditsi 29 May 2025
Angola:  Inama hagati ya Museveni na Perezida Kagame yanzuye ko inama itaha izabera kumupaka wa Gatuna

Angola: Inama hagati ya Museveni na Perezida Kagame yanzuye ko inama itaha izabera kumupaka wa Gatuna

Ubwanditsi 02 Feb 2020
Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Ubwanditsi 09 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza w’amavubi, Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8
IMIKINO

Umutoza w’amavubi, Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Ubwanditsi 31 Mar 2022
Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi
Amakuru

Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 15 Feb 2022
‘Abo bazakomeza batungurwe’ – Mwiseneza abwira abatangariye inyogosho ye nshya
HIRYA NO HINO

‘Abo bazakomeza batungurwe’ – Mwiseneza abwira abatangariye inyogosho ye nshya

Ubwanditsi 05 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru