• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi

Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 15 Feb 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’imyaka isaga 20 abajenosideri n’ibigarasha birwana no kugereka urupfu rwa Perezida Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi, kuri uyu wa kabiri tariki 15 Gashyantare 2022, Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rwanzuye ko iyo dosiye iteshejwe burundu agaciro, bivuze ko itazagaruka na rimwe mu butabera bw’icyo gihugu.

Iki kirego cyari cyatanzwe n’umuryango wa Habyarimana n’abambari bawo, bashyigikiwe cyane n’umucamanza w’Umufaransa Jean Louis Bruguière wagaragaje kubogama n’urwango rukabije ku Rwanda n’abayobozi barwo.

Uyu Bruguière ni nawe wahise asohora inyandiko zisaba ifatwa ry’abasirikari bakuru mu Ngabo z’u Rwanda, aribo Rose Kabuye, Charles Kayonga, Sam Kanyemera, James Kabarebe, Jack Nziza, Jacob Tumwiine na Frank Nziza.

Jean Louis Bruguière yakoraga ibi byose atarigeze akandagira mu Rwanda, ahubwo akagendera ku batangabuhamya bagambiriye kugirira nabi u Rwanda, barimo abajenosideri n’abahoze mu ngabo za FPR, ariko bakaza kuva mu Rwanda bakoze ibyaha binyuranye.

Undi mucamanza nawe w’Umufaransa, Marc Trévidic yaje gutahura amakosa akabije n’amarangamutima ya Jean Louis Bruguière, we yiyemeza gukora iperereza ryimbitse ku ihanuka ry’indege ya Habyarimana. Yaje mu Rwanda yigerera ahakorewe icyaha, avugana n’abatangabuhamya banyuranye, yifashisha ikoranabuhanga mu mikoreshereze y’ibisasu biremereye, maze yanzura ko ibisasu bya rutura byahanuye iyo ndege byarasiwe mu kigo cya gisirikari cya Kanombe, cyari mu maboko y’ubutegetsi bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Benshi mu bahanga bakurikiranira hafi amateka na politiki by’u Rwanda, bakomeje guhamya ko ibyegera bya Perezida Habyarimana bitishimiye ko yemeye gusinya amasezerano y’amahoro ya Arusha.

Abo bagome barimo Théoneste Bagosora, Agatha Kanziga (umugore wa Habyarimana), n’abandi bari bagize ”Akazu” k’abahezanguni, ntibumva uburyo Leta yabo yasangira ubutegetsi na FPR-Inkotanyi, bitaga”umwanzi”, maze bahitamo kwica Yuvenali Habyarimana kugirango amasezerano ya Arusha aburizwemo.

Umwanzuro w’Urukiko Rusesa Imanza rero uje ushimangira raporo y’Umucamanaza Trèvidic, ukaba unashubije icyubahiro ubutabera bw’Ubufaransa, bwari bwahumanyijwe na Bruguière wahisemo kubogamira kuri Leta y’abicanyi.

Abunganiraga mu mategeko abaregwaga muri iyi dosiye, aribo Me Bernard Maingain na Me Léon Forster, babwiye itangazamakuru ko iyi ari intsinzi y’ubutabera, kandi bikaba bitanga icyizere ko inkiko z’Ubufaransa zishobora kuba zigiye no guhagurukira abidegembya muri icyo gihugu, kandi bakekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ukuri kuratsinze, abanzi nibaririre mu myotsi!!

2022-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza

Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Ukuri ku irigiswa rya Ben Rutabana:  Urukiko Rukuru rwa Kampala rwahishuye ko ari mu maboko ya CMI, rusaba ko aburanishwa

Ukuri ku irigiswa rya Ben Rutabana: Urukiko Rukuru rwa Kampala rwahishuye ko ari mu maboko ya CMI, rusaba ko aburanishwa

Ubwanditsi 24 Feb 2020
URwanda rurasaba abaturage bwarwo  guhagarika kujya ahantu hari icyorezo cya Ebola

URwanda rurasaba abaturage bwarwo  guhagarika kujya ahantu hari icyorezo cya Ebola

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Bishop Rugagi  yaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda

Bishop Rugagi yaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware
Amakuru

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Ubwanditsi 29 Apr 2025
Ese wari uzi ko gusenga ari imwe mu ntwaro zomora ibikomere?
HIRYA NO HINO

Ese wari uzi ko gusenga ari imwe mu ntwaro zomora ibikomere?

Ubwanditsi 11 Apr 2017
Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021
Amakuru

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Ubwanditsi 20 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru