• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi

Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 15 Feb 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’imyaka isaga 20 abajenosideri n’ibigarasha birwana no kugereka urupfu rwa Perezida Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi, kuri uyu wa kabiri tariki 15 Gashyantare 2022, Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rwanzuye ko iyo dosiye iteshejwe burundu agaciro, bivuze ko itazagaruka na rimwe mu butabera bw’icyo gihugu.

Iki kirego cyari cyatanzwe n’umuryango wa Habyarimana n’abambari bawo, bashyigikiwe cyane n’umucamanza w’Umufaransa Jean Louis Bruguière wagaragaje kubogama n’urwango rukabije ku Rwanda n’abayobozi barwo.

Uyu Bruguière ni nawe wahise asohora inyandiko zisaba ifatwa ry’abasirikari bakuru mu Ngabo z’u Rwanda, aribo Rose Kabuye, Charles Kayonga, Sam Kanyemera, James Kabarebe, Jack Nziza, Jacob Tumwiine na Frank Nziza.

Jean Louis Bruguière yakoraga ibi byose atarigeze akandagira mu Rwanda, ahubwo akagendera ku batangabuhamya bagambiriye kugirira nabi u Rwanda, barimo abajenosideri n’abahoze mu ngabo za FPR, ariko bakaza kuva mu Rwanda bakoze ibyaha binyuranye.

Undi mucamanza nawe w’Umufaransa, Marc Trévidic yaje gutahura amakosa akabije n’amarangamutima ya Jean Louis Bruguière, we yiyemeza gukora iperereza ryimbitse ku ihanuka ry’indege ya Habyarimana. Yaje mu Rwanda yigerera ahakorewe icyaha, avugana n’abatangabuhamya banyuranye, yifashisha ikoranabuhanga mu mikoreshereze y’ibisasu biremereye, maze yanzura ko ibisasu bya rutura byahanuye iyo ndege byarasiwe mu kigo cya gisirikari cya Kanombe, cyari mu maboko y’ubutegetsi bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Benshi mu bahanga bakurikiranira hafi amateka na politiki by’u Rwanda, bakomeje guhamya ko ibyegera bya Perezida Habyarimana bitishimiye ko yemeye gusinya amasezerano y’amahoro ya Arusha.

Abo bagome barimo Théoneste Bagosora, Agatha Kanziga (umugore wa Habyarimana), n’abandi bari bagize ”Akazu” k’abahezanguni, ntibumva uburyo Leta yabo yasangira ubutegetsi na FPR-Inkotanyi, bitaga”umwanzi”, maze bahitamo kwica Yuvenali Habyarimana kugirango amasezerano ya Arusha aburizwemo.

Umwanzuro w’Urukiko Rusesa Imanza rero uje ushimangira raporo y’Umucamanaza Trèvidic, ukaba unashubije icyubahiro ubutabera bw’Ubufaransa, bwari bwahumanyijwe na Bruguière wahisemo kubogamira kuri Leta y’abicanyi.

Abunganiraga mu mategeko abaregwaga muri iyi dosiye, aribo Me Bernard Maingain na Me Léon Forster, babwiye itangazamakuru ko iyi ari intsinzi y’ubutabera, kandi bikaba bitanga icyizere ko inkiko z’Ubufaransa zishobora kuba zigiye no guhagurukira abidegembya muri icyo gihugu, kandi bakekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ukuri kuratsinze, abanzi nibaririre mu myotsi!!

2022-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mbonigaba Vincent na Habanzintwari mu bagabo na Amito Sharon na Cathy mu bagore begukanye Mamba  Beach Volleyball Tournament 2023

Mbonigaba Vincent na Habanzintwari mu bagabo na Amito Sharon na Cathy mu bagore begukanye Mamba Beach Volleyball Tournament 2023

Ubwanditsi 18 Dec 2023
I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

Ubwanditsi 11 Mar 2020
Perezida wa Angola Luanda JoãoLourenço yoherereje ubutumwa bugira kabiri bagenzi be bo muri Uganda Yoweri Museveni, n’uRwanda Paul Kagame.

Perezida wa Angola Luanda JoãoLourenço yoherereje ubutumwa bugira kabiri bagenzi be bo muri Uganda Yoweri Museveni, n’uRwanda Paul Kagame.

Ubwanditsi 15 Aug 2019
Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Ubwanditsi 16 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yavuze uko Uganda yamusabye ko Abanyarwanda basubukurayo ingendo akabyanga
POLITIKI

Perezida Kagame yavuze uko Uganda yamusabye ko Abanyarwanda basubukurayo ingendo akabyanga

Ubwanditsi 30 Jan 2020
Umunyabigwi w’Umufaransa Yannick Noah yageze mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour
Amakuru

Umunyabigwi w’Umufaransa Yannick Noah yageze mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour

Ubwanditsi 29 Feb 2024
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakiriye abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro
Mu Mahanga

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakiriye abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 26 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru