• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Ubwanditsi 16 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nkuko byemejwe n’amasezerano ya Luanda yashyizweho umukono mu Ugushyingo umwaka ushize, ingabo za M23 zikomeje kurekura uduce zari zarafashe ziduhereza ingabo z’Afurika y’iburasirazuba. Ariko igihugu cya Kongo gikomeje kwica nkana aya masezerano aho gikomeje gukorana n’imitwe yitwaje intwaro no gushaka abacanshuro.

Tariki ya 10 Mutarama 2022, umukuru w’ingabo za Kongo Kinshasa (FARDC) yageze I Goma mu cyiswe uruzinduko rw’akazi, nyamara yari aje kubonana n’imitwe yitwaje intwaro ngo barebere hamwe uburyo barwanyiriza hamwe M23. Ku mugoroba wo ku itariki ya 11 Lt Gen Tshiwewe yabonanye n’abagize imiryango itegamiye kuri Leta, abavuga rikumvikana muri Kivu y’Amajyaruguru abasaba gutegura imyigaragambyo ku ngabo z’Afurika y’ibirasirazuba ziri muri iki gihugu nkuko bakoze imyigaragambyo ku ngabo za MONUSCO.

Iki cyemezo cyashyizwe mu bikorwa ku buryo bwihuse kuko ubu mu bice bitandukanye mu Burasirazuba bwa Kongo bari gutegura imyigaragambyo simusiga yo kwamagana ingabo z’Akarere k’Iburasirazuba bw’Afurika cyane cyane iza Kenya ngo kuko zitagaba ibitero kuri M23.

Ibi bibangamiye ingabo za Kenya zishobora kugirwaho ingaruka nkuko byabaye kuri MONUSCO ndetse n’abaturage benshi bakahagirira ingaruka. Ibi bikorwa kandi bibangamira abakongomani bavuga ururimi rw’ikinyarwanda ndetse n’abafite isura bita ko ari iy’Abanyarwanda.

Uwo munsi kandi mu ijoro Lt Gen Tshiwewe yabonanye n’imitwe yitwaje intwaro irimo na FDLR babemerera intwaro n’amafaranga ariko bagategura imirwano na M23 ndetse bakinjira mu karere babujijwemo n’amasezerano ya Luanda. Tsiwewe kandi yabijeje ko abacanshuro bageze kuri 300 bamaze ku gera I Goma ko nabo bazafatanya urugamba. Mubandi bitabiriye iyo nama harimo Lt Gen Mbanga ukuriye akarere ka gatatu ka gisirikari, Gen Mayanga ukuriye ibikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro Sokola II, Col Tokolanga ubarizwa mu iperereza wahuje kandi imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR mu nama yabereye Pinga tariki ya 26 Mata 2022. Harimo kandi Brig Gen Hassan Mugabo washinze PARECO ubu akaba abarizwa mu ngabo za Kongo. PARECO niyo yahindutse Nyatura. Harimo n’abahagaraiye imitwe yitwaje intwaro ikorana n’ingabo za FARDC ariyo FDLR, Nyatura, Mai Mai na ACPLS.

Ibi byose byerekana ko Leta ya Kongo ikomeje ibikorwa byo kubangamira amasezerano ya Luanda. Mu nkuru icukumbuye, ikinyamakuru cyo mu Budage TAZ cyatangaje ko abantu bafite uruhu rwera bagaragaye muri imwe muri Hotel I Goma kandi barenze maganabiri, naho imiryango itegamiye kuri Leta yatangaje ko babonye abazungu bari kumwe n’ingabo za Kongo bagendagenda n’ijoro.

Umuvugizi wa Guverinoma Yolande Makolo yatangaje ko u Rwanda rufite amakuru yizewe ko Kongo yiteguye intambara aho yagize ati “Si ubwambere leta ya Kongo ibangamiye ibikorwa byo kugarura amahoro, u Rwanda rukaba ruhangayikishijijwe n’impunzi nyinshi ziziyongera kuzindi zageze mu Rwanda”.

Muri raporo y’itsinda ry’impuguke za LONI yasohotse Ukuboza umwaka ushize, ryemeje ko ingabo za `Kongo zikorana n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR yasize ihekuye u Rwanda

2023-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ubwanditsi 26 Feb 2023
Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Amafoto – Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid yasezeranye na Elsa Iradukunda wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2017

Amafoto – Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid yasezeranye na Elsa Iradukunda wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2017

Ubwanditsi 02 Mar 2023
Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Ubwanditsi 23 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango
POLITIKI

Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango

Ubwanditsi 24 Jan 2020
Canada : Umunyarwanda Robert Kayinamura  ufite abavandimwe muri FDLR yitabye Imana ( Yavuguruwe )
ITOHOZA

Canada : Umunyarwanda Robert Kayinamura ufite abavandimwe muri FDLR yitabye Imana ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 13 Feb 2017
Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside
HIRYA NO HINO

Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside

Ubwanditsi 28 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru