• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

RUSHYASHYA 23 Feb 2026 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda, POLITIKI

Ni inama yateranye ku wa Gatatu, ibera i Kigali. Yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Ubufatanye bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Israel, Afurika n’Uburasirazuba bwo Hagati bushya”

Senateri Ted Cruz, w’Umu-Républicain, Senateri Jacky Rosen, Umu-Démocrate n’uwahoze ari Umujyanama wa Perezida wa Amerika, Donald Trump, mu by’umutekano kuva mu 2019 kugeza mu 2021, Robert O’Brien ni bamwe mu batanze ibiganiro muri iyo nama bifashishije iyakure.

Abateguye iyo nama babwiye Ikinyamakuru The Times of Israel ko yari igamije gushakisha uburyo Afurika yashyirwa ku isonga nk’ahantu hakurikiraho mu gushimangira ubufatanye bwa dipolomasi n’ubw’inyungu rusange hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel, aho u Rwanda rwagaragajwe nk’umufatanyabikorwa w’ingenzi muri uwo murongo.

Iyo nama yagaragaje icyerekezo cya dipolomasi n’imikoranire ishingiye ku ngamba, aho Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizazana ubunararibonye mu by’ingamba n’ubuyobozi ku rwego mpuzamahanga, Israel igatanga ubumenyi mu by’umutekano n’ubushobozi mu guhanga ibishya, naho u Rwanda rukagira uruhare nk’umufatanyabikorwa w’ingenzi w’ibihugu by’Abarabu ndetse rukaba n’irembo ku bindi bihugu bya Afurika.

Muri iki gikorwa hatanzwe ibiganiro bine by’ingenzi birimo icyagarutse ku bigomba kwibandwaho ‘Strategic Foundation’ hagati y’ibihugu byose, icyagarutse ku rwibutso n’ubuyobozi bushingiye ku ndangagaciro nzima, imiterere y’umutekano mu Karere n’ubufatanye bushingiye ku ngamba cyitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda hamwe n’uwahoze ari Intumwa Idasanzwe ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri ako karere.

Hari kandi icyagarutse ku guhanga ibishya no ku gitabo cya Start Up Nation cyatanzwe na Saul Singer wacyanditse na Wendy Singer washinze Umuryango Start-Up Nation Central ugamije guteza imbere ibijyanye no guhanga ibishya no kwihangira imirimo muri Israel.

Ku mugoroba wo ku 19 Gashyantare 2026, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida Kagame na Senateri Daines “baganiriye ku guteza imbere ubufatanye bw’u Rwanda na Amerika, umutekano w’Akarere ndetse no ku mahirwe ajyanye no kwagura ubufatanye mu by’ubukungu.”

Umukuru w’Igihugu kandi yanakiriye Perezida w’Icyubahiro w’Umuryango uharanira isigasirwa ry’Inyungu za Israel muri Amerika, AIPAC, Lee Rosenberg, Umwanditsi Saul Singer, wanditse ibitabo ‘Start-Up Nation’ na ‘The Genius of Israel’ bigaruka kuri Israel.

Start-Up Nation ni igitabo kigaragaza uburyo Israel nk’igihugu gito cyari gifite umutungo utari mwinshi yabashije kuba igihangange mu bijyanye no guhanga ibishya no kwihangira imirimo.

Ni mu gihe The Genius of Israel ari igitabo cyibanda ku muco wa Israel wo guhanga ibishya, kikagaruka ku muco w’Abanya-Israel, imbogamizi iki gihugu cyahuye na zo n’indangagaciro zafashije iki gihugu cyo mu Burasirazuba bwo Hagati kuba ikimenyabose mu bijyanye n’ikoranabuhanga rihambaye n’ubucuruzi burishingiyeho.

Perezida Kagame yanakiriye Wendy Singer wabaye Umuyobozi Mukuru wa AIPAC muri Israel n’itsinda bari kumwe.

Village Urugwiro yakomeje iti “Baganiriye ku gufatanya mu nzego zitandukanye zirimo ibijyanye no guhanga ibishya, kwihangira imirimo n’ikoranabuhanga.”

U Rwanda ni umufatanyabikorwa ukomeye wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu nzego zitandukanye haba uburezi, ubucuruzi, ubuzima, umutekano n’ibindi.

Ubucuruzi bw’ibicuruzwa na serivisi hagati y’u Rwanda na Amerika mu 2024 bwari bufite agaciro ka miliyoni 368,9$, aho ibicuruzwa byahererekanyijwe n’impande zombi bifite agaciro ka miliyoni 74,9$ n’aho serivisi zikiharira miliyoni 294$.

Ku wa 5 Ukuboza 2025 na bwo u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu rwego rw’ubuzima, afite agaciro ka miliyoni 228$, akubiyemo intego yo gushyigikira urwego rw’ubuzima mu Rwanda.

Ni amasezerano yashyiriweho umukono i i Washington D.C muri Amerika.

Mu Ukwakira 2025 kandi Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yahuriye i Washington n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ingufu, Chris Wright, baganira ku gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi mu guhanga ibishya mu rwego rw’ingufu, ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire, gaz karemano ndetse n’icukurwa n’itunganywa ry’amabuye y’agaciro y’ingenzi.

AIPAC yo ni umuryango ukomeye, ugizwe n’abantu bavuga rikumvikana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yashinzwe mu 1951, igira inama ngarukamwaka, aho abifuza kuyobora Amerika bagaragariza uburyo bazabanira Israel cyangwa ibihugu bifite aho bihurira na yo.

Ku rundi ruhande, u Rwanda na Israel bifatanya muri byinshi mu nzego zitandukanye nk’ikoranabuhanga, uburezi, ubuzima, umutekano, ishoramari n’ubuhinzi.

Mu bijyanye n’umutekano, u Rwanda na Israel bifitanye umubano wihariye ushingiye ku guharanira amahoro n’umutekano mu gihe Isi ihanganye n’ibibazo byinshi.

Harimo gufatanya mu mahugurwa, gusangira ubumenyi no gushyira hamwe mu rwego rwo guteza imbere umutekano mu karere no ku rwego mpuzamahanga.

Inama yiga ku mutekano yahuje abahagarariye Amerika, Israel na Afurika bahuriye mu Rwanda

Perezida Kagame yaganiriye n’abo muri Amerika ku gufatanya mu nzego zitandukanye zijyanye no guteza imbere ubukungu

Perezida Kagame yakiriye itsinda rya AIPAC baganira ku guteza imbere ibijyanye no kwihangira imirimo no guhanga ibishya

Perezida Kagame aherutse kwakira abayobozi batandukanye bo muri Amerika bari i Kigali mu Rwanda

2026-02-23
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Ubwanditsi 06 Apr 2021
Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 05 May 2021
Umukongomani Nyamuhombeza, indashima  isebya u Rwanda rwamuhaye byose ubwo yari  mu nkambi mu Rwanda.

Umukongomani Nyamuhombeza, indashima isebya u Rwanda rwamuhaye byose ubwo yari mu nkambi mu Rwanda.

Ubwanditsi 08 Nov 2023
Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Ubwanditsi 07 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika
Amakuru

Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika

Ubwanditsi 29 Jun 2022
Urukundo ruraca amarenga hagati ya Arthur na Fiona Muthoni wabaye igisonga cya Miss Africa 2017
SHOWBIZ

Urukundo ruraca amarenga hagati ya Arthur na Fiona Muthoni wabaye igisonga cya Miss Africa 2017

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama
Amakuru

Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Ubwanditsi 20 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru