• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ituri: Haravugwa umutwe mushya w’inyeshyamba urimo kwisuganya urimo Abagande n’Abanyarwanda

Ituri: Haravugwa umutwe mushya w’inyeshyamba urimo kwisuganya urimo Abagande n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 17 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Congo kandi amaze igihe ahwihwiswa ko haba hari umutwe w’inyeshyamba urimo kwisuganya muri Ituri no muri Beni yemejwe kuri uyu wa kabiri, itariki 16 Ukwakira n’itsinda ryintumwa z’abadepite bavuga ko bafite ibimenyetso by’imyiteguro y’uwo mutwe muri iki gice, ariko bavuga ko ibyo bagezeho mu iperereza ryabo bagiye kubishyikiriza umukuru w’igihugu.

Iri tsinda ry’intumwa z’abadepite ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ryasoje urugendo rwazo muri Beni. Riremeza ko hari umutwe w’inyeshyamba muri iki gice bavuga ko uri kwisuganyiriza muri Teritwari ya Beni, ahahana imbibi na Ituri.

Radio RFI dukesha iyi nkuru iravuga ko mu kiganiro n’itangazamakuru I Bunia, depite Raymond Tcheda Patayi na bagenzi be batangaje ko ibya mbere byavuye mu iperereza ryabo bigenewe ababifitiye uburenganzira, bashaka kuvuga umukuru w’igihugu.

Iyi nkuru ikaba yibutsa ko igisirikare ari cyo cyabaye icya mbere gutangaza iby’uyu mutwe urimo kuvuka hataramenyekana izina ryawo nk’uko byemejwe na Lt Jules Ngongo, umuvugizi w’igisirikare muri Ituri.

Nubwo bivugwa gutyo, hari benshi barimo gukeka ko uyu mutwe mushya w’inyeshyamba ari ihuriro rigizwe n’Abagande, Abanyarwanda n’Abarundi ngo bashobora kuba bari kwifatanya na bamwe mu ngabo za Congo zitwa Hindus abaturage ba Benin na Ituri bakaba bafite impungenge z’ubugizi bwa nabi bushobora kwaduka.

Mu gihe cyashize, hari indi mitwe y’inyeshyamba yagiye yigaragaza muri iki gice nka MRC (mouvement pour la résurrection du Congo) wari ukuriwe na Gen Kakolele na Kambasu Ngeve, wahoze muri RCD/KML waje nyuma kwifatanya na M23.

2018-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Urukiko rukuru rwa Uganda rukorera ahitwa Nambayo, rugiye gusuzuma ikirego cy’ibura rya Ben Rutabana

Urukiko rukuru rwa Uganda rukorera ahitwa Nambayo, rugiye gusuzuma ikirego cy’ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 15 Feb 2020

3 Ibitekerezo

  1. Rebero Jeremy
    October 17, 20183:54 pm -

    Na nyina w’undi abyara umuhungu! Uganda siyo yonyine yatoza abatera Urwanda. Reka tuzumve na Tanzania yafashije undi mutwe! Gusa diplomacy yacu ngo iruta izindi zose ku isi. Ntacyo iyo mitwe yose yageraho kandi tubanye neza n’ibindi bihugu.

    Subiza
    • Sunday
      October 18, 20186:26 am -

      Ntitwabana neza no I did bihugu umwicanyi kagame akiri mukarere. Noneho rero reka bamwigizeyo Abanyarwanda bari mubihugu duturanye nabari mbere mubihugu bagire obusingye .

      Subiza
  2. Turinabo
    October 18, 20187:50 am -

    Wowe wiyise sunday, iyo uvuga ibyo wibuka ko urucira muka so rugatwara nyoko?. Ariko mwagiye mureka kwibabariza imitima koko,niyo utareba wa nyangabirama we nti unumva? ubu amahanga yirirwa asura u Rwanda aje kurwigiraho ibyiza rukora nibyo rumaze kugeraho ari uko ruyoborwa nabi?. Ubuse ibikombe Umuyobozi w’igihugu ahabwa n’amahanga buri munsi nuko baba babuze abandi babiha? naho iyo mitwe iribeshya ntaho izamenera urwatubyaye.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hatangajwe imiterere y’ingengo y’imari y’u Rwanda ya 2019/2020
UBUKUNGU

Hatangajwe imiterere y’ingengo y’imari y’u Rwanda ya 2019/2020

Ubwanditsi 13 Jun 2019
Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 30 Mar 2016
Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Ubwanditsi 19 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru