• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»2020 ntizarenga u Rwanda rutarubaka ahabera imurikagurisha mpuzamahanga-Robert Bapfakurera

2020 ntizarenga u Rwanda rutarubaka ahabera imurikagurisha mpuzamahanga-Robert Bapfakurera

Ubwanditsi 23 Feb 2018 Mu Rwanda

Umuyobozi w’Urugaga nyarwanda rw’abikorera (PSF), Robert Bapfakurera arizeza kuzubaka ahazajya habera imurikagurisha mpuzamahanga bitarenze mu 2020.

JPEG - 64.7 kb
Robert Bapfakurera watorewe kuyobora PSF yahigiye gusoza umushinga wo kubaka ahazajya habera imurikagurisha

Bapfakurera yatorewe kuyobora PSF kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Gashyantare 2018, asimbuye Benjamin Gasamagera.

Yavuze ko azava ku mwanya yatorewe kandi amaze kunoza ubwumvikane na Leta mu by’imisoro no guteza imbere gahunda za Leta.

Yagize ati “Kubaka ahateguwe kubera imurikagurisha mpuzamahanga twese tugomba kubikora muri iyi manda itajya irenza imyaka itatu.”

Bapfakurera usanzwe ari nyiri Hotel Ubumwe Grand Hotel ni we wenyine wahataniye uwo mwanya kuko uwo bahatanaga, Francoise Mubiligi yakuyemo kandidatire.

Bapfakurera yatsindiye kuba Perezida w’Urugaga rw’Abikorera ku majwi y’abamutoye 137 mu bantu 151 bari bagize inteko itora.

Abatowe: Robert Bapfakurera umuyobozi mukuru wa PSF (iburyo), Gishoma Eric umwungirije (hagati) na Mushimiyimana Eugenie watorewe kuba visi Perezida wa wabiri

Abatowe: Robert Bapfakurera umuyobozi mukuru wa PSF (iburyo), Gishoma Eric umwungirije (hagati) na Mushimiyimana Eugenie watorewe kuba visi Perezida wa wabiri

Gasamagera wacuye igihe yavuze ko asize umushinga wo kubaka i Gahanga ahazajya habera imurikagurisha mpuzamahanga ufite ibyangombwa waranokorewe gahunda.

Ati “Ubu hasigaye gushaka abashoramari bazashyira mu bikorwa uwo mushinga ufite agaciro ka miliyoni 45 z’amadolari ya Amerika.”

Uwatorewe Visi Perezida wa mbere wa PSF ni uwitwa Gishoma Eric nawe wahatanye wenyine, nyuma y’uko Uzamukunda Isabelle wari uhatanye nawe akuyemo kandidatire. Gishoma yatowe n’abantu 126 kuri 151 batoye.

Mushimiyimana Eugenie niwe watorewe kuba Visi Perezida wa kabiri wa PSF ku majwi 144 akaba yatsinze Ndungutse Jean Bosco bari bahatanye.

Komite iyobora Urugaga rw’Abikorera ihabwa guhagararira abashoramari bose bakorera mu Rwanda, ikabavuganira mu nzego za Leta no ku rwego mpuzamahanga.

Iyi Komite ihabwa manda y’imyaka itatu, ikaba ishobora kongera gutorwa indi nshuro imwe gusa.

Komite nshya ya PSF yahawe kandi gukomeza ubukangurambaga mu Banyarwanda, bwo guteza ibikorerwa mu Rwanda, kubaka inzego zifasha abikorera kwikemurira ibibazo hatabayeho kwitabaza Leta.

Komite icyuye igihe ya PSF ivuga ko yafashije mu ikurwaho ry’umusoro ku modoka zitwara abantu barenze 30, umusoro ku bicuruzwa byoherezwa hanze y’igihugu, ndetse ko hashyizweho itegeko rirengera umukoresha.

Iyi komite kandi ivuga ko abikorera bato bishyize hamwe bakora imishinga minini 85 ifite agaciro ka miliyari 155Frw, ndetse ko inyubako nyinshi nini mu Rwanda ari iz’Abanyarwanda.

2018-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Ubwanditsi 09 Mar 2016
Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Ubwanditsi 29 Mar 2021
Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Ubwanditsi 02 Aug 2024
U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Ubwanditsi 20 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri Tour du Cameroon 2023
Amakuru

Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri Tour du Cameroon 2023

Ubwanditsi 30 May 2023
Pasiteri Kamanzi wari umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana yitabye Imana
Mu Rwanda

Pasiteri Kamanzi wari umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana yitabye Imana

Ubwanditsi 30 Jul 2018
FIFA: Umubare w’Amakipe azitabira Igikombe cy’Isi 2026 yongerewe
MULTIMEDIA

FIFA: Umubare w’Amakipe azitabira Igikombe cy’Isi 2026 yongerewe

Ubwanditsi 11 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru