• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»2020 ntizarenga u Rwanda rutarubaka ahabera imurikagurisha mpuzamahanga-Robert Bapfakurera

2020 ntizarenga u Rwanda rutarubaka ahabera imurikagurisha mpuzamahanga-Robert Bapfakurera

Ubwanditsi 23 Feb 2018 Mu Rwanda

Umuyobozi w’Urugaga nyarwanda rw’abikorera (PSF), Robert Bapfakurera arizeza kuzubaka ahazajya habera imurikagurisha mpuzamahanga bitarenze mu 2020.

JPEG - 64.7 kb
Robert Bapfakurera watorewe kuyobora PSF yahigiye gusoza umushinga wo kubaka ahazajya habera imurikagurisha

Bapfakurera yatorewe kuyobora PSF kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Gashyantare 2018, asimbuye Benjamin Gasamagera.

Yavuze ko azava ku mwanya yatorewe kandi amaze kunoza ubwumvikane na Leta mu by’imisoro no guteza imbere gahunda za Leta.

Yagize ati “Kubaka ahateguwe kubera imurikagurisha mpuzamahanga twese tugomba kubikora muri iyi manda itajya irenza imyaka itatu.”

Bapfakurera usanzwe ari nyiri Hotel Ubumwe Grand Hotel ni we wenyine wahataniye uwo mwanya kuko uwo bahatanaga, Francoise Mubiligi yakuyemo kandidatire.

Bapfakurera yatsindiye kuba Perezida w’Urugaga rw’Abikorera ku majwi y’abamutoye 137 mu bantu 151 bari bagize inteko itora.

Abatowe: Robert Bapfakurera umuyobozi mukuru wa PSF (iburyo), Gishoma Eric umwungirije (hagati) na Mushimiyimana Eugenie watorewe kuba visi Perezida wa wabiri

Abatowe: Robert Bapfakurera umuyobozi mukuru wa PSF (iburyo), Gishoma Eric umwungirije (hagati) na Mushimiyimana Eugenie watorewe kuba visi Perezida wa wabiri

Gasamagera wacuye igihe yavuze ko asize umushinga wo kubaka i Gahanga ahazajya habera imurikagurisha mpuzamahanga ufite ibyangombwa waranokorewe gahunda.

Ati “Ubu hasigaye gushaka abashoramari bazashyira mu bikorwa uwo mushinga ufite agaciro ka miliyoni 45 z’amadolari ya Amerika.”

Uwatorewe Visi Perezida wa mbere wa PSF ni uwitwa Gishoma Eric nawe wahatanye wenyine, nyuma y’uko Uzamukunda Isabelle wari uhatanye nawe akuyemo kandidatire. Gishoma yatowe n’abantu 126 kuri 151 batoye.

Mushimiyimana Eugenie niwe watorewe kuba Visi Perezida wa kabiri wa PSF ku majwi 144 akaba yatsinze Ndungutse Jean Bosco bari bahatanye.

Komite iyobora Urugaga rw’Abikorera ihabwa guhagararira abashoramari bose bakorera mu Rwanda, ikabavuganira mu nzego za Leta no ku rwego mpuzamahanga.

Iyi Komite ihabwa manda y’imyaka itatu, ikaba ishobora kongera gutorwa indi nshuro imwe gusa.

Komite nshya ya PSF yahawe kandi gukomeza ubukangurambaga mu Banyarwanda, bwo guteza ibikorerwa mu Rwanda, kubaka inzego zifasha abikorera kwikemurira ibibazo hatabayeho kwitabaza Leta.

Komite icyuye igihe ya PSF ivuga ko yafashije mu ikurwaho ry’umusoro ku modoka zitwara abantu barenze 30, umusoro ku bicuruzwa byoherezwa hanze y’igihugu, ndetse ko hashyizweho itegeko rirengera umukoresha.

Iyi komite kandi ivuga ko abikorera bato bishyize hamwe bakora imishinga minini 85 ifite agaciro ka miliyari 155Frw, ndetse ko inyubako nyinshi nini mu Rwanda ari iz’Abanyarwanda.

2018-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Eddy Kenzi yegukanye ibihembo byinshi mu irushanwa Uganda Music Awards 2017, Dore abegukanye ibihembo bose

Eddy Kenzi yegukanye ibihembo byinshi mu irushanwa Uganda Music Awards 2017, Dore abegukanye ibihembo bose

Ubwanditsi 06 Aug 2017
Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke

RUSHYASHYA 31 May 2026
U Rwanda ruyoboye Afurika mu gufata imodoka zibwe

U Rwanda ruyoboye Afurika mu gufata imodoka zibwe

Ubwanditsi 13 Jun 2017
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu

Ubwanditsi 01 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria

Ubwanditsi 10 Feb 2016
Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?
POLITIKI

Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Mugunga Yves yerekeje muri Kiyovu SC avuye muri APR FC, Rayon Sports yasimbuje Rwaka Claude
Amakuru

Mugunga Yves yerekeje muri Kiyovu SC avuye muri APR FC, Rayon Sports yasimbuje Rwaka Claude

Ubwanditsi 17 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru