• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Ubwanditsi 27 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amakuru y’iyirukanwa ry’abo Banyarwanda yemejwe n’Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney, tariki ya 27 Werurwe 2020. Nkuko tubikesha Imvaho nshya.

Gatabazi avuga ko byatangiye mu ntangiriro z’ikicyumweru, abirukanwe ubu bakaba bacumbikiwe ahantu hatandukanye kugira ngo bitabweho uko baje hatagira uwaba afite icyo cyorezo akanduza undi uje atagifite.

Bagiye binjirira mu mirenge itandukanye,y’uturere dukora ku mupaka wa Uganda n’u Rwanda, ari yo Cyanika, Kagogo, Kinyababa, Butaro, Kivuye, Gatebe na Bungwe ho mu karere ka Burera; hari abinjiriye mu mirenge ya Rubaya, Cyumba na Kaniga yo mu karere ka Gicumbi.

Gatabazi yagize ati “Ni byo koko hari abaturage bagera kuri 342 ariko hari n’abandi twakiriye guhera muri iki cyumweru gitangira; babanje kwinjirira muri Burera abandi ninjirira muri Gatuna, ariko abenshi bacaga mu nzira zitemewe ariko nabo iyo ubasobanuje barakubwira ngo batwirukanye tugeze ahangaha baratubwira ngo tujyane n’abamotari nabo bakatujyana mu nzira zitari zo, akarinda agera ku mupaka ahatanemewe.

Bamwe bari muri Gicumbi, twabashyize ahantu ha bonyine kubera ko bavuye mu gihugu kindi kugira ngo badahura n’abo mu ngo hakagira uwaba yakanduza undi; twabahyize mu kigo cya Kagogo, Cyanika, Mwumba abandi bari muri Gicumbi i Kageyo no mu mugi hari hoteli ebyiri zafashwe zari zisanzwe zakira abagenzi, abandi bari ahitwa Karambo hafi no ku Rwesero. Baracyaza rero, na nimugoroba n’uyu munsi mu gitondo hari abo twahuye twaganiriye, bavuye Kampala.”

Guverineri Gatabazi yakomeje avuga ko bagiye bamubwira ko bamwe bageze Kabale muri Uganda ari benshi bigasaba buri wese kwirwanaho kugira ngo agere mu Rwanda. Ati “Iyo tubabajije rero batubwira ko babirukanye, babanje kubabwira ngo Abanyarwanda babazanira Coronavirusi, babafata nk’aho ari bo bazana iyo virusi muri Uganda.

Hanyuma ariko icyaje kugaragara mu minsi itatu ishize ni uko hari ingabo za UPDF (Uganda People Defense Force) ku mupakaka wa Cyanika kugeza ku wo ku ruhande rwa Gicumbi, noneho ba baturage b’Abanyarwanda twabwiraga ngo baze bari bafiteyo utuduka, imirima bahinga n’abasanzwe bakora mu mahoteli no mu maresitora yari agikora muri Uganda, abo bose babazanye ndetse hari n’icyabaye aho bita mu Gahenerezo ugana za Kagogo abari bahafite amaduka bacuruzagamo bavanyemo ibintu byabo, imyaka abaturage barabigabana, hanyuma ubu nabo bari kuza mu Rwanda.

Ntabwo tuzi ikiri inyuma y’ibi byose aiko igihari ni uko nk’uko amabwiriza yacu abivuga imipaka yari ifunze, ntawe ugomba kwambuka ntawe ugomba kuza ariko noneho abongabo barimo kuza bavuga ko babirukanye mu gihugu, ngo ni batware iwabo iyo virusi, ni yo magambo bakoresha.”

Ku munsi wa Kane, ejo hashize honyine, hirukanywe Abanyarwanda bagera ku 145 bakiriwe ku mipaka y’u Rwanda na Uganda, mbere yaho haje hafi 100, kandi n’uyu munsi u Rwanda rukaba rwiteguye kwakira abandi.

Abirukanwa baza nta kimtu bafite mu byo bari batunze, kandi abo mu Gahenerezo hakurya y’u Rwanda bacuruzaga bakaba baje bamaze gusenyerwa no gusahurwa.

Abageze mu Rwanda, bakurikiranwa byihariye, bafite abaganga babakurikirana, bakagaburirwa 3 ku munsi, aharimo n’umunyekongo nawe wari ugiye mu kazi ke muri Uganda. Itsinda rije umunsi umwe rishyirwa ukwaryo rigategereza ko iminsi 14 ishira ngo barebe ko nta kindi kibazo bafite.

Abanyarwanda birukanywe bavuze ko ubu inzego za gisirikare zaho ziri guhiga bukware umunyarwanda aho ari hose kugira ngo yirukanywe ikubagahu.

2020-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.

Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.

Ubwanditsi 15 Dec 2020
BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Ubwanditsi 29 Dec 2023
Nyuma y’impfu z’abari abayobozi ba FLN, Gen. Hamada arakusanya inkunga zo kwisuganya

Nyuma y’impfu z’abari abayobozi ba FLN, Gen. Hamada arakusanya inkunga zo kwisuganya

Ubwanditsi 27 Jan 2020
Abari abayobozi bakuru muri FDLR, La Forge Fils Bazeye n’ Abega bagejejwe imbere y’Urukiko

Abari abayobozi bakuru muri FDLR, La Forge Fils Bazeye n’ Abega bagejejwe imbere y’Urukiko

Ubwanditsi 08 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye
Mu Mahanga

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Usengimana Dany yatandukanye na Police FC, Manzi Thierry na Usengimana Faustin bahinduye amakipe
Amakuru

Usengimana Dany yatandukanye na Police FC, Manzi Thierry na Usengimana Faustin bahinduye amakipe

Ubwanditsi 22 Jul 2023
Amatora : Hari abaturage batarabona ikarita y’itora
Mu Mahanga

Amatora : Hari abaturage batarabona ikarita y’itora

Ubwanditsi 06 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru