• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Ubwanditsi 09 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nyuma y’imyaka ibiri Ben Rutabana aburiwe irengero ariko ntihagire amakuru avuga ko afunze, yihishe se cyangwa yapfuye, ubu noneho nta gushidikanya, Ntakwigendera, wari Umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba wa RNC yarishwe, ndetse abo mu muryango we bamaze kurenzaho agataka.

Mu kiriyo cyabaye ku cyumweru gishize, tariki 07 Ugushyingo hifashishijwe ikoranabuhanga mu itumanaho rya”Zoom”, abavandimwe n’inshuti za Ben Rutabana bahishuye ko yishwe ku kagambane ka Kayumba Nyamwasa babanaga muri RNC, na muramu wa Nyamwasa witwa Frank Ntwari. Mushiki wa Ben Rutabana, Adeline Rwigara Mukangemanyi, we yanavuze ko mbere y’uko musaza we ashimutirwa muri Uganda, yari yaramubwiye kenshi ko Kayumba Nyamwasa na Frank Ntwari bashobora kuzamwica, ngo kuko atemeraga uburiganya n’ubushobozi buke bayoborana RNC.

Icyakora ngo we ntiyemeraga ko bagera aho kwica Rutabana, ngo kuko yumvaga igihango umuryango we wagiranye na Kayumba Nyamwasa kitatuma abakorera ubugome nk’ubwo.

Ntabwo ari Mukangemanyi gusa washinje Nyamwasa na Ntwari urupfu rwa musaza we, kuko hari n’abandi bahoze ari abayoboke ba RNC nka Benoit Umuhoza, wavugiye muri icyo kiriyo ko Kayumba Nyamwasa n’abamushyigikiye ari abicanyi ruharwa, ngo kuko bamaze kwambura ubuzima abanenga imikorere ye benshi, barimo na Ben Rutabana.

Tariki ya 08 Ugushyingo 2019, nibwo Ben Rutabana yashimutiwe muri Uganda, aho ngo yari agiye kugenzura ibikorwa bya RNC, byo gutegura intambara ku Rwanda. Aho muri Uganda ntacyo yikangaga, kuko Perezida Yoweri Museveni n’urwego rw’ubutasi rw’ icyo gihugu, CMI, bari basanzwe ari abafatanyabikorwa.

Icyizere cyaje kuraza amasinde ariko,kuko Abel Kandiho uyobora CMI yamunyujije iy’ubusamo, amunyuza mu nzira itazatuma agaruka ukundi. Inkoramaraso ihorana inkota mu ntoki.

Nyuma y’inkuru yo kuburirwa irengero kwa Rutabana, kugeza n’uyu munsi hari benshi bari bakibwira ko ashobora kuba abitse ahantu, umunsi umwe akazagaragazwa hagamijwe kwerekana ko Kayumba Nyamwasa, Kaguta Museveni, Abel Kandiho na Frank Ntwari bashinjwe ibinyoma, nyamara amagambo ashize ivuga, ku mazina ya Ben Rutabana kuva ubu ushatse wakongeraho“nyakwigendera”.

Icyo umuntu yakwibaza muri ibi byose ariko, ni ukuntu Rutabana yari azi neza ko Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke bamugera amajanja, agakomeza gukorana nabo. Yari azi neza ko atari we wa mbere azaba yishe, ariko akomeza kuba igikoresho cye. Urutonde rw’abo yahitanye rumaze kuba rurerure

Uretse Ben Rutabana, hari kandi Abdou Nur Nsanzamahoro, Gabriel Kanyangusho, Petronile Mukarugwiza bitaga”Mama Bonheur”, Seif Bamporiki, Casmir Nkurunziza, n’abandi bazize kwamagana ubujura bwa Nyamwasa muri RNC. Ni ya matwi arimo urupfu atumva ikengeri (Ihoni). Nta gitangaje ariko, kuko uretse no kugambanira ibyihebe nkawe, n’u Rwanda yararugambaniye atitaye ku kuba rwaramubyaye, rukamugira ibyo yabaye byose. Ajye yibuka gusa ko igihango gisama!!

2021-11-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène wayoboraga FERWAFA yeguye kuri iyi mirimo avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène wayoboraga FERWAFA yeguye kuri iyi mirimo avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Uko Sarah Kagingo  Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Uko Sarah Kagingo Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru

Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 30 Aug 2017
u Burundi bwemeye kwakira  imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

u Burundi bwemeye kwakira imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

Ubwanditsi 03 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix
Amakuru

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Ubwanditsi 06 Aug 2020
Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS
Mu Mahanga

Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside
Mu Mahanga

Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 07 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru