• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ngoma : Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara

Ngoma : Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara

Ubwanditsi 03 May 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa kane tariki ya 28 Mata 2016, Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi 3 mu Ntara y’Uburasirazuba aho yarutangiriye mu karere ka Ngoma, i Ngoma Perezida Kagame yasabye abaturage bafatanyije gukora ibishoboka byose bakarwanya ubukene.

Mu ijambo ry’umukuru w’igihugu yibukije abaturage ba Ngoma ko yaje kugira ngo baganire ku rugamba rwo kurwanya ubukene, yabibukije ko muri Ngoma bafite ubukungu bwinshi bagomba guheraho barwanya ubukene.

Perezida Kagame yavuze ko mu rugamba rwo kurwanya ubukene umuntu ahera kubyo afite, yibutsa abanya Ngoma ko bafite ubuhinzi n’ubworozi ari naho bagomba guhera baburwanya.

Yagize ati: iyo hari uburyo bwo kurwanya ubukene , hagomba gukorwa ibishoboka byose bugashira.Tugomba guhinga bya kijyambere dutera imbuto z’indobanure ntidutegereze imvura kandi hari ibiyaga bitwegereye.

Perezida Kagame yibukije abaturage ba Ngoma ko ibyo bazabigeraho bafatanyije ari nayo mpamvu yabasuye.

yagize ati urugamba rwo kurwanya ubukene rurakomeje,ndabizeza ko tuzakomeza gufatanya kurwana urwo rugamba.

Perezida Kagame yaboneyeho kwibutsa ababyeyi gushyira imbaraga mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara bakabohereza kwiga, aho yavuze ko umwana atakwiga ashoje. Yavuze ko kugira ngo umwana yige neza agomba imirire myiza , amashanyarazi na interineti.

Imiterere y’Akarere ka Ngoma:

Akarere ka Ngoma gafite umwihariko kuva kera wo guhinga urutoki ku gigero cyo hejuru.

Akarere ka Ngoma kagizwe n’ imirenge 14 :

Gashanda,Jarama,Karembo,Kazo,Kibungo,Mugesera,Murama,Mutenderi,Remera,
Rukira,Rukumberi,Serenge,Sake na Zaza.

Ubuyobozi bw’ aka Karere buratangaza ko kuri ubu amashyanyarazi amaze kugera kuri 30% Akarere kakaba kariyemeje ko buri mwaka amashyarazi agomba kwiyongera ku kigero cy’ 10%.Amazi meza yageze ku kigero cya 85%.

Ubushakshatsi buheruka gukorwa n’ ikigo cy’ igihugu cy’ imiyoborere RGB bwagaraje ko ku kigero cya 83% abatuye aka Karere ka Ngoma bishimiye uburyo bayobowe.

Akarere ka Ngoma kamaze imyaka ibiri ku mwanya wa kabiri mu kwesa imihingo y’ uturere. Aka karere kaza ku mwanya wa 9 mu turere dukennye kurusha utundi mu Rwanda.

-2734.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame afite uruzinduko rw’iminsi itatu mu Ntara y’Uburasirazuba

2016-05-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Burundi: Urukiko rwateye utwatsi ibirego by’Amizero y’Abarundi rwemeza ibyavuye muri referandumu

Burundi: Urukiko rwateye utwatsi ibirego by’Amizero y’Abarundi rwemeza ibyavuye muri referandumu

Ubwanditsi 01 Jun 2018
Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Ubwanditsi 17 Jul 2021
Umuhamya w’Amateka: 7/1/1994, Kavaruganda yahuye na Booh-Booh, Abayobozi ba FAR bahura n’ab’Interahamwe

Umuhamya w’Amateka: 7/1/1994, Kavaruganda yahuye na Booh-Booh, Abayobozi ba FAR bahura n’ab’Interahamwe

Ubwanditsi 13 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paris: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Simbikangwa cyo gutesha agaciro iburanisha rya mbere
ITOHOZA

Paris: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Simbikangwa cyo gutesha agaciro iburanisha rya mbere

Ubwanditsi 29 Oct 2016
Imyiteguro n’ishyirwamubikorwa by’u Rwanda mu gukumira icyorezo cya COVID-19 ishobora kuzarugeza ku ntsinzi
Mu Rwanda

Imyiteguro n’ishyirwamubikorwa by’u Rwanda mu gukumira icyorezo cya COVID-19 ishobora kuzarugeza ku ntsinzi

Ubwanditsi 15 Apr 2020
Kanimba, Tugireyezu na Stella Ford ntibagaragara mu ikipe nshya ya Kagame
Mu Rwanda

Kanimba, Tugireyezu na Stella Ford ntibagaragara mu ikipe nshya ya Kagame

Ubwanditsi 31 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru