• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Imyiteguro n’ishyirwamubikorwa by’u Rwanda mu gukumira icyorezo cya COVID-19 ishobora kuzarugeza ku ntsinzi

Imyiteguro n’ishyirwamubikorwa by’u Rwanda mu gukumira icyorezo cya COVID-19 ishobora kuzarugeza ku ntsinzi

Ubwanditsi 15 Apr 2020 Mu Rwanda

Ibihugu byose by’Isi n’u Rwanda rurimo byugarijwe n’icyorezo cya CORONAVIRUS giterwa n’agakoko ko mu bwoko bwa COVID-19, aho kugeza ubu kubera iki cyorezo ubukungu bw’abatuye Isi bushobora kuzagabanuka ku kigero cya 0.1% nk’uko bitangazwa n’Ikigega mpuzamahanga cy’imari, IMF.

Iyi ndwara idasanzwe yagaragaye bwa mbere mu gihugu cy’Ubushinwa kuva mu Ugushyingo umwaka wa 2019, ikaba imaze guhitana yo benshi. Kugeza uyu munsi, iyi ndwara ihangayikishije cyane cyane ibihugu bikomeye nka Amerika, aho muri Afurika isa nk’aho itabateye ubwoba cyane kubera ingamba bafashe no kuba bamwe badashoboye guhangana na yo bityo bagahitamo kwiyakira.

Perezida wa Tanzaniya John Magufuli aherutse gutangaza ko icyo igihugu cye gishyize imbere ari amasengesho aho kureka ubukungu bw’abenegihugu bujya mu kaga.

Kuva icyi cyorezo cyagera mu Rwanda ubwo hagaragaraga umurwayi wa mbere (Umuhinde wageze mu Rwanda aturutse i Mumbai mu Buhinde tariki 13 Werurwe 2020 bikemezwa tariki 14 Werurwe, u Rwanda rwafashe ingamba zikomeye zo guhangana n’iki cyorezo.

Izi ngamba zashyizweho na Minisiteri y’ubuzima zirimo gukomeza gukurikiza amabwiriza yatanzwe, by’umwihariko abantu bakaraba intoki bakoresheje umuti wabugenewe, birinda guterana mu kivunge, kandi batanga amakuru mu gihe cyose babonye umuntu ufite ibimenyetso by’icyo cyorezo, bahamagara ku murongo utishyurwa wa 114.

Uko umubare w’abandura iki cyorezo urushaho kugenda wiyongera, hafashwe izindi ngamba zikakaye zirimo kuguma mu rugo no gufunga imwe mu mirimo ituma abantu benshi bahura nk’amahoteli, utubari, ibigo by’ubucuruzi bitanga serivisi zitari ibyo kurya, amasengero n’amashuri, n’ibindi ndetse abantu babwirizwa gushyira intera ya metero imwe igihe bagendana cyangwa baganira, dore ko gusuhuzanya bahana ibiganza cyangwa bahoberana bimaze kuba nk’umugani cyangwa amateka kuva aho iki cyorezo gikandagirije amajanja mu gihugu cy’u Rwanda.

Ibi byose u Rwanda rurimo gukora bikaba bigaragaza intsinzi ishoboka yo gutsimbura icyorezo cya COVID-19, dore ko mu barwayi bose bamaze gutahurwaho iyi ndwara 49 bamaze kuyikira nk’uko Minisiteri y’ubuzima yabitangaje ku wa mbere tariki 13 Werurwe 2020.

Bimaze kugaragara ko iyi ndwara yihuta cyane mu gukwirakwira mu banyarwanda, u Rwanda rwari rwashyizeho ibwiriza ryo kubwira abaturage kuguma mu ngo zabo mu gihe cy’ibyumweru bibiri byari biteganyijwe kurangira muri  Werurwe 2020, ariko biza kuba ngombwa ko iyi minsi yongerwaho ibindi byumweru bibiri bizarangira tariki 19 Mata 2020. Icyumweru kimwe mbere y’iri bwiriza gisa nk’aho cyarangiriye mu kwitegereza aho umuvuduko w’iyi ndwara uganisha,izindi ngamba zarakomeje.

N’ubwo umubare w’abakira iyi ndwara ukomeje kuizamuka aho kugeza ubu mu Rwanda abarwayi 49 bamaze gusezererwa, ingamba zo gukumira zirakomeza kugeza aho Minisiteri izabonera ko ari ngombwa ibikorwa bifunze bikongera gukora.

Mu kiganiro kuri Televiziyo Rwanda , Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr Nsanzimana Sabin, avuga ko abantu bakwiye gukomeza kwitwararika, kuko byagaragaye ko hari abantu bagendana Coronavirus batabizi kuko nta kimenyetso na kimwe bagaragaza, nyamara bashobora kuyikwirakwiza mu bandi.

Ati “Abenshi twagiye tubabona bitewe n’uko yahuye n’uwari ufite nk’ikimenyetso, ugasanga undi ameze neza, wanabimubwira akakugisha impaka ati ‘banza unyereke igisubizo’, ukabimwereka. Hari abantu benshi rero bagendana virus batabizi.”

Dr Nsanzimana avuga ko Laboratwari ya RBC ipima Coronavirus, ubwo yatangiraga gupima iki cyorezo muri Mutarama itahereye ku busa, kuko yari imaze kugira ubushobozi bwo gupima icyorezo cya Ebola kandi nacyo gikomeye.

Byanagaragaye ko u Rwanda rumaze kubaka ubushobozi mu rwego rwo gupima iyi ndwara, aho uyu munsi rufite ubushobozi bwo gupima abantu bari hagati ya 800 na 1000 ku munsi.

Abarwayi bose bamaze gutahurwaho icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda bagera ku 134 hakaba nta n’umwe uratakaza ubuzima.

Kugeza ubu ku isi yose umubare w’abanduye iyi ndwara urabarirwa muri 1,970,220, mu gihe abagera kuri 124,544 bo mu bihugu 185 bamaze kuhatakariza ubuzima.

2020-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyabugenge François Graner yitabaje urukiko nyuma yo kwangirwa kugera ku nyandiko z’ibikorwa by’u Bufaransa mu Rwanda

Umunyabugenge François Graner yitabaje urukiko nyuma yo kwangirwa kugera ku nyandiko z’ibikorwa by’u Bufaransa mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jul 2017
Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

RUSHYASHYA 20 Feb 2026
Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

RUSHYASHYA 08 Nov 2025
Mu burundi:   Abagabo babiri bigeze kuyobora u Burundi   bashobora guhitanwa na Nkurunziza mu minsi yavuba

Mu burundi: Abagabo babiri bigeze kuyobora u Burundi bashobora guhitanwa na Nkurunziza mu minsi yavuba

Ubwanditsi 16 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda : Gicumbi, Meya Yeguye nta n’icyumweru aramara ku buyobozi
Mu Rwanda

Tour du Rwanda : Gicumbi, Meya Yeguye nta n’icyumweru aramara ku buyobozi

Ubwanditsi 01 Jun 2018
Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu
Amakuru

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora
Mu Mahanga

Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora

Ubwanditsi 25 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru