• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Imyiteguro n’ishyirwamubikorwa by’u Rwanda mu gukumira icyorezo cya COVID-19 ishobora kuzarugeza ku ntsinzi

Imyiteguro n’ishyirwamubikorwa by’u Rwanda mu gukumira icyorezo cya COVID-19 ishobora kuzarugeza ku ntsinzi

Ubwanditsi 15 Apr 2020 Mu Rwanda

Ibihugu byose by’Isi n’u Rwanda rurimo byugarijwe n’icyorezo cya CORONAVIRUS giterwa n’agakoko ko mu bwoko bwa COVID-19, aho kugeza ubu kubera iki cyorezo ubukungu bw’abatuye Isi bushobora kuzagabanuka ku kigero cya 0.1% nk’uko bitangazwa n’Ikigega mpuzamahanga cy’imari, IMF.

Iyi ndwara idasanzwe yagaragaye bwa mbere mu gihugu cy’Ubushinwa kuva mu Ugushyingo umwaka wa 2019, ikaba imaze guhitana yo benshi. Kugeza uyu munsi, iyi ndwara ihangayikishije cyane cyane ibihugu bikomeye nka Amerika, aho muri Afurika isa nk’aho itabateye ubwoba cyane kubera ingamba bafashe no kuba bamwe badashoboye guhangana na yo bityo bagahitamo kwiyakira.

Perezida wa Tanzaniya John Magufuli aherutse gutangaza ko icyo igihugu cye gishyize imbere ari amasengesho aho kureka ubukungu bw’abenegihugu bujya mu kaga.

Kuva icyi cyorezo cyagera mu Rwanda ubwo hagaragaraga umurwayi wa mbere (Umuhinde wageze mu Rwanda aturutse i Mumbai mu Buhinde tariki 13 Werurwe 2020 bikemezwa tariki 14 Werurwe, u Rwanda rwafashe ingamba zikomeye zo guhangana n’iki cyorezo.

Izi ngamba zashyizweho na Minisiteri y’ubuzima zirimo gukomeza gukurikiza amabwiriza yatanzwe, by’umwihariko abantu bakaraba intoki bakoresheje umuti wabugenewe, birinda guterana mu kivunge, kandi batanga amakuru mu gihe cyose babonye umuntu ufite ibimenyetso by’icyo cyorezo, bahamagara ku murongo utishyurwa wa 114.

Uko umubare w’abandura iki cyorezo urushaho kugenda wiyongera, hafashwe izindi ngamba zikakaye zirimo kuguma mu rugo no gufunga imwe mu mirimo ituma abantu benshi bahura nk’amahoteli, utubari, ibigo by’ubucuruzi bitanga serivisi zitari ibyo kurya, amasengero n’amashuri, n’ibindi ndetse abantu babwirizwa gushyira intera ya metero imwe igihe bagendana cyangwa baganira, dore ko gusuhuzanya bahana ibiganza cyangwa bahoberana bimaze kuba nk’umugani cyangwa amateka kuva aho iki cyorezo gikandagirije amajanja mu gihugu cy’u Rwanda.

Ibi byose u Rwanda rurimo gukora bikaba bigaragaza intsinzi ishoboka yo gutsimbura icyorezo cya COVID-19, dore ko mu barwayi bose bamaze gutahurwaho iyi ndwara 49 bamaze kuyikira nk’uko Minisiteri y’ubuzima yabitangaje ku wa mbere tariki 13 Werurwe 2020.

Bimaze kugaragara ko iyi ndwara yihuta cyane mu gukwirakwira mu banyarwanda, u Rwanda rwari rwashyizeho ibwiriza ryo kubwira abaturage kuguma mu ngo zabo mu gihe cy’ibyumweru bibiri byari biteganyijwe kurangira muri  Werurwe 2020, ariko biza kuba ngombwa ko iyi minsi yongerwaho ibindi byumweru bibiri bizarangira tariki 19 Mata 2020. Icyumweru kimwe mbere y’iri bwiriza gisa nk’aho cyarangiriye mu kwitegereza aho umuvuduko w’iyi ndwara uganisha,izindi ngamba zarakomeje.

N’ubwo umubare w’abakira iyi ndwara ukomeje kuizamuka aho kugeza ubu mu Rwanda abarwayi 49 bamaze gusezererwa, ingamba zo gukumira zirakomeza kugeza aho Minisiteri izabonera ko ari ngombwa ibikorwa bifunze bikongera gukora.

Mu kiganiro kuri Televiziyo Rwanda , Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr Nsanzimana Sabin, avuga ko abantu bakwiye gukomeza kwitwararika, kuko byagaragaye ko hari abantu bagendana Coronavirus batabizi kuko nta kimenyetso na kimwe bagaragaza, nyamara bashobora kuyikwirakwiza mu bandi.

Ati “Abenshi twagiye tubabona bitewe n’uko yahuye n’uwari ufite nk’ikimenyetso, ugasanga undi ameze neza, wanabimubwira akakugisha impaka ati ‘banza unyereke igisubizo’, ukabimwereka. Hari abantu benshi rero bagendana virus batabizi.”

Dr Nsanzimana avuga ko Laboratwari ya RBC ipima Coronavirus, ubwo yatangiraga gupima iki cyorezo muri Mutarama itahereye ku busa, kuko yari imaze kugira ubushobozi bwo gupima icyorezo cya Ebola kandi nacyo gikomeye.

Byanagaragaye ko u Rwanda rumaze kubaka ubushobozi mu rwego rwo gupima iyi ndwara, aho uyu munsi rufite ubushobozi bwo gupima abantu bari hagati ya 800 na 1000 ku munsi.

Abarwayi bose bamaze gutahurwaho icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda bagera ku 134 hakaba nta n’umwe uratakaza ubuzima.

Kugeza ubu ku isi yose umubare w’abanduye iyi ndwara urabarirwa muri 1,970,220, mu gihe abagera kuri 124,544 bo mu bihugu 185 bamaze kuhatakariza ubuzima.

2020-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwahoze ari Visi Perezida wa FDLR Straton Musoni yasoje amahugurwa yo gusubira mu buzima busanzwe atangaza byinshi kuri uwo mutwe w’iterabwoba

Uwahoze ari Visi Perezida wa FDLR Straton Musoni yasoje amahugurwa yo gusubira mu buzima busanzwe atangaza byinshi kuri uwo mutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 24 Jul 2023
Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda

Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2018
Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ubwanditsi 28 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino Cote d’Ivoire yatsizemo Senegal ibasha kugera ku mukino wa nyuma wa AfroBasket uri buyihuze na Tunisia
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino Cote d’Ivoire yatsizemo Senegal ibasha kugera ku mukino wa nyuma wa AfroBasket uri buyihuze na Tunisia

Ubwanditsi 05 Sep 2021
Perezida Kagame azayobora inama y’abakuru b’ibihugu yiga ku kibazo cya RDC
POLITIKI

Perezida Kagame azayobora inama y’abakuru b’ibihugu yiga ku kibazo cya RDC

Ubwanditsi 16 Jan 2019
U Rwanda rwigiye ku mateka mabi rwanyuzemo ku buryo ubu rurangamiye ahazaza- Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwigiye ku mateka mabi rwanyuzemo ku buryo ubu rurangamiye ahazaza- Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru