• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Imyiteguro n’ishyirwamubikorwa by’u Rwanda mu gukumira icyorezo cya COVID-19 ishobora kuzarugeza ku ntsinzi

Imyiteguro n’ishyirwamubikorwa by’u Rwanda mu gukumira icyorezo cya COVID-19 ishobora kuzarugeza ku ntsinzi

Ubwanditsi 15 Apr 2020 Mu Rwanda

Ibihugu byose by’Isi n’u Rwanda rurimo byugarijwe n’icyorezo cya CORONAVIRUS giterwa n’agakoko ko mu bwoko bwa COVID-19, aho kugeza ubu kubera iki cyorezo ubukungu bw’abatuye Isi bushobora kuzagabanuka ku kigero cya 0.1% nk’uko bitangazwa n’Ikigega mpuzamahanga cy’imari, IMF.

Iyi ndwara idasanzwe yagaragaye bwa mbere mu gihugu cy’Ubushinwa kuva mu Ugushyingo umwaka wa 2019, ikaba imaze guhitana yo benshi. Kugeza uyu munsi, iyi ndwara ihangayikishije cyane cyane ibihugu bikomeye nka Amerika, aho muri Afurika isa nk’aho itabateye ubwoba cyane kubera ingamba bafashe no kuba bamwe badashoboye guhangana na yo bityo bagahitamo kwiyakira.

Perezida wa Tanzaniya John Magufuli aherutse gutangaza ko icyo igihugu cye gishyize imbere ari amasengesho aho kureka ubukungu bw’abenegihugu bujya mu kaga.

Kuva icyi cyorezo cyagera mu Rwanda ubwo hagaragaraga umurwayi wa mbere (Umuhinde wageze mu Rwanda aturutse i Mumbai mu Buhinde tariki 13 Werurwe 2020 bikemezwa tariki 14 Werurwe, u Rwanda rwafashe ingamba zikomeye zo guhangana n’iki cyorezo.

Izi ngamba zashyizweho na Minisiteri y’ubuzima zirimo gukomeza gukurikiza amabwiriza yatanzwe, by’umwihariko abantu bakaraba intoki bakoresheje umuti wabugenewe, birinda guterana mu kivunge, kandi batanga amakuru mu gihe cyose babonye umuntu ufite ibimenyetso by’icyo cyorezo, bahamagara ku murongo utishyurwa wa 114.

Uko umubare w’abandura iki cyorezo urushaho kugenda wiyongera, hafashwe izindi ngamba zikakaye zirimo kuguma mu rugo no gufunga imwe mu mirimo ituma abantu benshi bahura nk’amahoteli, utubari, ibigo by’ubucuruzi bitanga serivisi zitari ibyo kurya, amasengero n’amashuri, n’ibindi ndetse abantu babwirizwa gushyira intera ya metero imwe igihe bagendana cyangwa baganira, dore ko gusuhuzanya bahana ibiganza cyangwa bahoberana bimaze kuba nk’umugani cyangwa amateka kuva aho iki cyorezo gikandagirije amajanja mu gihugu cy’u Rwanda.

Ibi byose u Rwanda rurimo gukora bikaba bigaragaza intsinzi ishoboka yo gutsimbura icyorezo cya COVID-19, dore ko mu barwayi bose bamaze gutahurwaho iyi ndwara 49 bamaze kuyikira nk’uko Minisiteri y’ubuzima yabitangaje ku wa mbere tariki 13 Werurwe 2020.

Bimaze kugaragara ko iyi ndwara yihuta cyane mu gukwirakwira mu banyarwanda, u Rwanda rwari rwashyizeho ibwiriza ryo kubwira abaturage kuguma mu ngo zabo mu gihe cy’ibyumweru bibiri byari biteganyijwe kurangira muri  Werurwe 2020, ariko biza kuba ngombwa ko iyi minsi yongerwaho ibindi byumweru bibiri bizarangira tariki 19 Mata 2020. Icyumweru kimwe mbere y’iri bwiriza gisa nk’aho cyarangiriye mu kwitegereza aho umuvuduko w’iyi ndwara uganisha,izindi ngamba zarakomeje.

N’ubwo umubare w’abakira iyi ndwara ukomeje kuizamuka aho kugeza ubu mu Rwanda abarwayi 49 bamaze gusezererwa, ingamba zo gukumira zirakomeza kugeza aho Minisiteri izabonera ko ari ngombwa ibikorwa bifunze bikongera gukora.

Mu kiganiro kuri Televiziyo Rwanda , Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr Nsanzimana Sabin, avuga ko abantu bakwiye gukomeza kwitwararika, kuko byagaragaye ko hari abantu bagendana Coronavirus batabizi kuko nta kimenyetso na kimwe bagaragaza, nyamara bashobora kuyikwirakwiza mu bandi.

Ati “Abenshi twagiye tubabona bitewe n’uko yahuye n’uwari ufite nk’ikimenyetso, ugasanga undi ameze neza, wanabimubwira akakugisha impaka ati ‘banza unyereke igisubizo’, ukabimwereka. Hari abantu benshi rero bagendana virus batabizi.”

Dr Nsanzimana avuga ko Laboratwari ya RBC ipima Coronavirus, ubwo yatangiraga gupima iki cyorezo muri Mutarama itahereye ku busa, kuko yari imaze kugira ubushobozi bwo gupima icyorezo cya Ebola kandi nacyo gikomeye.

Byanagaragaye ko u Rwanda rumaze kubaka ubushobozi mu rwego rwo gupima iyi ndwara, aho uyu munsi rufite ubushobozi bwo gupima abantu bari hagati ya 800 na 1000 ku munsi.

Abarwayi bose bamaze gutahurwaho icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda bagera ku 134 hakaba nta n’umwe uratakaza ubuzima.

Kugeza ubu ku isi yose umubare w’abanduye iyi ndwara urabarirwa muri 1,970,220, mu gihe abagera kuri 124,544 bo mu bihugu 185 bamaze kuhatakariza ubuzima.

2020-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame aziyamamaza mu turere twose, anamamazwe urugo ku rundi

Kagame aziyamamaza mu turere twose, anamamazwe urugo ku rundi

Ubwanditsi 12 Jul 2017
Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Ubwanditsi 18 Jan 2022
Kirehe: Abayobozi b’ibigo by’amashuri bitatu bari mu mazi abira

Kirehe: Abayobozi b’ibigo by’amashuri bitatu bari mu mazi abira

Ubwanditsi 16 May 2018
Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC: Murumuna wa Jonathan Musonera  aramwihakana
ITOHOZA

RNC: Murumuna wa Jonathan Musonera aramwihakana

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte
ITOHOZA

Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte

Ubwanditsi 31 Oct 2016
Inama nyunguranabitekerezo ku gusubukurwa kwa shampiyona y’u Rwanda, yanzuye ko amakipe ajya mu mwiherero ndetse agapimwa incuro ebyiri mu cyumweru
Amakuru

Inama nyunguranabitekerezo ku gusubukurwa kwa shampiyona y’u Rwanda, yanzuye ko amakipe ajya mu mwiherero ndetse agapimwa incuro ebyiri mu cyumweru

Ubwanditsi 05 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru