• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Ubwanditsi 09 Jul 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Amaraso arasama, kandi uzahemukira u Rwanda ntazigera ashyira umutima mu gitereko. Dore nk’ubu amakuru atugeraho avuye muri Mozambike, aravuga ko interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu byatangiye guhinda umushyitsi byibaza noneho aho byerekeza, kuko byumva akabyo kashobotse.

Kubunza imitima byatangiye mu minsi ishize ubwo Perezida wa Mozambike yagiriraga uruzinduko mu Rwanda, ndetse hakavugwa amakuru y’uko Perezida Filipe Nyusi yagenzwaga no gusaba mugenzi we w’uRwanda, Paul Kagame, kumwoherereza ingabo zo kubungabunga umutekano ubangamiwe n’ibikorwa by’iterabwoba.

Iyi nkuru yateye ubwoba cyane imitwe y’iterabwoba, ndetse RNC ya Kayumba Nyamwasa ikora uko ishoboye ngo igikorwa cyo kohereza ingabo z’uRwanda muri Mozambike kiburizwemo, ariko ibyifuzo byayo byimwa agaciro, nk’uko bisanzwe.

Byageze n’aho uwitwa David Himbara, umugaragu wa Nyamwasa na Museveni, yikinisha akwiza ku mbuga nkoranyambaga ko ngo bageze ku mugambi wo gutambamira ingabo z’uRwanda, zikaba zitakigiye muri Mozambike. Ntimumbaze umwobo Himbara na bashebuja bihishemo kubera ikimwaro, kuko inkuru ibagezeho ibashegeshe bitavugwa.

Abajenosideri n’ abafatanyabikorwa babo b’ibigarasha barushijeho kudagadwa kuri uyu wa gatanu, ubwo Leta y’uRwanda yasohoraga itangazo rivuga ko mu minsi ya vuba igiye kohereza abasirikari n’abapolisi 1.000, bakajya mu Ntara ya Cabo Delgado imaze igihe yaribasiwe n’ibikorwa by’iterabwoba.

Iyo ntara kandi ni imwe mu zituyemo abo Banyarwanda b’abagizi ba nabi, cyane cyane interahamwe zahuze imijyi minini nka Maputo, zitinya gutabwa muri yombi.

Abantu basanzwe baduha amakuru yizewe batubwiye ko izo nzererezi ubu zatangiye gutekereza kuva muri Mozambike, zikajya muri za Malawi, Zambiya, Angola ndetse no mu bihugu byo muri aka karere nka Uganda, Tanzania, Kenya n’ahandi.

Ibi ni ugupfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu ariko, kuko no muri ibyo bihugu, uretse Uganda yiyemeje kuba indiri y’abicanyi, abayobozi n’abaturage batagishaka gucumbikira inkoramaraso.

Aka wa mugani wa Gahini amaze kwica umuvandimwe we Abel rero, interahamwe n’ibigarasha isi itagiye kubibana ntoya! Ngaho nibatyaze amaguru, ariko amaherezo y’inzira ni mu nzu. Umunsi uzagera abo bagome bibone mu maboko y’ubutabera.

2021-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyaruguru: Abaturage bari bakubise buzuye baje kwakira umukandida wa FPR Inkotanyi

Nyaruguru: Abaturage bari bakubise buzuye baje kwakira umukandida wa FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 15 Jul 2017
Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda

Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2021
Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Ubwanditsi 29 Jul 2021
Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye  mu muhango wo guherekeza muka Rusagara
ITOHOZA

I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye mu muhango wo guherekeza muka Rusagara

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na  Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika
Mu Mahanga

Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Ubwanditsi 09 Mar 2016
Umusomyi: Ngire icyo mvuga kuri Tharcisse Semana na  Obed Ndahayo
ITOHOZA

Umusomyi: Ngire icyo mvuga kuri Tharcisse Semana na Obed Ndahayo

Ubwanditsi 10 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru