• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Ubwanditsi 09 Jul 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Amaraso arasama, kandi uzahemukira u Rwanda ntazigera ashyira umutima mu gitereko. Dore nk’ubu amakuru atugeraho avuye muri Mozambike, aravuga ko interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu byatangiye guhinda umushyitsi byibaza noneho aho byerekeza, kuko byumva akabyo kashobotse.

Kubunza imitima byatangiye mu minsi ishize ubwo Perezida wa Mozambike yagiriraga uruzinduko mu Rwanda, ndetse hakavugwa amakuru y’uko Perezida Filipe Nyusi yagenzwaga no gusaba mugenzi we w’uRwanda, Paul Kagame, kumwoherereza ingabo zo kubungabunga umutekano ubangamiwe n’ibikorwa by’iterabwoba.

Iyi nkuru yateye ubwoba cyane imitwe y’iterabwoba, ndetse RNC ya Kayumba Nyamwasa ikora uko ishoboye ngo igikorwa cyo kohereza ingabo z’uRwanda muri Mozambike kiburizwemo, ariko ibyifuzo byayo byimwa agaciro, nk’uko bisanzwe.

Byageze n’aho uwitwa David Himbara, umugaragu wa Nyamwasa na Museveni, yikinisha akwiza ku mbuga nkoranyambaga ko ngo bageze ku mugambi wo gutambamira ingabo z’uRwanda, zikaba zitakigiye muri Mozambike. Ntimumbaze umwobo Himbara na bashebuja bihishemo kubera ikimwaro, kuko inkuru ibagezeho ibashegeshe bitavugwa.

Abajenosideri n’ abafatanyabikorwa babo b’ibigarasha barushijeho kudagadwa kuri uyu wa gatanu, ubwo Leta y’uRwanda yasohoraga itangazo rivuga ko mu minsi ya vuba igiye kohereza abasirikari n’abapolisi 1.000, bakajya mu Ntara ya Cabo Delgado imaze igihe yaribasiwe n’ibikorwa by’iterabwoba.

Iyo ntara kandi ni imwe mu zituyemo abo Banyarwanda b’abagizi ba nabi, cyane cyane interahamwe zahuze imijyi minini nka Maputo, zitinya gutabwa muri yombi.

Abantu basanzwe baduha amakuru yizewe batubwiye ko izo nzererezi ubu zatangiye gutekereza kuva muri Mozambike, zikajya muri za Malawi, Zambiya, Angola ndetse no mu bihugu byo muri aka karere nka Uganda, Tanzania, Kenya n’ahandi.

Ibi ni ugupfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu ariko, kuko no muri ibyo bihugu, uretse Uganda yiyemeje kuba indiri y’abicanyi, abayobozi n’abaturage batagishaka gucumbikira inkoramaraso.

Aka wa mugani wa Gahini amaze kwica umuvandimwe we Abel rero, interahamwe n’ibigarasha isi itagiye kubibana ntoya! Ngaho nibatyaze amaguru, ariko amaherezo y’inzira ni mu nzu. Umunsi uzagera abo bagome bibone mu maboko y’ubutabera.

2021-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byasabye iminota y’inyongera ngo Senegal itsinde Amavubi, Umunsi wa 29 na 30 wa shampiyona y’u Rwanda yegejwe inyuma ho umunsi umwe

Byasabye iminota y’inyongera ngo Senegal itsinde Amavubi, Umunsi wa 29 na 30 wa shampiyona y’u Rwanda yegejwe inyuma ho umunsi umwe

Ubwanditsi 08 Jun 2022
Perezida Kagame avuga ko “kujenjeka” bidindiza Afurika

Perezida Kagame avuga ko “kujenjeka” bidindiza Afurika

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Dr Rose Mukankomeje yagaramye  ibyaha byose aregwa ( Yavuguruwe )

Dr Rose Mukankomeje yagaramye ibyaha byose aregwa ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 29 Mar 2016
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Ubwanditsi 05 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 10 Mar 2023
Umujyi wa Kampala watewe n’ icyorezo cya Cholera
Mu Mahanga

Umujyi wa Kampala watewe n’ icyorezo cya Cholera

Ubwanditsi 29 Jan 2019
Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Ubwanditsi 07 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru