• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda
Sarah Kagingo na Salim Saleh

Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu mwaka wa 2005, ubwo Leta ya Uganda yahaga Impapuro z’Inzira abayobozi bakuru ba FDLR barimo Ignace Murwanashyaka wahoze ari Perezida wayo ndetse na Hyacinthe Rafiki, Wellace Nzengiyumva, ibinyamakuru byo muri Uganda byarashakuje, kuburyo mu rwego rwo kwiyererutsa hari abakozi bashinzwe ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka bafunzwe mu rwego rwo kwiyererutsa kuri iki kibazo. Icyo gihe ibinyamakuru The New Vision ndetse na The Monitor byanditse inkuru nyinshi kuri iki kibazo bashinja abayobozi babo gufatanya na FDLR.

Mu rwego rwo kudasubira amakosa nkayo muri 2005, Uganda yabanje yigarurira itangazamakuru binyuze mu kubaha amafaranga atubutse muri iki gihe cy’imyaka ibiri ishize ubwo yabyukije imitwe irwanya leta RNC na FDLR.  Usibye kutavuga ibikorwa byo kubangamira Abanyarwanda harimo kubahohotera n’iyicarubozo, kudashyira ahagaragara imikoranire ya Uganda na RNC ndetse na FDLR n’abandi, mubyo  ibi binyamakuru byishyuwe harimo gutambutsa inkuru  zisebya u Rwanda.

Abakuriye iki gikorwa ni inzego z’umutekano cyane cyane CMI ishinzwe iperereza, Salim Saleh murumuna wa Perezida Museveni akaba n’umujyanama we wihariye. Abashyira mu bikorwa uwo mugambi bakuriwe na Sarah Kagingo akaba n’ihabara rizwi rya Salim Saleh.

Sarah Kagingo yakoze mubiro by’umukuru w’igihugu cya Uganda, aho yoherejwe na Salim Saleh. Abakozi bandi muri Perezidansi ntibigeze bishimira namba Sarah Kagingo kubera urukundo afitanye na Salim Saleh, kuko kuribo bumvaga ko uwo Salim Saleh adashaka binyuze kuri Kagingo azahita ataha. Yadurumbanyije abakozi bose baba abasivile ndetse n’abasirikari, aho atigeze ahabwa urwandiko rw’akazwi ruzwi ndetse bivugwa ko nta mushahara wa Leta yabonye igihe cyose yakoraga muri Perezidansi ya Uganda ashinzwe itumanaho rigezweho rya Perezida Museveni. Ariko ntacyo byari bimubwiye.

Nyamara uyu Sarah Kagingo bivugwa ko yabarirwaga hagati y’ibihumbi 6-10 by’amashiringi ku munsi yo kugura bundles ya Internet kugirango abashe gukorera Museveni itumanaho. Ni ukuvuga ibihumbi 180 ku kwezi bingana n’arenze ibihumbi 60 by’amadorali. Sarah Kagingo yavugaga rikijyana ariko nyuma aza kwirukanwa.

Nyuma yo kuva muri Perezidansi yarikoreye ku giti cye kugeza igihe aboneye akazi gashyashya ko kuyobora ubukangurambaga bwo kurwanya u Rwanda abihawe na Salim Saleh. Nawe yahise ashaka abandi barimo Giles Muhame wa ChimpReports ndetse na Bob Atwine wandika Command Post. Cheque ibahemba ikaba iva muri Perezidansi ya Uganda itangwa na Molly Kamukama, umunyamabanga wihariye wa Perezida Museveni.

Usibye gushaka abandi bandika ku Rwanda, Sarah Kagingo nawe  atambutsa inyandiko zisebya u Rwanda  ku kinyamakuru cye soft power, bikajyana no kubona amasoko ajyanye na marketing cyane cyane ku bukerarugendo bwa Uganda aho abona akayabo k’amadorali.

Nguwo Sarah Kagingo uvuga rikijyana mu gihugu cya Uganda mu bijyanye n’itangazamakuru kubera ari inshoreke ya Salim Saleh.

2019-11-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

Ubwanditsi 23 Jun 2022
Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Akumiro: Perezida Nkurunziza afite ikibazo gikomeye: Yagereranije IMANA n’imbonerakure

Akumiro: Perezida Nkurunziza afite ikibazo gikomeye: Yagereranije IMANA n’imbonerakure

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Uko Kayumba yibye inka z’Abagogwe mu majyaruguru y’u Rwanda azijyana  Uganda mu bushyo bwitwa Banyankore kweterana hagati ya 1997-1998

Uko Kayumba yibye inka z’Abagogwe mu majyaruguru y’u Rwanda azijyana  Uganda mu bushyo bwitwa Banyankore kweterana hagati ya 1997-1998

Ubwanditsi 04 Mar 2018

Igitekerezo kimwe

  1. rwasubutare
    November 25, 20198:02 am -

    Abaswayile bavuga ko “umuntu ukuze iyo akora ibya cyana aba atari mukuru ntabe n’umwana ahubwo aba ari umupfu” murindire aka bariya bantu bose bikorereza u Rwanda muminsi mike muzaba mwiyumvira. Ubu njye natangiye kubasabira kuko bari hafi gusarura. u Rwanda ntabwo rwikorerezwa abakuze bose barabizi.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Myugariro wa APR FC, Fitina Ombolenga azamara hanze y’ikibuga ibyumweru bine adakina kubera imvune yagiriye mu mukino w’Amavubi
Amakuru

Myugariro wa APR FC, Fitina Ombolenga azamara hanze y’ikibuga ibyumweru bine adakina kubera imvune yagiriye mu mukino w’Amavubi

Ubwanditsi 15 Oct 2021
Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC
Mu Mahanga

Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC

Ubwanditsi 10 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru