• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abakandida 500 bazahatanira imyanya 80 y’inteko ishinga amategeko bemejwe

Abakandida 500 bazahatanira imyanya 80 y’inteko ishinga amategeko bemejwe

Ubwanditsi 31 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje urutonde rw’agateganyo rw’abakandida 500 bahagarariye imitwe ya politiki n’abigenga, bazahatanira imyanya mu Nteko ishinga amategeko.

60% by’abagize uru rutonde ni abagore ariko abakandida bigenga barugaragaraho bemerewe kuziyamamaza ni babiri gusa.

Kalisa Mbanda umuyobozi mukuru wa NEC yavuze ko urutonde bari bafite rwari ruriho abakandida 537 ariko 37 baza kunanirwa kuzuza ibisabwa n’iyi komisiyo.

NEC yari yakiriye abakandida bigenga batanu ariko babiri ari bo Phillip Mpayimana wigeze kwiyamamariza ku mwanya wa Perezida na Elissam Salim Ntibanyendera nibo bemerewe gusa.

Abandi batatu ari bo Theodore Ntakaburimvano, Ally Husseine Sebagenzi na Janvier Nsengiyumva bashyizwe ku rutonde rw’agateganyo mu gihe bacyuzuza ibisabwa.

Amashyaka atanu ni yo yatanze abakandida muri Komisiyo y’Amatora, muri yo harimo atavuga rumwe na Leta ari yo Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) na PS Imberakuri. Aya mashyaka kandi ni bwo bwa mbere yari atanze abakandida mu matora y’abadepite.

Andi mashyaka atatu ni Liberal Party (PL) na Rwanda Patriotic Front (RPF), hakiyongeraho itsinda ry’amashyaka yiyunze kuri FPR.

PNG - 915 kb
Depte Rusiha Gaston azongera yiyamamaze mu guhagararira abafite ubumuga

Mu bakandida 80 ba PL, 79 ni bo bemerewe na komisiyo naho muri 80 batanzwe na FPR 78 muri bo ni bo bemerewe kuziyamamaza.

PSD yatanze abakandida 65 ariko 64 ni bo bonyine bemerewe. PS Imberakuri yari yatanze 54 ariko hemererwa 31 naho Green Party yemererwa 30 muri 34 yari yashyikirije komisiyo, nk’uko Mbanda yabitangaje.

Yagize ati “Abatarashyizwe ku rutonde rw’agateganyo rw’amashyaka ya politiki bazamenyeshwa ibyo batujuje n’impamvu bangiwe. Muri rusange ntitwabashyize ku rutonde kuko ubusabe bwabo hari ibyo butari bwujuje ariko mu minsi itanu mbere y’uko dutangaza urutonde ntakuka tuzaba tucyakira ibyo byaburagamo.”

Ku myanya idasanzwe y’urubyiruko, abakandida 27 nibo bemerewe muri 32 bari basabye, ababana n’ubumuga 10 bari basabwe bose bemerewe kuziyamamaza mu gihe abakandida 177 muri 179 bahagarariye abagore ari bo bemerewe kuziyamamaza.

Urutonde ntakuka ruzatangazwa tariki 6 Kanama 2018, amatora akazaba tariki 2 na tariki 3 Nzeri 2018.

2018-07-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi  Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura

Umuhanzi Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura

Ubwanditsi 27 Mar 2018
Zambia: Abanyarwanda Babiri Birukanwe Bashinjwa Kuba Intasi Z’u Rwanda Batsinze Urubanza

Zambia: Abanyarwanda Babiri Birukanwe Bashinjwa Kuba Intasi Z’u Rwanda Batsinze Urubanza

Ubwanditsi 16 Sep 2018
Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Ubwanditsi 12 Jul 2024
Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurinzi wa Perezida Nkurunziza yirashe ahita apfa
Mu Rwanda

Umurinzi wa Perezida Nkurunziza yirashe ahita apfa

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC
Amakuru

Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC

Ubwanditsi 26 Jun 2022
Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yasuye Isange One Stop Centre
Mu Rwanda

Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yasuye Isange One Stop Centre

Ubwanditsi 29 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru