• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda nibyo byaranze umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda nibyo byaranze umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Ubwanditsi 16 Jun 2016 Mu Mahanga

Ejo wari umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda.
Mu biganiro byabereye ku maradiyo atandukanye, abakoresha umuhanda bashishikarijwe kubahiriza amategeko y’umuhanda hagamijwe cyane cyane kurengera abana.

Imibare yo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda yerekana ko mu mezi atanu ashize y’uyu mwaka, abana 10 bitabye imana naho abandi 53 barakomereka kubera impanuka zo mu muhanda.

Ubutumwa bwatanzwe bujyanye no kubahiriza amategeko y’umuhanda harengerwa abana akarindwa impanuka zo mu muhanda, bujyanye n’insanganyamatsiko y’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda igira iti:” Turengere umwana”.

Ubwo ku munsi w’ejo yatangaga ikiganiro kuri City Radio, Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) George Rumanzi yasobanuye ku buryo burambuye uko umutekano wo mu muhanda uhagaze, amakosa akunze gukorwa mu muhanda, bityo asaba abakoresha umuhanda n’abandi bose kubahiriza amategeko y’umuhanda.

Yagize ati:” turizera ko kugira ngo amategeko y’umuhanda yubahirizwe bijyana no kuyashyira mu bikorwa. Tubona ko byagerwaho; hiridwa impanuka ndetse buri wese akabigiramo uruhare cyane cyane atugezaho amakuru y’abatubahiriza amategeko y’umuhanda”.

Avuga ku ngamba zafashwe zirebana n’imodoka zitwara abanyeshuri bo mu mashuri y’incuke n’abanza mu gihe bajya cyangwa bava ku mashuri, CP Rumanzi yagize ati:”ba nyir’ibinyabiziga bagomba gukora ibishoboka byose imodoka zabo zikaba zujuje ibisabwa byose bijyanye n’amategeko y’umuhanda ndetse zikagira n’ibyangombwa byihariye bitangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA).”

Ikindi kiganiro cyatangiwe kuri Radio Umucyo FM, aho umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe gusuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga Chief Superintendent of Police (CSP) Emmanuel Kalinda, yasabye ba nyir’imodoka kumenya ko ibinyabiziga byabo bimeze neza kuko iyo byangiritse biba imwe mu mpamvu zikomeye mu biteza impanuka.
Yabwiye abari bateze amatwi icyo kiganiro ati:” Imodoka yose igomba kugira icyemezo cy’uko yakorewe isuzumwa kandi cyatanzwe mu buryo bukwiriye n’iki kigo gishinzwe kuzisuzuma ndetse kinabifitiye n’ububasha. Abantu rero bagomba gucika ku muco mubi wo kumva ko babona ibi byemezo mu nzira zitemewe”.

Guhera mu kwezi kwa Mutarama kugera muri Gicurasi uyu mwaka, imodoka 42,637 zakorewe isuzumwa. Mu gihe cyavuzwe hejuru kandi, Polisi yafashe abantu 27 bafite ibyemezo by’ibyiganano byerekana ko imodoka zabo zasuzumwe cyangwa se bagerageza guha ruswa abapolisi basuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga kugira ngo bahabwe ibyemezo by’ukuri.

Ubusanzwe hari igihe imodoka ikorerwa isuzumwa ry’imiterere yayo inshuro imwe bagasanga imeze neza nta kibazo ifite. Icyo gihe ihabwa icyemezo cy’uko yasuzumwe ndetse ari nzima nta kibazoishobora gutera. Ariko nanone hari ubwo nyuma yogusuzumwa basanga ifite ibibazo maze nyirayo bakamwereka uburwayi bwayo bityo agasabwa kujya kuyikoresha akazagaruka ku buryo isuzumwa ryayo rishobora gukorwa inshuro nyinshi ku modoka imwe mu gihe iyo modoka itakoreshejwe neza.

Imodoka zikora ibikorwa by’ubucuruzi zikorerwa isuzumwa buri mezi atandatu mu gihe iz’abantu ku giti cyabo zidakora akazi kenshi zo zisubira gukorerwa isuzumwa hashize umwaka umwe.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda Superintendent of Police (SP) Jean Marie Vianney Ndushabandi nawe yatanze ikiganiro kuri Radiyo Contact FM kikaba nacyo cyari kijyanye no kubahiriza amategeko y’umuhanda, ndetse akaba yaranagaragaje impamvu zitera impanuka.

Yagize ati:”Impanuka nyinshi ziterwa no gutwara nabi ikinyabiziga, uburangare, kugendera ku muvuduko ukabije, gutwara ikinyabiziga wasinze, imiterere itameze neza y’ikinyabiziga, kutubahiriza ibimenyetso n’amatara by’imihanda, gutwara uvugira kuri terefone, n’ibindi”. Yakomeje avuga ko abatwara imodoka z’abanyeshuri baba bagomba kuba bafite ibyemezo bitangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA).

-2976.jpg

-2975.jpg

Uretse ibiganiro kuri radiyo zitandukanye, no mu turere tunyuranye abapolisi bahuye n’amatsinda atandukanye yiganjemo ay’abanyeshuri bakaba barabagejejeho ubutumwa bwo gukoresha neza umuhanda.

RNP

2016-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

HUYE : Abakristu ba ADEPR bakomeje kwibasirwa n’abagizi banabi, harakekwa FDLR

HUYE : Abakristu ba ADEPR bakomeje kwibasirwa n’abagizi banabi, harakekwa FDLR

Ubwanditsi 03 Feb 2017
Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Ubwanditsi 17 Jul 2025
Kenneth Roth watotezaga u Rwanda cyane ntakiri umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch 

Kenneth Roth watotezaga u Rwanda cyane ntakiri umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch 

Ubwanditsi 02 Sep 2022
Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Ubwanditsi 13 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere
Amakuru

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Ubwanditsi 07 Jan 2021
FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga
Amakuru

FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga

RUSHYASHYA 24 Apr 2026
BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo
UBUKUNGU

BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 07 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru