• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda nibyo byaranze umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda nibyo byaranze umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Ubwanditsi 16 Jun 2016 Mu Mahanga

Ejo wari umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda.
Mu biganiro byabereye ku maradiyo atandukanye, abakoresha umuhanda bashishikarijwe kubahiriza amategeko y’umuhanda hagamijwe cyane cyane kurengera abana.

Imibare yo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda yerekana ko mu mezi atanu ashize y’uyu mwaka, abana 10 bitabye imana naho abandi 53 barakomereka kubera impanuka zo mu muhanda.

Ubutumwa bwatanzwe bujyanye no kubahiriza amategeko y’umuhanda harengerwa abana akarindwa impanuka zo mu muhanda, bujyanye n’insanganyamatsiko y’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda igira iti:” Turengere umwana”.

Ubwo ku munsi w’ejo yatangaga ikiganiro kuri City Radio, Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) George Rumanzi yasobanuye ku buryo burambuye uko umutekano wo mu muhanda uhagaze, amakosa akunze gukorwa mu muhanda, bityo asaba abakoresha umuhanda n’abandi bose kubahiriza amategeko y’umuhanda.

Yagize ati:” turizera ko kugira ngo amategeko y’umuhanda yubahirizwe bijyana no kuyashyira mu bikorwa. Tubona ko byagerwaho; hiridwa impanuka ndetse buri wese akabigiramo uruhare cyane cyane atugezaho amakuru y’abatubahiriza amategeko y’umuhanda”.

Avuga ku ngamba zafashwe zirebana n’imodoka zitwara abanyeshuri bo mu mashuri y’incuke n’abanza mu gihe bajya cyangwa bava ku mashuri, CP Rumanzi yagize ati:”ba nyir’ibinyabiziga bagomba gukora ibishoboka byose imodoka zabo zikaba zujuje ibisabwa byose bijyanye n’amategeko y’umuhanda ndetse zikagira n’ibyangombwa byihariye bitangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA).”

Ikindi kiganiro cyatangiwe kuri Radio Umucyo FM, aho umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe gusuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga Chief Superintendent of Police (CSP) Emmanuel Kalinda, yasabye ba nyir’imodoka kumenya ko ibinyabiziga byabo bimeze neza kuko iyo byangiritse biba imwe mu mpamvu zikomeye mu biteza impanuka.
Yabwiye abari bateze amatwi icyo kiganiro ati:” Imodoka yose igomba kugira icyemezo cy’uko yakorewe isuzumwa kandi cyatanzwe mu buryo bukwiriye n’iki kigo gishinzwe kuzisuzuma ndetse kinabifitiye n’ububasha. Abantu rero bagomba gucika ku muco mubi wo kumva ko babona ibi byemezo mu nzira zitemewe”.

Guhera mu kwezi kwa Mutarama kugera muri Gicurasi uyu mwaka, imodoka 42,637 zakorewe isuzumwa. Mu gihe cyavuzwe hejuru kandi, Polisi yafashe abantu 27 bafite ibyemezo by’ibyiganano byerekana ko imodoka zabo zasuzumwe cyangwa se bagerageza guha ruswa abapolisi basuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga kugira ngo bahabwe ibyemezo by’ukuri.

Ubusanzwe hari igihe imodoka ikorerwa isuzumwa ry’imiterere yayo inshuro imwe bagasanga imeze neza nta kibazo ifite. Icyo gihe ihabwa icyemezo cy’uko yasuzumwe ndetse ari nzima nta kibazoishobora gutera. Ariko nanone hari ubwo nyuma yogusuzumwa basanga ifite ibibazo maze nyirayo bakamwereka uburwayi bwayo bityo agasabwa kujya kuyikoresha akazagaruka ku buryo isuzumwa ryayo rishobora gukorwa inshuro nyinshi ku modoka imwe mu gihe iyo modoka itakoreshejwe neza.

Imodoka zikora ibikorwa by’ubucuruzi zikorerwa isuzumwa buri mezi atandatu mu gihe iz’abantu ku giti cyabo zidakora akazi kenshi zo zisubira gukorerwa isuzumwa hashize umwaka umwe.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda Superintendent of Police (SP) Jean Marie Vianney Ndushabandi nawe yatanze ikiganiro kuri Radiyo Contact FM kikaba nacyo cyari kijyanye no kubahiriza amategeko y’umuhanda, ndetse akaba yaranagaragaje impamvu zitera impanuka.

Yagize ati:”Impanuka nyinshi ziterwa no gutwara nabi ikinyabiziga, uburangare, kugendera ku muvuduko ukabije, gutwara ikinyabiziga wasinze, imiterere itameze neza y’ikinyabiziga, kutubahiriza ibimenyetso n’amatara by’imihanda, gutwara uvugira kuri terefone, n’ibindi”. Yakomeje avuga ko abatwara imodoka z’abanyeshuri baba bagomba kuba bafite ibyemezo bitangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA).

-2976.jpg

-2975.jpg

Uretse ibiganiro kuri radiyo zitandukanye, no mu turere tunyuranye abapolisi bahuye n’amatsinda atandukanye yiganjemo ay’abanyeshuri bakaba barabagejejeho ubutumwa bwo gukoresha neza umuhanda.

RNP

2016-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko ikoranabuhanga rya Polisi Mpuzamahanga ryitwa I-24/7 rifasha mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka

Uko ikoranabuhanga rya Polisi Mpuzamahanga ryitwa I-24/7 rifasha mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Kanombe : Byari ibyishimo n’umunezero kwakira Indege nshya Boeing 737-800NG ya RwandAir yiswe Kalisimbi

Kanombe : Byari ibyishimo n’umunezero kwakira Indege nshya Boeing 737-800NG ya RwandAir yiswe Kalisimbi

Ubwanditsi 16 Nov 2016
Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Ubwanditsi 16 Jan 2025
Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition

Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition

Ubwanditsi 04 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amatora 2017: Diane Rwigara atanga amafaranga, Mwenedata we azi ko atazatsinda
ITOHOZA

Amatora 2017: Diane Rwigara atanga amafaranga, Mwenedata we azi ko atazatsinda

Ubwanditsi 23 May 2017
Rutsiro : Abagabo 3 bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 4,5
Mu Mahanga

Rutsiro : Abagabo 3 bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 4,5

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar
POLITIKI

Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Ubwanditsi 26 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru