• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda nibyo byaranze umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda nibyo byaranze umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Ubwanditsi 16 Jun 2016 Mu Mahanga

Ejo wari umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda.
Mu biganiro byabereye ku maradiyo atandukanye, abakoresha umuhanda bashishikarijwe kubahiriza amategeko y’umuhanda hagamijwe cyane cyane kurengera abana.

Imibare yo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda yerekana ko mu mezi atanu ashize y’uyu mwaka, abana 10 bitabye imana naho abandi 53 barakomereka kubera impanuka zo mu muhanda.

Ubutumwa bwatanzwe bujyanye no kubahiriza amategeko y’umuhanda harengerwa abana akarindwa impanuka zo mu muhanda, bujyanye n’insanganyamatsiko y’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda igira iti:” Turengere umwana”.

Ubwo ku munsi w’ejo yatangaga ikiganiro kuri City Radio, Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) George Rumanzi yasobanuye ku buryo burambuye uko umutekano wo mu muhanda uhagaze, amakosa akunze gukorwa mu muhanda, bityo asaba abakoresha umuhanda n’abandi bose kubahiriza amategeko y’umuhanda.

Yagize ati:” turizera ko kugira ngo amategeko y’umuhanda yubahirizwe bijyana no kuyashyira mu bikorwa. Tubona ko byagerwaho; hiridwa impanuka ndetse buri wese akabigiramo uruhare cyane cyane atugezaho amakuru y’abatubahiriza amategeko y’umuhanda”.

Avuga ku ngamba zafashwe zirebana n’imodoka zitwara abanyeshuri bo mu mashuri y’incuke n’abanza mu gihe bajya cyangwa bava ku mashuri, CP Rumanzi yagize ati:”ba nyir’ibinyabiziga bagomba gukora ibishoboka byose imodoka zabo zikaba zujuje ibisabwa byose bijyanye n’amategeko y’umuhanda ndetse zikagira n’ibyangombwa byihariye bitangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA).”

Ikindi kiganiro cyatangiwe kuri Radio Umucyo FM, aho umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe gusuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga Chief Superintendent of Police (CSP) Emmanuel Kalinda, yasabye ba nyir’imodoka kumenya ko ibinyabiziga byabo bimeze neza kuko iyo byangiritse biba imwe mu mpamvu zikomeye mu biteza impanuka.
Yabwiye abari bateze amatwi icyo kiganiro ati:” Imodoka yose igomba kugira icyemezo cy’uko yakorewe isuzumwa kandi cyatanzwe mu buryo bukwiriye n’iki kigo gishinzwe kuzisuzuma ndetse kinabifitiye n’ububasha. Abantu rero bagomba gucika ku muco mubi wo kumva ko babona ibi byemezo mu nzira zitemewe”.

Guhera mu kwezi kwa Mutarama kugera muri Gicurasi uyu mwaka, imodoka 42,637 zakorewe isuzumwa. Mu gihe cyavuzwe hejuru kandi, Polisi yafashe abantu 27 bafite ibyemezo by’ibyiganano byerekana ko imodoka zabo zasuzumwe cyangwa se bagerageza guha ruswa abapolisi basuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga kugira ngo bahabwe ibyemezo by’ukuri.

Ubusanzwe hari igihe imodoka ikorerwa isuzumwa ry’imiterere yayo inshuro imwe bagasanga imeze neza nta kibazo ifite. Icyo gihe ihabwa icyemezo cy’uko yasuzumwe ndetse ari nzima nta kibazoishobora gutera. Ariko nanone hari ubwo nyuma yogusuzumwa basanga ifite ibibazo maze nyirayo bakamwereka uburwayi bwayo bityo agasabwa kujya kuyikoresha akazagaruka ku buryo isuzumwa ryayo rishobora gukorwa inshuro nyinshi ku modoka imwe mu gihe iyo modoka itakoreshejwe neza.

Imodoka zikora ibikorwa by’ubucuruzi zikorerwa isuzumwa buri mezi atandatu mu gihe iz’abantu ku giti cyabo zidakora akazi kenshi zo zisubira gukorerwa isuzumwa hashize umwaka umwe.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda Superintendent of Police (SP) Jean Marie Vianney Ndushabandi nawe yatanze ikiganiro kuri Radiyo Contact FM kikaba nacyo cyari kijyanye no kubahiriza amategeko y’umuhanda, ndetse akaba yaranagaragaje impamvu zitera impanuka.

Yagize ati:”Impanuka nyinshi ziterwa no gutwara nabi ikinyabiziga, uburangare, kugendera ku muvuduko ukabije, gutwara ikinyabiziga wasinze, imiterere itameze neza y’ikinyabiziga, kutubahiriza ibimenyetso n’amatara by’imihanda, gutwara uvugira kuri terefone, n’ibindi”. Yakomeje avuga ko abatwara imodoka z’abanyeshuri baba bagomba kuba bafite ibyemezo bitangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA).

-2976.jpg

-2975.jpg

Uretse ibiganiro kuri radiyo zitandukanye, no mu turere tunyuranye abapolisi bahuye n’amatsinda atandukanye yiganjemo ay’abanyeshuri bakaba barabagejejeho ubutumwa bwo gukoresha neza umuhanda.

RNP

2016-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Brian Kagame wasoje Itorero ry’Indangamirwa yashyigikiwe n’umuryango wose

Brian Kagame wasoje Itorero ry’Indangamirwa yashyigikiwe n’umuryango wose

Ubwanditsi 23 Jul 2016
Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Ubwanditsi 24 Jun 2021
Uganda: Ibibazo byatumye yihekura mbere y’uko nawe yiyahura

Uganda: Ibibazo byatumye yihekura mbere y’uko nawe yiyahura

Ubwanditsi 28 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko
Mu Mahanga

Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Rwamucyo Aimable  ikigarasha cyiyoberanya
ITOHOZA

Rwamucyo Aimable ikigarasha cyiyoberanya

Ubwanditsi 04 Mar 2017
General  Major Musare wayoboraga FDLR-RUD  yitabye Imana
Mu Rwanda

General Major Musare wayoboraga FDLR-RUD yitabye Imana

Ubwanditsi 16 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru