• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko ikoranabuhanga rya Polisi Mpuzamahanga ryitwa I-24/7 rifasha mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka

Uko ikoranabuhanga rya Polisi Mpuzamahanga ryitwa I-24/7 rifasha mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka

Ubwanditsi 26 Feb 2016 Mu Mahanga

Mu gihe abanyabyaha ndetse n’amatsinda yabo bakomeje guhindura uburyo bakoramo ibikorwa byabo bihungabanya umutekano, ikoranabuhanga ryitwa I-24/7 rikoreshwa n’ibihugu 190 bigize Umuryango wa Polisi Mpuzamahanga (Interpol) ryatumye hanozwa imikoranire y’ibihugu by’ibinyamuryango by’uru rwego rw’umutekano ku Isi.

Umuyobozi w’Ishami rikorana na Polisi Mpuzamahanga muri Polisi y’u Rwanda(Interpol), Assistant Commissioner of Police (ACP) Antony Kuramba yavuze ko I-24/7 ifasha mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka no gufata ababikoze, ndetse yongeraho ko iri koranabuhanga rikoreshwa ku mipaka yose y’u Rwanda.
Yagize ati:”Iri koranabuhanga ryafashije mu gufata imodoka zibwe muri kimwe mu bihugu bigize uyu muryango zikajyanwa mu kindi na cyo kiwugize.”

Ibi ACP Kuramba yabivugiye mu muhango wo gushyikiriza Polisi y’igihugu cya Uganda imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Noha ifite nomero ziyiranga UAL 123L, uwo muhango ukaba warabereye ku mupaka w’u Rwanda wa Kagitumba, mu ntara y’uburasirazuba ku itariki 24 Gashyantare.

Aha Kagitumba, ni na ho yafatiwe ku wa 2 Gashyantare uyu mwaka nyuma y’aho iri koranabuhanga rya I-24/7 rigaragarije ko iri ku rutonde rw’imodoka zibwe.

Nyuma y’aho ifatiwe, byaje kugaragara ko inzego z’ubuyobozi zo muri Uganda zari zaramaze kuyifata ndetse ziyisubiza nyirayo witwa Deo Arinitwe, ariko ntizayikura muri ririya koranabuhanga nk’igishakishwa, akaba ari na yo mpamvu yatumye ifatirwa ku mupaka w’u Rwanda na Uganda.

Senior Superintendent of Police (SSP) Christian Safari ni we wayishyikirije Edward Gakuru, akaba ari we wari uhagarariwe nyirayo.

ACP Kuramba yagize ati:”Ibi bigaragaza ko twakajije umutekano ku mipaka yacu dukoresheje ikoranabuhanga. Bituma turwanya bene ubu bujura ndetse n’ibindi byaha byambukiranya imipaka.”

Ikoranabuhanga rya I-24/7 ni uburyo bukoreshwa n’ibihugu 190 bigize Umuryango wa Polisi mpuzamahanga mu guhanahana amakuru ku byaha ndenga mipaka.

By’umwihariko, U Rwanda rukoresha iri koranabuhanga ku mipaka yarwo 13, kandi kuva aho ritangiye gukoreshwa; hamaze gufatwa imodoka zigera kuri 12 zibwe mu bihugu birimo Ubuyapani, Uganda, Kenya,Ubwongereza, n’Ububirigi, kandi zose zashyikirijwe ba nyirazo.

RNP

2016-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police Hand Ball Club ikomeje kwitwara neza muri Shampiyona

Police Hand Ball Club ikomeje kwitwara neza muri Shampiyona

Ubwanditsi 03 Apr 2016
Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Ubwanditsi 01 Dec 2022
Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Musenyeri Smaragde yavuye ku izima

Musenyeri Smaragde yavuye ku izima

Ubwanditsi 11 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije
UBUKUNGU

Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Burundi: Agatsiko k’abitwaje imbunda kagabye igitero ku isoko gasahura iduka ry’Imbonerakure
ITOHOZA

Burundi: Agatsiko k’abitwaje imbunda kagabye igitero ku isoko gasahura iduka ry’Imbonerakure

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Tumenye  bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 4)
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 4)

Ubwanditsi 07 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru