• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

RUSHYASHYA 23 Feb 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ibinyoma bya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikomeje gukerensa umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

 

Ni nyuma y’uko Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yari yagaragaje ko nyuma y’imyaka 32, FDLR itakabaye ikiri ikibazo ku Rwanda.

Ati “Ese abagize FDLR bahunze u Rwanda mu 1994, nyuma y’imyaka 32 baracyari ikibazo ku Rwanda? Oya.”

Mu buryo bwo kukijisha no kuyobya abantu ku mikoranire ya RDC n’uyu mutwe wasize ukoze Jenoside mu Rwanda, Muyaya yavuze ko FDLR itari ikibazo, ahubwo yongera kujijishya, asubiramo ko impamvu y’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC ari amabuye y’agaciro.

Amb. Nduhungirehe yagaragaje ko ibyo binyoma bya Guverinoma ya RDC ku kibazo cya FDLR bikwiye kugira aho bigarukira.

Yibukije ko ku wa 21 Werurwe 2024, mu nama yahuje abaminisitiri mu biganiro bya Luanda, uwari Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Christophe Lutundula, yagaragaje ubushake kuri gahunda yo kurandura FDLR.

Yasobanuye kandi ko mu itangazo rya nyuma byari byanashyizweho umucyo mu buryo bugaragara, ko FDLR igomba gusenywa, u Rwanda na rwo rukabona gukuraho ingamba zarwo z’ubwirinzi.

Yavuze ko Isi yose yatunguwe no kubona Lutundula wari wemeje ibyo, nyuma y’iminsi ibiri gusa, ahakana ko FDLR itabaho.

Ati “Twese twatunguwe no kumva nyuma y’iminsi ibiri mu kiganiro n’abanyamakuru i Kinshasa, Lutundula Christophe ubwe avuga ko FDLR itabaho, anajya kure, abaza umunyamakuru kumubwira aho abo bagize uwo mutwe baba baherereye.”

Nyuma y’amezi atandatu gusa kandi muri Nzeri 2024, hamwe n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, FARDC yagaragaje ko iri gutegura ibitero ku birindiro bya FDLR.

Ati “Ku bw’amahirwe make ibyo bikorwa bya gisirikare ntacyo byatanze kubera impamvu yumvikana y’uko umusirikare mukuru wa FARDC, Gen Peter Cirimwami yari yahaye amakuru inshuti ze za FDLR mbere yo kugaba ibitero. Ibyo byarakaje cyane Abanyamerika babitugaragarije mu nama y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.”

Yakomeje ati “Nyuma y’ibyo byose kandi mu tariki ya 31 Ukwakira 2024, abahagarariye ingabo n’ubutasi bo mu Rwanda, RDC na Angola bahuriye i Luanda bemeranya muri gahunda y’ibikorwa yo kurandura FDLR izwi cyane nka CONOPS. Iyo gahunda ya CONOPS yemejwe n’abaminisitiri b’ibihugu bitatu mu nama ya gatandatu yabahuje muri Angola ku wa 25 Ugushyingo 2024.”

Yakomeje yerekana kandi ko kuri uwo munsi wa Tariki 25 Ugushyingo 2024, habaye inama nibura ebyiri zahuje abayobozi bakuru ba FARDC n’aba FDLR muri Kivu y’Amajyaruguru nubwo hari hemejwe gahunda yo kuyisenya burundu.

Ati “Nagaragarije izo mpungenge n’uko kubusanya bagenzi banjye ubwo twari mu nama y’abaminisitiri, yabaye ku nshuro ya karindwi ari na yo nama ya nyuma y’abaminisitiri yateraniye i Luanda ku wa 14 Ukuboza 2024, mu kugaragaza ubushake buke bwa politiki ku butegetsi bwa Kinshasa mu kibazo cya FDLR.”

Yongeye kandi kwibutsa ko gahunda ya CONOPS ari ikintu cy’ingenzi ibiganiro bya Angola byari byagezeho, byanatumye ishyirwa no mu masezerano ya Washington yashyiriweho umukono muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ati “Kurandura FDLR ni ingingo y’ingenzi cyane mu masezerano ya Washington no kugera ku mahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC. Biratangaje rero ko nyuma y’imyaka ibiri Christophe Lutundula agaragaje ubushake bwo gusenya FDLR, no kwemeza CONOPS i Luanda na Washington, Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC akomeje guhakana ko FDLR ihari, mu rwego rwo gushishikariza abantu gahunda ya Kinshasa yo kwica nkana amasezerano ya Washington ku ngingo zayo z’ingenzi.”

Imvugo isa n’ishaka kugaragaza ko FDLR itabaho cyangwa igizwe n’abasaza, igaragaza ubushake buke bw’ubutegetsi bwa RDC bwo kuyisenya nyamara ari yo ngingo nyamukuru iri mu masezerano ya Washington izafasha mu kugera ku mutekano usesuye mu Karere.

U Rwanda rukunze kugaragaza ko ikibazo cya FDLR kidakwiye gushingira ku mubare w’abayigize, imyaka yabo ahubwo ko gishingiye ku ngengabitekerezo ya Jenoside uyu mutwe wubakiyeho unakomeje gukwiza hirya no hino ku Isi.

Minisitiri Amb. Nduhungirehe na we yerekanye ko imvugo zidashira z’abayobozi ba RDC bashingira ku myaka y’abagize FDLR ari imwe mu mvugo zidafite ishingiro.

Ati “FDLR si umutwe wateguye Jenoside gusa, ahubwo ni n’umutwe w’abarwanyi ukomeza gushaka abanyamuryango bashya hashingiwe ngengabitekerezo yayo ya Jenoside, basangiza n’ubuyobozi bw’igisirikare cya RDC nk’uko byagaragaye mu magambo ateye ubwoba y’umuvugizi wa FARDC yavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu mu Ukuboza 2025.”

U Rwanda rwagaragaje kenshi ko rudashobora gukuraho ingamba z’ubwirinzi mu gihe umutwe wa FDLR ugihabwa intebe n’ubutegetsi bwa RDC kandi ari ikibazo ku mutekano warwo n’Akarere k’Ibiyaga Bigari.

Kugeza ubu muri RDC habarurwa abarwanyi ba FDLR bari hagati ya 7000 n’ibihumbi 10.

Nduhungirehe yanyomoje RDC yavuze ko FDLR ari urwitwazo ku Rwanda

2026-02-23
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Abitabiriye inama ya ECCAS barimo na Perezida Kagame baganiriye ku bucuruzi n’umutekano

Abitabiriye inama ya ECCAS barimo na Perezida Kagame baganiriye ku bucuruzi n’umutekano

Ubwanditsi 02 Dec 2016
Perezida Kagame Yasabye Abarangije Itorero Kwirinda Ikibi Cyakorerwa U Rwanda

Perezida Kagame Yasabye Abarangije Itorero Kwirinda Ikibi Cyakorerwa U Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2018
Amavubi yitegura gukina na Ethiopia muri CHAN2023 yahamagawe, u Rwanda rw’abari munsi y’imyaka 23 bazahura na Libya mu ijonjora ribanza rya CAN2023

Amavubi yitegura gukina na Ethiopia muri CHAN2023 yahamagawe, u Rwanda rw’abari munsi y’imyaka 23 bazahura na Libya mu ijonjora ribanza rya CAN2023

Ubwanditsi 18 Aug 2022
Polisi y’u Rwanda yasoje gusimbuza abapolisi muri Sudani y’Epfo

Polisi y’u Rwanda yasoje gusimbuza abapolisi muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 09 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyoba ni cyose hagati y’UBURUSIYA  na NATO
ITOHOZA

Icyoba ni cyose hagati y’UBURUSIYA na NATO

Ubwanditsi 14 Nov 2016
GASABO : Umugabo yaguze umuhoro mushya atemagura umugore we
Mu Rwanda

GASABO : Umugabo yaguze umuhoro mushya atemagura umugore we

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Uganda: Inteko yemeje ingingo yemerera Museveni kongera kwitoza
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Inteko yemeje ingingo yemerera Museveni kongera kwitoza

Ubwanditsi 21 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru