• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

RUSHYASHYA 23 Feb 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ibinyoma bya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikomeje gukerensa umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

 

Ni nyuma y’uko Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yari yagaragaje ko nyuma y’imyaka 32, FDLR itakabaye ikiri ikibazo ku Rwanda.

Ati “Ese abagize FDLR bahunze u Rwanda mu 1994, nyuma y’imyaka 32 baracyari ikibazo ku Rwanda? Oya.”

Mu buryo bwo kukijisha no kuyobya abantu ku mikoranire ya RDC n’uyu mutwe wasize ukoze Jenoside mu Rwanda, Muyaya yavuze ko FDLR itari ikibazo, ahubwo yongera kujijishya, asubiramo ko impamvu y’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC ari amabuye y’agaciro.

Amb. Nduhungirehe yagaragaje ko ibyo binyoma bya Guverinoma ya RDC ku kibazo cya FDLR bikwiye kugira aho bigarukira.

Yibukije ko ku wa 21 Werurwe 2024, mu nama yahuje abaminisitiri mu biganiro bya Luanda, uwari Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Christophe Lutundula, yagaragaje ubushake kuri gahunda yo kurandura FDLR.

Yasobanuye kandi ko mu itangazo rya nyuma byari byanashyizweho umucyo mu buryo bugaragara, ko FDLR igomba gusenywa, u Rwanda na rwo rukabona gukuraho ingamba zarwo z’ubwirinzi.

Yavuze ko Isi yose yatunguwe no kubona Lutundula wari wemeje ibyo, nyuma y’iminsi ibiri gusa, ahakana ko FDLR itabaho.

Ati “Twese twatunguwe no kumva nyuma y’iminsi ibiri mu kiganiro n’abanyamakuru i Kinshasa, Lutundula Christophe ubwe avuga ko FDLR itabaho, anajya kure, abaza umunyamakuru kumubwira aho abo bagize uwo mutwe baba baherereye.”

Nyuma y’amezi atandatu gusa kandi muri Nzeri 2024, hamwe n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, FARDC yagaragaje ko iri gutegura ibitero ku birindiro bya FDLR.

Ati “Ku bw’amahirwe make ibyo bikorwa bya gisirikare ntacyo byatanze kubera impamvu yumvikana y’uko umusirikare mukuru wa FARDC, Gen Peter Cirimwami yari yahaye amakuru inshuti ze za FDLR mbere yo kugaba ibitero. Ibyo byarakaje cyane Abanyamerika babitugaragarije mu nama y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.”

Yakomeje ati “Nyuma y’ibyo byose kandi mu tariki ya 31 Ukwakira 2024, abahagarariye ingabo n’ubutasi bo mu Rwanda, RDC na Angola bahuriye i Luanda bemeranya muri gahunda y’ibikorwa yo kurandura FDLR izwi cyane nka CONOPS. Iyo gahunda ya CONOPS yemejwe n’abaminisitiri b’ibihugu bitatu mu nama ya gatandatu yabahuje muri Angola ku wa 25 Ugushyingo 2024.”

Yakomeje yerekana kandi ko kuri uwo munsi wa Tariki 25 Ugushyingo 2024, habaye inama nibura ebyiri zahuje abayobozi bakuru ba FARDC n’aba FDLR muri Kivu y’Amajyaruguru nubwo hari hemejwe gahunda yo kuyisenya burundu.

Ati “Nagaragarije izo mpungenge n’uko kubusanya bagenzi banjye ubwo twari mu nama y’abaminisitiri, yabaye ku nshuro ya karindwi ari na yo nama ya nyuma y’abaminisitiri yateraniye i Luanda ku wa 14 Ukuboza 2024, mu kugaragaza ubushake buke bwa politiki ku butegetsi bwa Kinshasa mu kibazo cya FDLR.”

Yongeye kandi kwibutsa ko gahunda ya CONOPS ari ikintu cy’ingenzi ibiganiro bya Angola byari byagezeho, byanatumye ishyirwa no mu masezerano ya Washington yashyiriweho umukono muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ati “Kurandura FDLR ni ingingo y’ingenzi cyane mu masezerano ya Washington no kugera ku mahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC. Biratangaje rero ko nyuma y’imyaka ibiri Christophe Lutundula agaragaje ubushake bwo gusenya FDLR, no kwemeza CONOPS i Luanda na Washington, Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC akomeje guhakana ko FDLR ihari, mu rwego rwo gushishikariza abantu gahunda ya Kinshasa yo kwica nkana amasezerano ya Washington ku ngingo zayo z’ingenzi.”

Imvugo isa n’ishaka kugaragaza ko FDLR itabaho cyangwa igizwe n’abasaza, igaragaza ubushake buke bw’ubutegetsi bwa RDC bwo kuyisenya nyamara ari yo ngingo nyamukuru iri mu masezerano ya Washington izafasha mu kugera ku mutekano usesuye mu Karere.

U Rwanda rukunze kugaragaza ko ikibazo cya FDLR kidakwiye gushingira ku mubare w’abayigize, imyaka yabo ahubwo ko gishingiye ku ngengabitekerezo ya Jenoside uyu mutwe wubakiyeho unakomeje gukwiza hirya no hino ku Isi.

Minisitiri Amb. Nduhungirehe na we yerekanye ko imvugo zidashira z’abayobozi ba RDC bashingira ku myaka y’abagize FDLR ari imwe mu mvugo zidafite ishingiro.

Ati “FDLR si umutwe wateguye Jenoside gusa, ahubwo ni n’umutwe w’abarwanyi ukomeza gushaka abanyamuryango bashya hashingiwe ngengabitekerezo yayo ya Jenoside, basangiza n’ubuyobozi bw’igisirikare cya RDC nk’uko byagaragaye mu magambo ateye ubwoba y’umuvugizi wa FARDC yavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu mu Ukuboza 2025.”

U Rwanda rwagaragaje kenshi ko rudashobora gukuraho ingamba z’ubwirinzi mu gihe umutwe wa FDLR ugihabwa intebe n’ubutegetsi bwa RDC kandi ari ikibazo ku mutekano warwo n’Akarere k’Ibiyaga Bigari.

Kugeza ubu muri RDC habarurwa abarwanyi ba FDLR bari hagati ya 7000 n’ibihumbi 10.

Nduhungirehe yanyomoje RDC yavuze ko FDLR ari urwitwazo ku Rwanda

2026-02-23
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

U Bushinwa bwemeje ko bwataye muri yombi Umuyobozi wa Interpol

U Bushinwa bwemeje ko bwataye muri yombi Umuyobozi wa Interpol

Ubwanditsi 08 Oct 2018
U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 19 Jun 2023
Ambasaderi w’Ubutaliyani muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yiciwe mu gitero cyagabwe ku modoka zari zitwaye abakozi ba Loni mu burasirazuba bw’iki gihugu

Ambasaderi w’Ubutaliyani muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yiciwe mu gitero cyagabwe ku modoka zari zitwaye abakozi ba Loni mu burasirazuba bw’iki gihugu

Ubwanditsi 22 Feb 2021
Ubutumwa bw’Ishyaka PL bwo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ubutumwa bw’Ishyaka PL bwo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ubwanditsi 07 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa
HIRYA NO HINO

FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un
POLITIKI

Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Nyuma y’isezererwa ry’Amavubi amakipe 18 yo yamaze kubona itike ya CHAN2023, Rayon Sports yasoje imikino mpuzamahanga ya gishuti inganya na Singida Bigstars
Amakuru

Nyuma y’isezererwa ry’Amavubi amakipe 18 yo yamaze kubona itike ya CHAN2023, Rayon Sports yasoje imikino mpuzamahanga ya gishuti inganya na Singida Bigstars

Ubwanditsi 05 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru