• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya
Guverineri wa Banki Nkuru ya Kenya, Patrick Njoroge yerekana inoti nshya mu kiganiro n'abanyamakuru kuwa 3 Kamena 2019 i Nairobi

Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya

Ubwanditsi 12 Jun 2019 POLITIKI

Nyuma ya Tanzania, Uganda yabaye igihugu cya kabiri mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), gihagaritse ikoreshwa ry’amashilingi ya Kenya.

Iyi ngo ni inzira yo kubuza Banki zo muri Uganda gukoreshwa mu gusubiza muri Kenya amafaranga yibwe muri icyo gihugu.

Ibi bije nyuma y’aho banki nkuru ya Kenya (CBK) itangarije gahunda yo gukura ku isoko inoti y’amashilingi 1000 nk’inzira yo guhashya ihererekanya ry’amafaranga ritemewe cyangwa kuyigana.

Banki Nkuru ya Uganda ivuga ko iyo myanzuro yafashwe nyuma yo kumenyeshwa na Banki Nkuru ya Kenya, ko yashyize ku isoko inoti nshya tariki ya 31 Gicurasi kandi ikaba yarahagaritse kandi ivunjisha no kuyisubiza amashilingi.

Mu itangazo Banki nkuru ya Uganda yagejeje ku mabanki y’ubucuruzi muri iki gihugu, yatangaje ko amashilingi ya Kenya, atongera kwemerwa uhereye iryo tangazo rigisohoka.

Banki Nkuru ya Uganda yagiriye inama amabanki yo muri icyo gihugu guhagarika kwakira no kohereza aya mashilingi mu rwego rwo kwirinda ibihombo kuko guhindura inoti zakoreshwaga zisimbuzwa inshya bigomba gukorerwa gusa muri Kenya.

Tanzania na yo yafashe umwanzuro nk’uwo kuwa Gatanu w’icyumweru gishize, ibi bituma abanya Kenya baba mu bihugu by’ibituranyi bagomba gusubiza iwabo inoti zabo z’amashilingi 1000 kugira ngo bazihindurirwe cyangwa bahitemo guhomba.

Banki Nkuru ya Kenya yatangaje ko inoti zishaje z’amashilingi 1000 zizata agaciro uhereye ku itariki ya 1 Ukwakira 2019.

Yahise kandi ishyira ku isoko inoti nshya z’amashilingi 500, iza 200, iza 100 n’iza 50 zizaba ziri gukoreshwa hamwe n’izi noti zishaje kugeza mu Ukwakira.

Uganda ni umufatanyabikorwa ukomeye wa Kenya mu bucuruzi, ndetse byari ibintu bisanzwe kubona abacuruzi bo muri iki gihugu bemera amashilingi ya Kenya cyane cyane mu Mujyi wa Kampala.

Banki Nkuru ya Kenya kandi yashyizeho amabwiriza menshi harimo abuza amabanki gutanga no kwakira hejuru ya miliyoni imwe y’amashilingi ku bantu badafite konti muri izo banki.

Yashyizeho kandi itegeko ko mbere yo kwakira no gutanga amafaranga arenze miliyoni 5 z’amashilingi, banki zigomba kujya zibanza kuyaka uburenganzira.

Abantu bafite amafaranga babonye mu nzira mbi, basigaje amezi ane yo kuyarya bakayamara cyangwa bakayashora mu bikorwa bibafasha kuyabika.

2019-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda n’ubu baracyagaragaza ko 2017 itinze kugera- Hon Mukabalisa

Abanyarwanda n’ubu baracyagaragaza ko 2017 itinze kugera- Hon Mukabalisa

Ubwanditsi 07 Dec 2016
Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe

Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe

Ubwanditsi 24 Jul 2025
Dr Ngabitsinze yatorewe kuyobora PAC, Frank Habineza atorwa muri komisiyo y’Imibereho y’Abaturage

Dr Ngabitsinze yatorewe kuyobora PAC, Frank Habineza atorwa muri komisiyo y’Imibereho y’Abaturage

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Ubwanditsi 25 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC  1-1
Amakuru

Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC 1-1

Ubwanditsi 14 Sep 2024
Senegal yatangaje  abakinnyi 31 batarimo Sadio Mane bazavamo abazakina n’u Rwanda
Amakuru

Senegal yatangaje abakinnyi 31 batarimo Sadio Mane bazavamo abazakina n’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Aug 2023
Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri
Mu Mahanga

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri

Ubwanditsi 04 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru