• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya
Guverineri wa Banki Nkuru ya Kenya, Patrick Njoroge yerekana inoti nshya mu kiganiro n'abanyamakuru kuwa 3 Kamena 2019 i Nairobi

Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya

Ubwanditsi 12 Jun 2019 POLITIKI

Nyuma ya Tanzania, Uganda yabaye igihugu cya kabiri mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), gihagaritse ikoreshwa ry’amashilingi ya Kenya.

Iyi ngo ni inzira yo kubuza Banki zo muri Uganda gukoreshwa mu gusubiza muri Kenya amafaranga yibwe muri icyo gihugu.

Ibi bije nyuma y’aho banki nkuru ya Kenya (CBK) itangarije gahunda yo gukura ku isoko inoti y’amashilingi 1000 nk’inzira yo guhashya ihererekanya ry’amafaranga ritemewe cyangwa kuyigana.

Banki Nkuru ya Uganda ivuga ko iyo myanzuro yafashwe nyuma yo kumenyeshwa na Banki Nkuru ya Kenya, ko yashyize ku isoko inoti nshya tariki ya 31 Gicurasi kandi ikaba yarahagaritse kandi ivunjisha no kuyisubiza amashilingi.

Mu itangazo Banki nkuru ya Uganda yagejeje ku mabanki y’ubucuruzi muri iki gihugu, yatangaje ko amashilingi ya Kenya, atongera kwemerwa uhereye iryo tangazo rigisohoka.

Banki Nkuru ya Uganda yagiriye inama amabanki yo muri icyo gihugu guhagarika kwakira no kohereza aya mashilingi mu rwego rwo kwirinda ibihombo kuko guhindura inoti zakoreshwaga zisimbuzwa inshya bigomba gukorerwa gusa muri Kenya.

Tanzania na yo yafashe umwanzuro nk’uwo kuwa Gatanu w’icyumweru gishize, ibi bituma abanya Kenya baba mu bihugu by’ibituranyi bagomba gusubiza iwabo inoti zabo z’amashilingi 1000 kugira ngo bazihindurirwe cyangwa bahitemo guhomba.

Banki Nkuru ya Kenya yatangaje ko inoti zishaje z’amashilingi 1000 zizata agaciro uhereye ku itariki ya 1 Ukwakira 2019.

Yahise kandi ishyira ku isoko inoti nshya z’amashilingi 500, iza 200, iza 100 n’iza 50 zizaba ziri gukoreshwa hamwe n’izi noti zishaje kugeza mu Ukwakira.

Uganda ni umufatanyabikorwa ukomeye wa Kenya mu bucuruzi, ndetse byari ibintu bisanzwe kubona abacuruzi bo muri iki gihugu bemera amashilingi ya Kenya cyane cyane mu Mujyi wa Kampala.

Banki Nkuru ya Kenya kandi yashyizeho amabwiriza menshi harimo abuza amabanki gutanga no kwakira hejuru ya miliyoni imwe y’amashilingi ku bantu badafite konti muri izo banki.

Yashyizeho kandi itegeko ko mbere yo kwakira no gutanga amafaranga arenze miliyoni 5 z’amashilingi, banki zigomba kujya zibanza kuyaka uburenganzira.

Abantu bafite amafaranga babonye mu nzira mbi, basigaje amezi ane yo kuyarya bakayamara cyangwa bakayashora mu bikorwa bibafasha kuyabika.

2019-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru

Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Ibya abashaka  kwiyamamariza Ubuperezida  ni ‘ Agahomamunwa ‘

Ibya abashaka kwiyamamariza Ubuperezida ni ‘ Agahomamunwa ‘

Ubwanditsi 15 May 2017
1986 : Museveni kuzamura mu ntera abari impunzi muri Uganda Fred Gisa Rwigema na Paul Kagame si urukundo ni amaburakindi [ VIDEO ]

1986 : Museveni kuzamura mu ntera abari impunzi muri Uganda Fred Gisa Rwigema na Paul Kagame si urukundo ni amaburakindi [ VIDEO ]

Ubwanditsi 24 Jun 2019
IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

RUSHYASHYA 17 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya
ITOHOZA

Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Radio France Inter irasaba imbabazi nyuma y’amagambo yatambukije yita Abatutsi bazize Jenoside ibigoryi
POLITIKI

Radio France Inter irasaba imbabazi nyuma y’amagambo yatambukije yita Abatutsi bazize Jenoside ibigoryi

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Akabaye icwende ntikoga
POLITIKI

Akabaye icwende ntikoga

Ubwanditsi 04 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru