• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagizwe umuturage w’icyubahiro wa Abidjan

Perezida Kagame yagizwe umuturage w’icyubahiro wa Abidjan

Ubwanditsi 20 Dec 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi mu gihugu cya Cote d’Ivoire kuri uyu wa kane mu gitondo yahawe urufunguzo rw’umugi wa Abidjan ndetse atangazwa nk’umuturage w’icyubahiro w’uyu mujyi.

Ibi byabereye ku biro by’umujyi wa Abidjan aho Perezida Kagame yashyikirijwe imfunguzo na Guverineri w’uyu mujyi wamuhaye icyubahiro cy’Umukuru w’Igihugu n’Umuturage w’icyubahiro wa Abidjan.

Kagame yashimye icyubahiro yahawe avuga ko yishimiye kwakira imfunguzo z’umujyi mwiza.

Ati “Iki cyubahiro tukishimiye jyewe ubwanjye, umugore wanjye n’abaturage b’u Rwanda nishimira gukorera.”

Yavuze ko ibi abifata nk’ikimenyetso n’igitekerezo cy’umujyi wa Abidjan cyo guhuriza hamwe Abanyafurika b’impande zose z’umugabane, bakamera nkabavandimwe basangiye ikerekezo.

Kagame yavuze ko ubwigenge bw’umujyi wa Abidjan atari umwihariko wawo ko ahubwo ari ikerekezo kimwe cyo kwigenga nk’umugabane wose wa Africa.

Yakomoje ku masezerano agamije isoko rusange ry’umugabane wa Africa,
Continental Free Trade Area (CFTA), avuga ko gukuraho inzitizi zose mu buhahirane bizoroshya guhahirana, kumvikana, gukorera hamwe no gutsimbataza ubucuti bw’abatuye Africa.

Perezida Kagame na Jeannette Kagame baraye bambitswe imidari, Grand-Croix de l’Ordre National de Côte d’Ivoire n’uwitwa  Grade de Commandeur de l’Ordre National de Côte d’Ivoire

Perezida Paul Kagame kandi yahawe icyubahiro nk’icyumuyobozi Mukuru w’umuryango (Traditional Chief of Abidjan District), avuga ko imico y’Abanyafurika ari yo soko y’indangagaciro.

Ati “Uko Africa irushaho gutera imbere, ni ngombwa ko tuguma ku murage wacu, kandi tukawusigira ababyiruka.”

Kagame, wahise ahura n’abikorera mu mujyi wa Abidjan yavuze ko yishimiye igihembo yahawe kandi ngo azahora ari umuturage w’icyubahiro wa Abidjan.

Mu biganiro byakurikiyeho Perezida Paul Kagame yabajijwe ku ruzinduko aherukamo mu gihugu cya Autriche mu nama ihuza Africa n’Uburayi.

Ubwo yageraga muri Cote d’Ivoire ejo ku wa gatatu tariki 19, Perezida Paul Kagame yahawe umudari witwa Grand-Croix de l’Ordre National de Côte d’Ivoire, naho  Jeannette Kagame ahabwa uwitwa Grade de Commandeur de l’Ordre National de Côte d’Ivoire, bayambitswe na Perezida Alassane Ouattara n’umugore we, Dominique Ouattara.

Ku kicaro cy’Urwego rw’Abikorera  (La Confédération Générale des Entreprises de Côte d’Ivoire, CGECI) Perezida Kagame yaganiriye na bamwe mu bikorera muri iki gihugu

2018-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

Ubwanditsi 16 Dec 2025
RDC: Uwari ukuriye Mai-Mai NDC yavuze uko Leta yamufashaga ikanafasha FDLR

RDC: Uwari ukuriye Mai-Mai NDC yavuze uko Leta yamufashaga ikanafasha FDLR

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Ubwanditsi 05 Jan 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Musengimana Jean Claude Ruhango Mbuye, Rugarama
    December 21, 201812:54 pm -

    Perezida Wacu Nukuri Yaramamaye Aho Ageze Hose Bamwubahe Asigaye Arenze Abaperesida Bose

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59
Amakuru

Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59

Ubwanditsi 20 Mar 2024
U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Serge Ndayizeye  yerekeje ahazabera Rwanda  Cultural   Day n’ibiradio bye
ITOHOZA

Serge Ndayizeye yerekeje ahazabera Rwanda Cultural Day n’ibiradio bye

Ubwanditsi 22 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru