• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

Ubwanditsi 01 Nov 2018 UBUKERARUGENDO

Ibicuruzwa by’abanyarwanda bizajya bigurishwa mu Bushinwa ndetse n’Abashinwa boroherezwe kubona ibyiza nyaburanga by’u Rwanda no kurusura binyuze ku isoko ryo kuri internet rya Alibaba Group.

Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Gatatu u Rwanda na Alibaba Group, basinyanye amasezerano y’ubufatanye atatu yo gutangiza urubuga eWTP (electronic World Trade Platform), rufasha ibigo bito n’ibiciriritse gukora ubucuruzi bwambukiranya imipaka binyuze mu ikoranabuhanga.

Aya masezerano agamije gushyigikira iterambere ry’u Rwanda mu bijyanye no guteza imbere gahunda yo guhanga udushya, ubucuruzi bwambukiranya imipaka, aho ibicuruzwa by’u Rwanda bizajya bigurwa mu Bushinwa binyuze kuri Alibaba.

Agamije korohereza Abashinwa kubona ibyiza bitatse u Rwanda no kurusura, aho bazajya bashobora gufata itike z’indege mbere no gufata amahoteli mbere, byose bikazajya bikorwa ku rubuga rwa Alibaba rwitwa Fliggy.

Muri aya masezerano kandi harimo no kubaka ubushobozi bw’Abanyarwanda mu bijyanye no kubaka ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga. Ibi birimo nko kubahugura ku bijyanye no kwishyurana mu ikoranabuhanga n’ibindi.

RDB izakorana na Alibaba mu gufasha abanyarwanda bafite ibigo bito n’ibiciriritse (SMEs), kugurisha ibicuruzwa byabo nk’ikawa, ibikomoka mu bukorikori mu Bushinwa binyuze ku ipaji y’urubuga rwa Alibaba yitwa ’Tmall Global’.

Alibaba ifite abakiriya barenga miliyoni 500 ku Isi yose, ni cyo kigo gikomeye ku Isi gifite isoko ryo kuri internet riruta andi, akaba n’aho Abashinwa bakura ibicuruzwa byiza biturutse ku Isi yose.

Umuyobozi wa Alibaba Group ari nawe wayishinze Jack Ma, yavuze ko yishimiye ko u Rwanda rubaye igihugu cya mbere gitangirijwemo eWTP muri Afurika, kandi yiteguye iterambere ryo guhanga udushya tuganisha mu bukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.

Yavuze ko icyatumye atoranye kugirana ubu bufatanye n’u Rwanda mbere y’ibindi bihugu muri Afurika ari ‘igihugu gikomeye, gifite umutekano, isuku n’imbaraga zidasanzwe ziharanira impinduka.

Ati “Mfite icyizere ko eWTP izabasha gufasha ibigo bito n’ibiciriritse, abakiri bato, abagore hano no muri Afurika kugurisha ibicuruzwa byabo ku rwego rw’Isi.”

Nyuma yo gusinya amasezerano Perezida Kagame yavuze ko urubuga rw’ubucuruzi (eWTP) rufunguye imipaka mishya mu bucuruzi bwo kuri internet, ubukerarugendo bw’u Rwanda kandi ruzongera urwego rwo guhangana ku masoko mpuzamahanga kwa ba rwiyemezamirimo.

Yakomeje avuga ko ruzafasha abacuruzi kugurisha ibicuruzwa ku bakiriya benshi, kandi bakunguka cyane. Gusa yabasabye gukora ibicuruzwa byinshi kandi byiza.

Ati “Ndashaka gusaba ibigo by’abanyarwanda n’urubyiruko kubyaza umusaruro aya mahirwe y’iri koranabuhanga, bakita ku by’ingenzi. Ni aha buri kigo gukora ibicuruzwa byiza abakiriya bifuza kugura kandi bagahora babibona kuri uru rubuga.”

Yijeje ko u Rwanda ruzakomeza gukora ishoramari rikomeye mu burezi, mu kubaka ibikorwa remezo bya internet kugira ngo rwihutishe iterambere ry’urwego rw’ikoranabuhanga

Rebero John ucuruza ikawa yitwa Igihango Women’s Coffee, ni umwe mu bari baragejeje ikawa yabo kuri Alibaba mu cyiciro cy’igerageza, yashimangiye ko aya masezerano agiye kugeza abacuruzi bo mu Rwanda ku isoko rinini.

Ati “Ikawa yacu twashoboye kuyigeza kuri Alibaba, bigiye kutugeza ku isoko rinini binongera agaciro k’ikawa. Ubusanzwe ikawa isanzwe yagurwaga amadolari umunani igeze ku isoko mpuzamahanga muri Amerika, mu Bushinwa cyangwa mu Burayi. Ubu barayifatira ku madolari hafi 16 ku kiro”.

Avuga ko biteguye kuzamura ubwinshi, gukomeza gutanga ubwiza batanze no gushaka uko igihe cyose ikenewe bayigezayo.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Clare Akamanzi, yavuze ko uru rubuga ari ingirakamaro kuko rutumye abacuruzi b’abanyarwanda bibona mu bucuruzi bw’u Bushinwa n’Isi muri rusange.

Ati “Uru rubuga rugamije kugabanya inzitizi mu bucuruzi, kongera urwego rwo kugera ku masoko no korohereza ibigo by’abanyarwanda n’iby’abanyafurika kwagura ubucuruzi bwabyo ku rwego rw’Isi.”

Yavuze ko ari amahirwe akomeye ku ikawa y’u Rwanda kuko abayinywa mu Bushinwa biyongeraho 15% ku mwaka.

Abashinwa b’abakerarugendo bakoresheje miliyari 300 z’amadolari mu bukerarugendo mu 2017, nibo bakoresheje menshi ku Isi. Akamanzi avuga ko ari amahirwe yo gukurura abasura u Rwanda kuko nk’umwaka ushize rwakiriye 5000 bo mu Bushinwa.

Mu igerageza kandi ba rwiyemezamirimo batanu b’abanyarwanda n’abanyeshuri 38 bo muri Kaminuza icyenda bahuguwe ku bucuruzi bwo mu ikoranabuhanga, 13 muri bo babonye impamyabushobozi.

Perezida Kagame na Jack Ma basura ikawa y’u Rwanda yamaze kugezwa ku rubuga rwa Alibaba

 

2018-11-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rutahizamu Kylian Mbappe  yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Rutahizamu Kylian Mbappe yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Ubwanditsi 10 May 2024
Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe

Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe

Ubwanditsi 18 May 2019
U Rwanda na Cap-Vert byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege

U Rwanda na Cap-Vert byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Ubwanditsi 01 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako  ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo
Mu Mahanga

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Bimwe mu byo wamenya ku bahawe Impeta z’ishimwe [ Photos ]
HIRYA NO HINO

Bimwe mu byo wamenya ku bahawe Impeta z’ishimwe [ Photos ]

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Abanyarwanda n’ubu baracyagaragaza ko 2017 itinze kugera- Hon Mukabalisa
POLITIKI

Abanyarwanda n’ubu baracyagaragaza ko 2017 itinze kugera- Hon Mukabalisa

Ubwanditsi 07 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru