• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Abakerarugendo bahawe imyaka ibiri yo guhindura amatariki yo gusura pariki kubera Coronavirus

Abakerarugendo bahawe imyaka ibiri yo guhindura amatariki yo gusura pariki kubera Coronavirus

Ubwanditsi 10 Mar 2020 UBUKERARUGENDO

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyashyizeho amabwiriza aha uburenganzira abakerarugendo batemberera mu Rwanda bwo kuba bahindura amatariki yo gusura ingagi mu gihe kitarenze imyaka ibiri mu rwego rwo guhangana na Coronavirus.

Iri tangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Mbere nyuma y’uko inzego zitandukanye zikomeje gufata ingamba zo guhashya Coronavirus iri guhitana imbaga hirya no hino ku Isi.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ryatangaje ko COVID-19 ari icyorezo gihangayikishije Isi ndetse mu kwirinda ko cyagera mu Rwanda hafashwe ingamba zifatika.

Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 6 Werurwe “yemeje gushyira ingufu mu kugikumira no guhangana nacyo harimo gukomeza gukangurira abaturage gukurikiza inama zo kucyirinda, kwitabaza inzego z’ubuzima mu gihe hari ugaragayeho kimwe mu bimenyetso biranga icyo cyorezo no kugabanya ingendo n’inama zitari ngombwa hanze n’imbere mu gihugu.”

Iki gikorwa kiyobowe na Serivisi za Minisitiri w’Intebe, Minisiteri y’Ubuzima, iy’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Inzego z’umutekano. Itangazo Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yashyizeho umukono ku wa 6 Werurwe 2020, rivuga ko mu rwego rwo kwirinda no gukumira Coronavirus, u Rwanda rwifashisha camera ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe mu gutahura uyiketsweho.

Coronavirus ni icyorezo cyatangiriye mu Bushinwa mu mpera z’Ukuboza 2019. Muri icyo gihugu abamaze kucyandura ni 80 859, mu gihe abapfuye ari 3 100. Hanze y’u Bushinwa hamaze kwandura abantu 25 208 ndetse abagera kuri 500 bamaze gupfa. Kugeza ubu mu Rwanda nta murwayi wa Coronavirus urahagaragara.

Mu itangazo rya RDB ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere kuri uyu wa 9 Werurwe 2020, rivuga ko na “Serivisi z’ubukerarugendo zikomeje gutangwa nk’ibisanzwe mu gihugu hose.’’

RDB yashyize hanze amabwiriza azagenderwaho mu gihe hari abakerarugendo bashaka gusubika cyangwa kwimura ingendo zabo.

Iryo tangazo rivuga ko “Hakuweho uburyo umuntu yamenyeshaga mbere y’iminsi irindwi kugira ngo asure pariki; hakuweho iminsi 30 yagenwaga ngo ikigo gitembereza ba mukerarugendo kibe cyamenyekanishije ko bishyuye.’’

Rikomeza riti “Abakerarugendo bifuza gusubika uruhushya baguze rwo gusura pariki kubera ihagarikwa ry’ingendo z’indege cyangwa bakumiriwe gukora ingendo ahantu runaka bitewe na Coronavirus bafite igihe cy’imyaka ibiri yo kwimura itariki bari bafashe bidasabye ikindi kiguzi; abaguze impushya zo gusura pariki mu mezi atabamo ba mukerarugendo benshi bashobora guhindura igihe bagombaga gusurira ingagi, bagahitamo ikindi gihe nk’icyo bitarenze imyaka ibiri. Abakerarugendo bagombaga kwitabira inama baguze impushya ku giciro kigabanyijwe na bo bemerewe kwigiza inyuma impushya baguze bakaba bazikoresha mu kindi gihe bahitamo mu myaka ibiri.’’

Iri tangazo rigaragaza ko uburenganzira bwatanzwe mu gihe butarahindurwa bwemerewe gukoreshwa mu gihe cy’amezi atandatu uhereye igihe ryashyiriweho umukono kandi urwo ruhushya rugakoreshwa mu myaka ibiri.

Mu ngamba u Rwanda rwafashe mu gukumira Coronavirus harimo gushishikariza Abanyarwanda kwirinda kuramukanya abantu bahana ibiganza no guhoberana, kugabanya ingendo zitari ngombwa mu bihugu byagaragayemo icyo cyorezo.

Hari kandi kwirinda gukorora cyangwa kwitsamura iruhande rw’abandi, gukaraba intoki hakoreshejwe amazi asukuye cyangwa ubundi buryo bwo gusukura intoki, kwirinda kwegera abandi igihe cyose warwaye ibicurane, inkorora cyangwa ufite umuriro mwinshi.

Umujyi wa Kigali na wo kuva kuwa 8 Werururwe wasubitse ibikorwa byose  bihuriza abantu benshi ahantu hamwe birimo ibitaramo by’imyidagaduro n’ibindi birori bihuza abantu benshi nk’imurikagurisha, imurikabikorwa, umutambagiro n’ibindi.

Coronavirus yandurira mu matembabuzi, igafata imyanya y’ubuhumekero ku buryo yica umuntu imuteye umusonga. Uburyo bw’ibanze mu kuyirinda ni ukugira isuku binyuze mu gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune, cyangwa gukoresha alcool yica udukoko.

Nta muti wa Coronavirus cyangwa urukingo bizwi, igikomeje kwifashishwa ni ukuvura ibimenyetso byayo gusa. Icyizere ariko kigenda kizamuka kuko mu Bashinwa bari baranduye iyi coronavirus, abagera ku 57 143 barayikize.

Src: IGIHE

2020-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Ubwanditsi 01 Jun 2023
Tembera urwimisozi 1000. [Rwanda]- Mu mafoto 60 aboneka gake, tujyane gusura umuryango w’ingagi wa Sabyinyo

Tembera urwimisozi 1000. [Rwanda]- Mu mafoto 60 aboneka gake, tujyane gusura umuryango w’ingagi wa Sabyinyo

Ubwanditsi 27 Nov 2017
CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ubwanditsi 15 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sana Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) yashyinguwe
Mu Mahanga

Sana Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) yashyinguwe

Ubwanditsi 17 Dec 2016
U Burundi bwiyemeje kwiyegereza  abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwiyemeje kwiyegereza abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare

Ubwanditsi 31 Jan 2018
TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu
IMIKINO

TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

Ubwanditsi 14 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru