• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

Ubwanditsi 16 Dec 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Kuva muri 2023, abayobozi b’Uburundi bagiranye amasezerano na Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo yo koherezayo ingabo mu kurwanya umutwe wa M23, akaba amasezerano ataravuzweho rumwe, aho bivugwa ko perezida Ndayishimiye ahabwa arenga ibihumbi bitanu by’amadorari kuri buri musirikare woherejweyo.

Si amafranga arya wenyine, kuko n’umugaba wingabo z’Uburundi Prime Niyongabo, nawe yahawe isoko ryo kuvura abasirikare bakomerekeye ku rugamba, aho boherezwa mu bitaro bye bwite, aho kujyanwa ku bitaro bya gisirikare bya Kamenge nkuko bisanzwe nkuko tubikesha ikinyamakuru Sarambwe.com.

Amakuru Rushyashya yamenye, Centre Medico-Chirurgical de Kinindo (CMCK), bikaba aribyo bitaro bya Prime Niyongabo, nibyo byakira abakomerekeye ku rugamba, amafaranga ubusanzwe yahabwaga ibitaro bya gisirikare, akisanga mu mufuka wa Niyongabo, dore ko nibyo bitaro binacungwa bya hafi ni umugore we.

Umwe mu basesenguzi ba politike muri aka karere waganiriye na Rushyashya, ahamya ko uku gushakira amafaranga mu basirikare b’Abarundi haba abazima cyangwa inkomere, biri mu bituma intambara muri Kongo itarangira, aho batsinda babona amafaranga, ariko nanone banatsindwa bakigwizaho andi biciye mu nkomere.

Ibi byose byo kwigwizaho amafaranga binyuze mu gushora abasirikare b’Abarundi mu ntambara itari ngombwa muri Kongo, biri kuba mu gihe Uburundi bwongeye kugarizwa n’ikibazo kibura by’ibitoro ndetse n’amadevize muri rusange, tutibagiwe nibindi byemezo byagiye bifatwa ngo bashimishe ubahemba Tshisekedi birimo nko gufunga umupaka ubuhuza n’u Rwanda, bikomeje gukenesha no kubeshaho nabi abarundi.

2025-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Kazura yashoje uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itanu yagiriraga muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo aho yakiriwe na Perezida Tshisekedi

Gen Kazura yashoje uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itanu yagiriraga muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo aho yakiriwe na Perezida Tshisekedi

Ubwanditsi 21 Mar 2021
REG VC na APR WVC begukanye igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari 2023 mu mukino wa Volleyball

REG VC na APR WVC begukanye igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari 2023 mu mukino wa Volleyball

Ubwanditsi 30 Jan 2023
Hitegurwa shampiyona ya Besketball 2023, abakinnyi 6 bongerewe amasezerano muri APR WBBC

Hitegurwa shampiyona ya Besketball 2023, abakinnyi 6 bongerewe amasezerano muri APR WBBC

Ubwanditsi 12 Jan 2023
Ibyemezo bya CAF bitumye U Rwanda U20 rusezerera Uganda

Ibyemezo bya CAF bitumye U Rwanda U20 rusezerera Uganda

Ubwanditsi 13 May 2016

Igitekerezo kimwe

  1. TzwSVsOw
    December 28, 20257:01 pm -

    1

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru