• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abakuru b’ibihugu bya EAC ntibakigiye Arusha kuko amasezerano y’Abarundi atagisinywe

Abakuru b’ibihugu bya EAC ntibakigiye Arusha kuko amasezerano y’Abarundi atagisinywe

Ubwanditsi 08 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Byari biteganyijwe yuko abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba bajya Arusha muri Tanzania uyu munsi tariki 8/12/2017 mu isinywa ry’amasezerano y’Abarundi ariko ntabwo bakigiyeyo kuko ayo masezerano atagisinywe.

Nk’uko byaraye bitangajwe n’umuhuza w’Abarundi, Benjamini Mukapa, ayo masezerano y’Abarundi ntabwo agisinywe ngo kuko nta kintu gifatika kigeze kigerwaho muri ibyo biganiro by’ibyumweru bibiri bisoza uyu munsi !

Mukapa, ariwe Muhuza uhoraho ariko akaba yunganira Perezida Yoweri Kaguta Museveni muri ubwo buhuza, yatumije iyo mishyikirano ya kane ku Barundi yizeye yuko ariyo yagombaga kuba iya nyuma, hagahita hasinywa amasezerano imbere y’abakuru b’ibihugu byose bitandatu bigize EAC.

Nk’uko bamwe mu bari muri ibyo biganiro babidutangarije ntabwo Mukapa yaraye ahishe ykuri. Yavuze yuko yacitse intege ngo kubera yuko iyo mishyikirano nta kintu cyo gusinyira yagezeho.

Nk’uko ariko Rushyashya yakomeje ibitangaza, kuva iyo mishyikirano yatumizwa, nta cyagaragaraga gifatika yari kugeraho. Yatumijwe nabi biba na ngombwa yuko inakorwa nabi.

Mugutumiza iyo mishikirano ntabwo umuhuza yigeze atumiza inzego zirebwa n’ibibazo by’Abarundi ahubwo yatumije abantu ku giti cyabo nubwo baba  baturuka muri izo nzego. Iyi ikaba ariyo mpamvu umutwe ukomeye kurusha iyindi muri opozisiyo y’u Burundi, CNRD, yanze kwitabira ibyo biganiro kandi byakabaye ngombwa yuko wagombaga kuba uhari.

Icya kabiri n’uko ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza bwari bwararangije kugaragaza yuko iyo mishyikirano igomba kutagira icyo yageraho. Muri opozisiyo bavugaga yuko muri iyo mishyikirano bari kumvikana ibyo gushyiraho guverinoma y’inzibacyuho, ariko Bujumbura ikavuga yuko umuhuza azanye ibyo kuganira kuri iyo ngingo yahita yikura muri ibyo biganiro.

Ikindi n’uko abari buri ibyo biganiro batigeze banahura. Hahuraga amatsinda afite icyo ahuriyeho, ibyo buri tsinda ryaganiriyeho Mkapa akabishyikiriza ayandi, byinshi bigaterwa ibyatsi !

Uko bigaragara rero nuko akazi ko guhuza abarundi kananiye Mukapa wigeze kuyobora Tanzania nk’uko ako guhuza abatavuga rumwe muri DRC kananiye Edem Kodjo wigeze kuyobora Togo.

2017-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri Kongo abadepite barigaragambya binubira kudahembwa. Ko u Rwanda rwikorezwa imizigo yose ya Kongo, ibi nabyo rubifitemo uruhare?

Muri Kongo abadepite barigaragambya binubira kudahembwa. Ko u Rwanda rwikorezwa imizigo yose ya Kongo, ibi nabyo rubifitemo uruhare?

Ubwanditsi 07 Jun 2022
Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Umunyamakuru Casmiry Kayumba  yashyinguwe gitwari

Umunyamakuru Casmiry Kayumba  yashyinguwe gitwari

Ubwanditsi 18 Jan 2018
Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Ubwanditsi 05 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo
Mu Mahanga

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Ubwanditsi 19 Sep 2019
FDLR  igeze mu marembera
Mu Rwanda

FDLR igeze mu marembera

Ubwanditsi 16 May 2016
Niduhitamo guhangana, tuzaba duha urwaho abatatwifuriza ibyiza –Perezida Kagame
Mu Mahanga

Niduhitamo guhangana, tuzaba duha urwaho abatatwifuriza ibyiza –Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru