• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Niba Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaremeje ko mu Rwanda hubahirizwa uburenganzira bwa muntu, ni iki cyabuza icyo gihugu koherereza u Rwanda abajenosideri gicumbikiye?

Niba Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaremeje ko mu Rwanda hubahirizwa uburenganzira bwa muntu, ni iki cyabuza icyo gihugu koherereza u Rwanda abajenosideri gicumbikiye?

Ubwanditsi 29 Apr 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu cyumweru gishize, Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaciye impaka zari zimaze imyaka 2, maze ishingiye ku bimenyetso bigaragaza ko mu Rwanda hari umutekano usesuye, n’ibindi bisabwa ngo uburenganzira bwa buri wese bwubahirizwe, itora itegeko ryemerera Guverinoma y’icyo gihugu kohereza mu Rwanda abimukira bakirimo mu buryo butemewe n’amategeko.

Nyuma y’amasaha make, iri tegeko ryahise rinashimangirwa n’Umwami Karoli III, bisobanuye ko rigomba gutangira gushyirwa mu bikorwa.

Niba rero inzego z’ikirenga mu butegetsi bw’Ubwongereza zihamije ko mu Rwanda hari umutekano n’ubutabera, urundi rwitwazo rwaba uruhe mu gukomeza kugundira amadosiye y’abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho kubohereza mu Rwanda ngo baburanishwe, nk’uko byasabwe, none imyaka ikaba ibaye agahishyi Abongereza baratereye agati mu ryinyo? Ese gukingira ikibaba abicanyi, nibyo kurengera uburenganzira bw’ikiremwamuntu bahora batoza abandi?

Kuva mu mwaka wa 2007, ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwashyikirije Ubwongereza dosiye z’Abanyarwanda 5 bakekwaho kuba abajenosideri, hasabwa ko bakoherezwa mu nkiko zo mu Rwanda. Kuva icyo gihe, ari ukubohereza byimwe agaciro, ari no kubaburanishiriza mu Bwongereza nibura, nabyo ntibyakorwa.

Abo ba ruharwa ni:

1. Vincent Bajinya usigaye wiyita ” Brown Vincent” mu rwego rwo kuyobya uburari, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi akaba yarayoboraga ikigo cyo kuboneza urubyaro cya ONAPO. Ashinjwa uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi benshi mu Mujyi wa Kigali.
2. Céléstin Mutabaruka wategekaga umushinga w’ubuhinzi ” Crête-Zaïre-Nil”. Yahaye abicanyi amabwiriza, amafaranga n’imodoka z’umushinga, kugirango batsembe inzirakarengane z’Abatutsi zari zahungiye mu Bisesero.
3. Emmanuel Nteziryayo wari burugumesitiri wa Mudasomwa, mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro.
4. Charles Munyaneza wari burugumesitiri wa Komini Kinyamakara, nayo ya Gikongoro.
5. Céléstin Ugirashebuja wari burugumesitiri wa Kigoma, Komini yahoze mu cyitwaga Perefegitura ya Gitarama.

Mu mwaka 2008 inkiko zo mu Bwongereza zemeje ko aba uko ari 5 boherezwa kuburanira mu Rwanda, ahabereye ibyaha bakurikiranyweho, ariko mu mwaka wakurikiyeho ubujurire bwabo buhabwa agaciro, ngo kuko mu Rwanda batari kubona ubutabera n’uburenganzira binoze.

Muw’2022, Borris Johnson wari Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza icyo gihe, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Kigali, yavuze ko agiye gukora ibishoboka byose abo bajenosideri bakaryozwa ibyo bakoze, nyamara n’abamusimbuye kuri uwo mwanya ntibigeze bubahiriza isezerano.

Nyuma rero y’imyaka 30 habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, amajwi menshi akomeje gutera hejuru, yibaza niba amaherezo imiryango y’abiciwe n’izi nkoramaraso izashyira igahabwa ubutabera.

Igiteye impungenge kurushaho, ni uko aba baruharwa bagenda basatira imyaka y’ubusaza, bikabongerera amahirwe yo kuzava kuri iyi si batumvise ikibatsi cy’ubutabera, nk’uko byagenze kuri ruharwa Kabuga Felisiyani, utazaburanishwa ngo kuko ashaje cyane.

Imiryango iharanira guca umuco wo kudahana ndetse n’iy’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, irasaba Ubwongereza gushyira imbaraga mu kugeza mu butabera aba bantu 5, nk’izo bashyize mu gutambutsa itegeko ryemerera icyo gihugu kwikuraho abimukira bahaba mu buryo butemewe n’amategeko.

2024-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Addis Ababa : Perezida Kagame yitabiriye Ihuriro Nyafurika ry’Abashoramari n’Abikorera

Addis Ababa : Perezida Kagame yitabiriye Ihuriro Nyafurika ry’Abashoramari n’Abikorera

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Uwari Visi Perezida muri Sudan y’Epfo yahungiye Sudan ya ruguru

Uwari Visi Perezida muri Sudan y’Epfo yahungiye Sudan ya ruguru

Ubwanditsi 24 Aug 2016
Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Abanyarwanda batuye mu mahanga bemerewe gukoresha indangamuntu binjira mu Rwanda

Abanyarwanda batuye mu mahanga bemerewe gukoresha indangamuntu binjira mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho
INKURU NYAMUKURU

Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Ubwanditsi 11 Oct 2019
Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe
Amakuru

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Ubwanditsi 29 Jun 2021
Amafoto yihariye y’abakobwa ba mbere binjiye muri Miss Rwanda 2018
SHOWBIZ

Amafoto yihariye y’abakobwa ba mbere binjiye muri Miss Rwanda 2018

Ubwanditsi 14 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru