• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rugiye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside

U Rwanda rugiye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 25 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda rufite ibimenyetso byinshi ku Bafaransa bagize uruhare muri Jenoside, ku bw’ibyo hari gutegurwa impapuro zo guta muri yombi bamwe.

Mu mwaka ushize u Rwanda rwasohoye urutonde rw’abasirikare bakuru b’u Bufaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu hategerejwe ko iperereza kuri bo ritangira.

Hashize iminsi mike kandi hasohotse raporo yiswe ‘Muse’ yakozwe n’Ikigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyitwa Cunningham Levy Muse. Muri iyi raporo havugwamo ko u Bufaransa bwafashije mu gutanga intwaro ku bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi no kubarinda mbere na nyuma y’iminsi ijana yayo.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda kuri iki Cyumweru, Minisitiri Louise Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda rufite ibimenyetso byinshi bigaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Dufite ibimenyetso bifatika byinshi, ndetse nyuma y’iyi raporo yasohotse ejo bundi turakomeza, raporo zizaba nyinshi hari n’izindi ziriho zimaze igihe. Turifuza noneho gucukumbura neza abo twagiye tubonaho ibimenyetso ndetse bamwe n’impapuro zishobora kuzabafatisha zatangiye gukorwa, zirahari.”

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, CNLG, tariki ya 31 Ukwakira 2016 nibwo yashyize ahagaragara inyandiko ikubiyemo urutonde rw’abasirikare b’u Bufaransa bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umushinjacyaha Mukuru, Jean Bosco Mutangana, yigeze kubwira IGIHE ko icyo u Rwanda rwifuza ari ubufatanye mu iperereza kuri aba basirikare kuko rwagararije u Bufaransa ko abantu babwo bakekwaho ibyaha bya jenoside, ndetse ihame mpuzamahanga ritegeka ibihugu koroherezanya mu iperereza ku mpande zombi.

Ikinamico mu iperereza ku ndege ya Habyarimana

Indege ya Habyarimana yahanuwe tariki ya 6 Mata 1994, gusa guhera mu 1998 u Bufaransa bwatangije iperereza ritarangira ku wayihanuye.

Muri iki kiganiro, Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko kuba u Bufaransa budahwema kuzamura iyi dosiye biri mu mugambi wabwo wo gushaka kuyobya uburari ariko ko u Rwanda rutazigera rudohoka mu kugaragaza uruhare rw’iki gihugu muri Jenoside.

Ati “Ubundi iyo habaye impanuka, umuntu yifuza ko ababishinzwe, abashobora kuba bafite ububasha bwo kubikurikirana bahagera bakareba, ariko mu babujije abantu kwegera aho indege yaguye harimo Abafaransa n’abasirikare bari mu bikorwa bya Jenoside hano mu gihugu. Ibyo ni ibintu umuntu adakwiye no kuburana ariko ni politiki, uwakoze amarorerwa muri iki gihugu yasanze ari ibintu bimwicira isura cyane ku buryo agomba gukoresha ibishoboka kugira ngo abihishe, ariko ibikorwa byabaye ni byinshi ku buryo kubihisha ntibishoboka.”

Umucamanza Jean Louis Bruguière ni we watangije icyiswe iperereza yakoze adakandagiye ku butuka bw’u Rwanda, ariherekeresha impapuro zita muri yombi bamwe mu basirikare bakuru b’u Rwanda bagize uruhare mu rugamba rwo guhagarika Jenoside.

Nyuma muri Nzeri 2010, abacamanza babiri Nathalie Poux na Marc Trevedic baje mu Rwanda mu iperereza ku ihanurwa ry’iyi ndege, bagira n’umwanya wo kumva ubuhamya bw’abantu batandukanye yaba abari mu Rwanda no mu Burundi, nyuma banzura ko iyi ndege yahanuwe n’agatsiko k’intagondwa z’Abahutu zitakozwaga iby’isaraganya ry’ubutegetsi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda rwiteguye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside

Mu mwaka ushize wa 2016, Umucamanza Jean-Marc Herbaut na Nathalie Poux bongeye kugaruka kuri iri perereza, batangira baha umwanya bamwe mu barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda nk’abatangabuhamya bakunze kurangwa no kunyuranya imvugo. Gusa hashize iminsi mike iki gihugu kivuze ko risojwe.

Minisitiri Mushikiwabo asanga kuba ubwabyo iperereza ryarahagaritswe inshuro eshatu ari ikinamico.

Ati “Urubanza ruhagaritswe inshuro eshatu, iyo ni imikino, bimeze nka sinema umuntu arabireba gusa ugasanga biteye isoni ariko twebwe nk’u Rwanda ni ikintu gikomeye cyane […] Jenoside yakozwe n’Abanyarwanda nibyo ariko bafashijwe n’abandi batari abanyarwanda. Aba mbere muri abo ni Abafaransa. Birazwi, amazina yabo arahari, aho bakoraga harahari, hari abari abajyanama mu iperereza muri Leta yakoze Jenoside, hari abari abasirikare harimo n’abatoje Interahamwe kwica abanyarwanda, harimo n’abanyapolitiki.”

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko gukomeza guhakana kw’Abafaransa bitazatuma umubano w’ibihugu byombi umera neza ahubwo ko u Rwanda rwiteguye kurwana iyi ntambara.

Ati “Nta gihugu cyifuza kugira umwanzi uhoraho, ariko birasaba ko u Bufaransa bufata icyemezo, ntabwo igihugu cyose cy’u Bufaransa cyakoze Jenoside ariko harimo abayobozi bakomeye ndetse bamwe bakiriho bakomeza gushaka kugenda bahakana. Iyi ntambara ntishobora guhagarara. Niba u Bufaransa bwifuza intambara yo guhakana, iyi ni intambara twiteguye imyaka myinshi cyane.”

Perezida Kagame yigeze kuvuga ko u Bufaransa bwari bukwiye kuba bwarajyanywe mu nkiko kubera uruhare rwabwo muri Jenoside.

Muri iki kiganiro, Minisitiri Mushikiwabo yanagarutse ku mahitamo y’u Rwanda mu kwakira abimukira bacuruzwaga muri Libya, avuga ko atari uko rukize ahubwo ari ukubera ubumuntu n’indangagaciro ziranga abanyarwanda.

2017-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

RUSHYASHYA 08 Nov 2025
Kwicisha bugufi no guteza imbere Abanyarwanda, mu bizaranga FPR mu myaka 2 iri imbere

Kwicisha bugufi no guteza imbere Abanyarwanda, mu bizaranga FPR mu myaka 2 iri imbere

Ubwanditsi 17 Dec 2017
Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Ubwanditsi 15 Sep 2019
FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

Ubwanditsi 24 Jan 2025

Igitekerezo kimwe

  1. niyogihozo
    July 30, 20182:06 pm -

    Ni byo rwose abagize uruhare mu kuduhekura bose babiryozwe ingoma igihumbi

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyagatare : Barishimira umusaruro w’ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Nyagatare : Barishimira umusaruro w’ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Feb 2016
Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego
Amakuru

Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego

Ubwanditsi 14 Nov 2023
COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi
UBUKUNGU

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Ubwanditsi 26 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru