• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rugiye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside

U Rwanda rugiye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 25 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda rufite ibimenyetso byinshi ku Bafaransa bagize uruhare muri Jenoside, ku bw’ibyo hari gutegurwa impapuro zo guta muri yombi bamwe.

Mu mwaka ushize u Rwanda rwasohoye urutonde rw’abasirikare bakuru b’u Bufaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu hategerejwe ko iperereza kuri bo ritangira.

Hashize iminsi mike kandi hasohotse raporo yiswe ‘Muse’ yakozwe n’Ikigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyitwa Cunningham Levy Muse. Muri iyi raporo havugwamo ko u Bufaransa bwafashije mu gutanga intwaro ku bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi no kubarinda mbere na nyuma y’iminsi ijana yayo.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda kuri iki Cyumweru, Minisitiri Louise Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda rufite ibimenyetso byinshi bigaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Dufite ibimenyetso bifatika byinshi, ndetse nyuma y’iyi raporo yasohotse ejo bundi turakomeza, raporo zizaba nyinshi hari n’izindi ziriho zimaze igihe. Turifuza noneho gucukumbura neza abo twagiye tubonaho ibimenyetso ndetse bamwe n’impapuro zishobora kuzabafatisha zatangiye gukorwa, zirahari.”

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, CNLG, tariki ya 31 Ukwakira 2016 nibwo yashyize ahagaragara inyandiko ikubiyemo urutonde rw’abasirikare b’u Bufaransa bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umushinjacyaha Mukuru, Jean Bosco Mutangana, yigeze kubwira IGIHE ko icyo u Rwanda rwifuza ari ubufatanye mu iperereza kuri aba basirikare kuko rwagararije u Bufaransa ko abantu babwo bakekwaho ibyaha bya jenoside, ndetse ihame mpuzamahanga ritegeka ibihugu koroherezanya mu iperereza ku mpande zombi.

Ikinamico mu iperereza ku ndege ya Habyarimana

Indege ya Habyarimana yahanuwe tariki ya 6 Mata 1994, gusa guhera mu 1998 u Bufaransa bwatangije iperereza ritarangira ku wayihanuye.

Muri iki kiganiro, Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko kuba u Bufaransa budahwema kuzamura iyi dosiye biri mu mugambi wabwo wo gushaka kuyobya uburari ariko ko u Rwanda rutazigera rudohoka mu kugaragaza uruhare rw’iki gihugu muri Jenoside.

Ati “Ubundi iyo habaye impanuka, umuntu yifuza ko ababishinzwe, abashobora kuba bafite ububasha bwo kubikurikirana bahagera bakareba, ariko mu babujije abantu kwegera aho indege yaguye harimo Abafaransa n’abasirikare bari mu bikorwa bya Jenoside hano mu gihugu. Ibyo ni ibintu umuntu adakwiye no kuburana ariko ni politiki, uwakoze amarorerwa muri iki gihugu yasanze ari ibintu bimwicira isura cyane ku buryo agomba gukoresha ibishoboka kugira ngo abihishe, ariko ibikorwa byabaye ni byinshi ku buryo kubihisha ntibishoboka.”

Umucamanza Jean Louis Bruguière ni we watangije icyiswe iperereza yakoze adakandagiye ku butuka bw’u Rwanda, ariherekeresha impapuro zita muri yombi bamwe mu basirikare bakuru b’u Rwanda bagize uruhare mu rugamba rwo guhagarika Jenoside.

Nyuma muri Nzeri 2010, abacamanza babiri Nathalie Poux na Marc Trevedic baje mu Rwanda mu iperereza ku ihanurwa ry’iyi ndege, bagira n’umwanya wo kumva ubuhamya bw’abantu batandukanye yaba abari mu Rwanda no mu Burundi, nyuma banzura ko iyi ndege yahanuwe n’agatsiko k’intagondwa z’Abahutu zitakozwaga iby’isaraganya ry’ubutegetsi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda rwiteguye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside

Mu mwaka ushize wa 2016, Umucamanza Jean-Marc Herbaut na Nathalie Poux bongeye kugaruka kuri iri perereza, batangira baha umwanya bamwe mu barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda nk’abatangabuhamya bakunze kurangwa no kunyuranya imvugo. Gusa hashize iminsi mike iki gihugu kivuze ko risojwe.

Minisitiri Mushikiwabo asanga kuba ubwabyo iperereza ryarahagaritswe inshuro eshatu ari ikinamico.

Ati “Urubanza ruhagaritswe inshuro eshatu, iyo ni imikino, bimeze nka sinema umuntu arabireba gusa ugasanga biteye isoni ariko twebwe nk’u Rwanda ni ikintu gikomeye cyane […] Jenoside yakozwe n’Abanyarwanda nibyo ariko bafashijwe n’abandi batari abanyarwanda. Aba mbere muri abo ni Abafaransa. Birazwi, amazina yabo arahari, aho bakoraga harahari, hari abari abajyanama mu iperereza muri Leta yakoze Jenoside, hari abari abasirikare harimo n’abatoje Interahamwe kwica abanyarwanda, harimo n’abanyapolitiki.”

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko gukomeza guhakana kw’Abafaransa bitazatuma umubano w’ibihugu byombi umera neza ahubwo ko u Rwanda rwiteguye kurwana iyi ntambara.

Ati “Nta gihugu cyifuza kugira umwanzi uhoraho, ariko birasaba ko u Bufaransa bufata icyemezo, ntabwo igihugu cyose cy’u Bufaransa cyakoze Jenoside ariko harimo abayobozi bakomeye ndetse bamwe bakiriho bakomeza gushaka kugenda bahakana. Iyi ntambara ntishobora guhagarara. Niba u Bufaransa bwifuza intambara yo guhakana, iyi ni intambara twiteguye imyaka myinshi cyane.”

Perezida Kagame yigeze kuvuga ko u Bufaransa bwari bukwiye kuba bwarajyanywe mu nkiko kubera uruhare rwabwo muri Jenoside.

Muri iki kiganiro, Minisitiri Mushikiwabo yanagarutse ku mahitamo y’u Rwanda mu kwakira abimukira bacuruzwaga muri Libya, avuga ko atari uko rukize ahubwo ari ukubera ubumuntu n’indangagaciro ziranga abanyarwanda.

2017-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ubwanditsi 21 May 2025
Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Ubwanditsi 19 Mar 2022
Gen Maj Aloys NTIWIRAGABO ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yavumbuwe mu bwihisho mu nkengero za Paris, m’Ubufaransa

Gen Maj Aloys NTIWIRAGABO ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yavumbuwe mu bwihisho mu nkengero za Paris, m’Ubufaransa

Ubwanditsi 24 Jul 2020
Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye

Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye

Ubwanditsi 03 Feb 2019

Igitekerezo kimwe

  1. niyogihozo
    July 30, 20182:06 pm -

    Ni byo rwose abagize uruhare mu kuduhekura bose babiryozwe ingoma igihumbi

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dubai: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika  [ Yavuguruwe ]
UBUKUNGU

Dubai: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Uganda: Maj. Gen (Rtd) Mugisha Muntu yasezeye mu ishyaka FDC
POLITIKI

Uganda: Maj. Gen (Rtd) Mugisha Muntu yasezeye mu ishyaka FDC

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Ishyaka PL ryemeje abakandida 80 bazarihagararira mu matora y’Abadepite bayobowe na Mukabalisa
POLITIKI

Ishyaka PL ryemeje abakandida 80 bazarihagararira mu matora y’Abadepite bayobowe na Mukabalisa

Ubwanditsi 12 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru