• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uwari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia kuri ubu ari kubutaka bw’u Rwanda.

Uwari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia kuri ubu ari kubutaka bw’u Rwanda.

Ubwanditsi 28 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Vincent Murekezi wari ku rutonde rw’abashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda kubera uruhare akekwaho muri Jenoside, ndetse ashakishwa na Polisi Mpuzamahanga. Yagejejwe mu Rwanda.

Vincent Murekezi wari watawe muri yombi, akaza gukingirwa ikibaba na Polisi kubera ibyaha bya ruswa yaje guhabwa imbunda na pasiporo nshya ya Malawi kandi ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Murekezi yahawe pasiporo ya Malawi ifite numero MA078171 mu buriganya kuko bivugwa ko yatanze ruswa mu nzego z’abinjira n’abasohoka mu 2011, ayihabwa ku izina rya Vincent Banda ukomoka mu gace ka Mbeya muri Tanzania.

Vincent Murekezi yari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari ndetse na mushikiwe Rosette Kayumba, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia.

Aha Vincent yari mu myigaragambyo ya RNC

Vincent Murekezi, agaragara muri amwe mu mafoto ari kwigaragambya muri Afrika y’Epfo arikumwe n’abagize umutwe wa RNC ya Kayumba Nyamwasa.

Murekezi yagiye yidegembya muri Malawi kubera amafaranga menshi atunze, akaba yayifashishaga mu gutanga ruswa ku bayobozi bamukingira ikibaba. Amakuru avuga ko uyu mugabo yabaga muri Zimbabwe ariko nyuma aza kwerekeza muri Malawi.

Ikinyamakuru Nyasa Times cyaje kubona kopi ya pasiporo yakoreshaga mu Rwanda, ifite numero PC 939663 wavukiye i Ngoma mu karere ka Huye, binahuza n’imyirondoro guverinoma y’u Rwanda yatanze imuranga nk’umuntu ushakishwa kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Aha Vincent Murekezi, yari munama za RNC.

Uyu mugabo w’umucuruzi wari ukomeye muri Malawi, yaherukaga gukurikiranwaho ibyaha bitandukanye, harimo n’ibibazo yari afitanye n’amabanki, atangira gushakishwa n’igipolisi ahita ahungira muri Afurika y’Epfo aho yamaze imyaka hagati y’ibiri n’itatu.

Nyuma yagarutse muri Malawi, ariko nyuma y’iminsi ibiri aza gufatirwa mu nzu y’undi Munyarwanda witwa Hirwa, ahaberaga ibirori byo kwita umwana izina.

Amakuru avuga ko Murekezi yafashwe akajyanwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Mponela, hibazwa impamvu yagiye gufungirwa kure y’aho yafatiwe, aho guhita ajyanwa kuri sitasiyo ya polisi ya Lilongwe mu Murwa Mukuru.

Umwe mu batanze amakuru yagize ati “Yaje kurekurwa nyuma y’iminsi itatu nyuma y’uko yahaye umupolisi miliyoni eshatu z’ama-Kwaca yo muri Malawi,’’

Uwatanze amakuru kandi avuga ko Murekezi yaherukaga kwaka uburenganzira bwo gutunga imbunda mu buryo bwemewe n’amategeko ariko ntiyabuhabwa, ariko ubu yari atunze imbunda ndetse n’uburenganzira yarabubonye n’ubwo hatazwi inzira byanyuzemo.

 

2019-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwicisha bugufi no guteza imbere Abanyarwanda, mu bizaranga FPR mu myaka 2 iri imbere

Kwicisha bugufi no guteza imbere Abanyarwanda, mu bizaranga FPR mu myaka 2 iri imbere

Ubwanditsi 17 Dec 2017
Interahamwe nka Ndereyehe Charles zasanze inzira zaraharuwe mu Buholandi, menya Frans Van Hoof wabigizemo uruhare nyuma yo kumarana imyaka 10 n’abateguye umugambi wa Jenoside

Interahamwe nka Ndereyehe Charles zasanze inzira zaraharuwe mu Buholandi, menya Frans Van Hoof wabigizemo uruhare nyuma yo kumarana imyaka 10 n’abateguye umugambi wa Jenoside

Ubwanditsi 23 Jul 2020
Perezida Macron azahagararirwa mu kwibuka ku nshuro ya 25 n’umudepite ukomoka i Kigali

Perezida Macron azahagararirwa mu kwibuka ku nshuro ya 25 n’umudepite ukomoka i Kigali

Ubwanditsi 22 Mar 2019
Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Ubwanditsi 04 Sep 2025

3 Ibitekerezo

  1. Sunday
    January 29, 20195:16 am -

    Ese urwanda rwose muzarwicya ?

    Subiza
  2. j
    January 29, 20199:22 am -

    nikize tugikanire urugikwiye kbs niokiginga byirirwa bisebya urwakibyaye

    Subiza
    • Sunday
      February 1, 20197:44 pm -

      Harya akazi kanyu nako kwirirwa mukubita abanyarwanda agafuni kumitwe?

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club
Amakuru

Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club

Ubwanditsi 05 Oct 2025
Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Ubwanditsi 04 Dec 2016
Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino
Mu Mahanga

Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Ubwanditsi 21 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru