• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uwari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia kuri ubu ari kubutaka bw’u Rwanda.

Uwari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia kuri ubu ari kubutaka bw’u Rwanda.

Ubwanditsi 28 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Vincent Murekezi wari ku rutonde rw’abashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda kubera uruhare akekwaho muri Jenoside, ndetse ashakishwa na Polisi Mpuzamahanga. Yagejejwe mu Rwanda.

Vincent Murekezi wari watawe muri yombi, akaza gukingirwa ikibaba na Polisi kubera ibyaha bya ruswa yaje guhabwa imbunda na pasiporo nshya ya Malawi kandi ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Murekezi yahawe pasiporo ya Malawi ifite numero MA078171 mu buriganya kuko bivugwa ko yatanze ruswa mu nzego z’abinjira n’abasohoka mu 2011, ayihabwa ku izina rya Vincent Banda ukomoka mu gace ka Mbeya muri Tanzania.

Vincent Murekezi yari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari ndetse na mushikiwe Rosette Kayumba, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia.

Aha Vincent yari mu myigaragambyo ya RNC

Vincent Murekezi, agaragara muri amwe mu mafoto ari kwigaragambya muri Afrika y’Epfo arikumwe n’abagize umutwe wa RNC ya Kayumba Nyamwasa.

Murekezi yagiye yidegembya muri Malawi kubera amafaranga menshi atunze, akaba yayifashishaga mu gutanga ruswa ku bayobozi bamukingira ikibaba. Amakuru avuga ko uyu mugabo yabaga muri Zimbabwe ariko nyuma aza kwerekeza muri Malawi.

Ikinyamakuru Nyasa Times cyaje kubona kopi ya pasiporo yakoreshaga mu Rwanda, ifite numero PC 939663 wavukiye i Ngoma mu karere ka Huye, binahuza n’imyirondoro guverinoma y’u Rwanda yatanze imuranga nk’umuntu ushakishwa kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Aha Vincent Murekezi, yari munama za RNC.

Uyu mugabo w’umucuruzi wari ukomeye muri Malawi, yaherukaga gukurikiranwaho ibyaha bitandukanye, harimo n’ibibazo yari afitanye n’amabanki, atangira gushakishwa n’igipolisi ahita ahungira muri Afurika y’Epfo aho yamaze imyaka hagati y’ibiri n’itatu.

Nyuma yagarutse muri Malawi, ariko nyuma y’iminsi ibiri aza gufatirwa mu nzu y’undi Munyarwanda witwa Hirwa, ahaberaga ibirori byo kwita umwana izina.

Amakuru avuga ko Murekezi yafashwe akajyanwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Mponela, hibazwa impamvu yagiye gufungirwa kure y’aho yafatiwe, aho guhita ajyanwa kuri sitasiyo ya polisi ya Lilongwe mu Murwa Mukuru.

Umwe mu batanze amakuru yagize ati “Yaje kurekurwa nyuma y’iminsi itatu nyuma y’uko yahaye umupolisi miliyoni eshatu z’ama-Kwaca yo muri Malawi,’’

Uwatanze amakuru kandi avuga ko Murekezi yaherukaga kwaka uburenganzira bwo gutunga imbunda mu buryo bwemewe n’amategeko ariko ntiyabuhabwa, ariko ubu yari atunze imbunda ndetse n’uburenganzira yarabubonye n’ubwo hatazwi inzira byanyuzemo.

 

2019-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntacyo Komisiyo yacukumburaga ibibazo twarazwe n’ubukoloni bw’Ababiligi yari kugeraho, kandi igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka, nka Laure Uwase Nkundakozera

Ntacyo Komisiyo yacukumburaga ibibazo twarazwe n’ubukoloni bw’Ababiligi yari kugeraho, kandi igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka, nka Laure Uwase Nkundakozera

Ubwanditsi 20 Dec 2022
Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Ubwanditsi 31 Oct 2024
Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Ubwanditsi 14 Nov 2024

3 Ibitekerezo

  1. Sunday
    January 29, 20195:16 am -

    Ese urwanda rwose muzarwicya ?

    Subiza
  2. j
    January 29, 20199:22 am -

    nikize tugikanire urugikwiye kbs niokiginga byirirwa bisebya urwakibyaye

    Subiza
    • Sunday
      February 1, 20197:44 pm -

      Harya akazi kanyu nako kwirirwa mukubita abanyarwanda agafuni kumitwe?

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse
POLITIKI

Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse

Ubwanditsi 04 May 2017
Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe i Kigali nka Yezu i Galileya – AMAFOTO
IMIKINO

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe i Kigali nka Yezu i Galileya – AMAFOTO

Ubwanditsi 24 Jan 2018
U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa
Mu Mahanga

U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

Ubwanditsi 30 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru