• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ni iki kihishe inyuma yo gutinza urubanza rw’umujenosideri Kabuga Félicien?

Ni iki kihishe inyuma yo gutinza urubanza rw’umujenosideri Kabuga Félicien?

Ubwanditsi 07 Feb 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abakurikiranira hafi imanza z’abakurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, cyane cyane abaregwa bari mu bihugu by’amahanga, bakomeje kwibaza impamvu imanza z’aba bagizi ba nabi zitwara umwanya munini ngo zitangire.

Rumwe mu ngero za hafi ni urubanza rwa Kabuga Félicien, ruharwa wafatiwe mu Bufaransa muri Gicurasi 2020, ariko n’ubu itariki urubanza rwe ruzatangiriraho ikaba itaratangazwa.

Dosiye ya Kabuga iravugwamo akagambane na ruswa ivuza ubuhuha!

Kuwa kane ushize, tariki 03 Gashyantare 2022, Urwego rwashyiriweho kurangiza imanza zasizwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda rwakoze inama ntegurarubanza, yabereye i La Haye mu Buholandi ari naho Kabuga afungiye.

Uregwa ntiyaje mu rukiko abamwunganira bagahamya ko afite imbaraga nke, zitatuma aza mu rukiko.

Yitabye Urukiko hifashishijwe ikoranabuhanga mu itumanaho, “video conference”.
Muri iyo nama ntegurarubanza, Umushinjacyaha yibukije umucamanza ko yamaze kwitegura kuburana ndetse akaba yaranamaze gutanga urutonde rw’abatangabuhamya bashinja Kabuga Félicien, akibaza impamvu itariki urubaza ruzatangiriraho idatangazwa.

Kabuga Félicien yagombye kuba afungiye Arusha, ariko yajyanywe i La Haye ngo kubera ko arwaye cyane, kandi akaba ashaje ku buryo atakora urugendo. Nyamara mu nama ntegurarubaza yo kuwa kane ushize, Kabuga yagaragaye nk’ udafite ikibazo cy’uburwayi, ndetse yavuze mu ijwi rizira amakaraza, ubwo yatangazaga ko atagishaka kunganirwa n’abanyamategeko asanganywe, ngo kuko batamuha raporo y’urubanza rwe uko bikwiye. Uku kwikoma umunyamategeko we nabyo abahanga babibonamo amayeri yo gutinza urubanza.

Amakuru ava i La Haye aravuga ko raporo z’abaganga basuzuma uburwayi bwa Kabuga zidasiba kwisukiranya mu biro by’Umwanditsi Mukuru w’urukiko kandi zivuguruzanya.

Ibizikubiyemo bikomeje kugirwa ubwiru, hatinywa ko Abanyarwanda n’isi yose bamenya ko nta kibazo cy’uburwayi cyagombye kubuza Kabuga kuryozwa ibyo yakoze

Ayo makuru kandi arahamya ko muri iki kibazo cya Kabuga Félicien hharimo ruswa n’akagambane, ari nayo mpamvu itariki y’urubanza rwe idashyirwa ahagaragara. Ikigamijwe nk’uko abasesenguzi babivuga , ngo umugambi ni ugukomeza gutinza urubanza, kugeza igihe Kabuga azapfira akiri “umwere”.

Magingo aya Kabuga Félicien afite imyaka 89 y’amavuko, akaba arimo gukoresha ibifaranga(dore ko ngo anatunze byinshi), agura bamwe mu bagombye kwihutisha dosiye ye, kugirango azavemo umwuka adahamijwe ibyaha ndengakamere aregwa ngo anabitangire indishyi.

Ibyo bifaranga kandi ni nabyo byamufashije kwihisha ubutabera imyaka 26, n’ubwo amaherezo y’inzira ari mu nzu!

Kabuga Félicien afatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba umwe mu bashinze bakanayobora radiyo rutwitsi ya RTLM. Ararashya imigeri ngo acike ubutabera bwo ku isi, nyamara abemera Imana twemera ko atazatoroka ubutabera bukukuru bwo mu ijuru, kuko ho nta ruswa n’akagambane bihaba!

2022-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamasheke : Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere

Nyamasheke : Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Argentina yatwaye igikombe cy’isi 2022 itsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma, Lionel Messi ahembwa nk’umukinnyi w’irushanwa

Argentina yatwaye igikombe cy’isi 2022 itsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma, Lionel Messi ahembwa nk’umukinnyi w’irushanwa

Ubwanditsi 18 Dec 2022
Police FC izahura na AS Kigali, APR FC na Gasogi United – Uko amakipe azahura muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro

Police FC izahura na AS Kigali, APR FC na Gasogi United – Uko amakipe azahura muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 21 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: umusirikare wa CMI imaze igihe ihohotera abanyarwanda yahunze
INKURU NYAMUKURU

Uganda: umusirikare wa CMI imaze igihe ihohotera abanyarwanda yahunze

Ubwanditsi 16 Jan 2018
Perezida Kagame yayoboye Inteko rusange ya 32 yahuje abakuru b’ibihugu bigize AU ari nayo agomba guhererekanyamo ububasha n’umusimbuye.
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yayoboye Inteko rusange ya 32 yahuje abakuru b’ibihugu bigize AU ari nayo agomba guhererekanyamo ububasha n’umusimbuye.

Ubwanditsi 10 Feb 2019
Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi
POLITIKI

Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi

Ubwanditsi 16 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru