• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Ubwanditsi 12 Mar 2016 Mu Mahanga

Abayobozi bakuru mu Rwanda baritegura kujya mu mwiherero ngarukamwaka aho insanganyamatsiko y’uyu mwaka ari ugushyiraho intego yuko iby’iwacu ari byo byaba umusingi w’iterambere.

Uyu mwiherero wa 13 uzabera mu ishuli rya gisirikare rya Gabiro mu Karere ka Gatsibo hagati y’italiki 12 na 14 uku kwezi, uzitabirwa n’abayobozi basaga 250 barimo Perezida wa Repubulika. Uretse ariko n’abayobozi b’inzego zitandukanye za leta, uyu mwiherero uzaba unarimo n’abayobozi b’ibigo by’igenga nk’iby’ubucuruzi.

Iyi nsanganyamatsiko y’uyu mwiherero wa 13 ishishikariza Abanyarwanda kwiha intego yuko iby’iwacu aribyo bigomba kuba umusingi w’iterambere iruzuzanya n’icyifuzo cy’abakuru b’ibihugu by’umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EAC).

Abo bayobozi mu nama yabo ya 17 yateraniye Arusha muri Tanzania taliki 2 z’uku kwezi banzuye yuko EAC idashobora gutera imbere mu gihe igura byinshi kuva hanze igurishayo bike ! Bafashe umwanzuro yuko hashakishwa ingamba z’ukuntu ibyo byahinduka, ibyoherezwa hanze bikaba byinshi kurusha ibikurwayo.

Ibi byashimangiwe cyane na Perezida wa Tanzania wasubiye muri ya magambo Mwalim Julius Nyerere yahoraga avuga ngo Afurika yimbura (isarura) ibyo tudakoresha, tugakoresha ibyo tutimbura.

Ingingo nkuru zizaganirwaho muri uwo mushyikirano w’uyu mwaka ni eshatu, arizo Gufata ingamba mu kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’ikerekezo 2020; Kongera agaciro k’ibikomoka iwacu; no guteza imbere Imibereho myiza n’uburenganzira bw’umwana w’umunyarwanda.

Izi ngingo ni nziza kandi nk’uko bisanzwe zigomba no kuzafatirwa imyanzuro igomba kuzashyirwa mu bikorwa. Na none ni byiza gufata imyanzuro nk’iyo ariko byaba byiza kurushaho abo bayobozi babanje gushishoza neza bakareba niba imyanzuro yafashwe ubushize mu mwiherero wa 12 koko yarashyizwe mu bikorwa.

Muri uwo mwiherero wa 12 warangije imirimo yawo taliki 02 Werurwe 2015 hafatiwemo imyanzuro myinshi nk’ijyanye n’ibibazo by’Ubutaka, Gukwirakwiza amazi, imishinga idashyirwa mu bikorwa n’ibijyanye no kurushaho guhashya Ruswa kimwe no gusana ibitaro bya Shyira n’indi itari mike.

-2448.jpg

-2447.jpg

-2444.jpg

-2445.jpg

-2446.jpg

Muri uyu mwiherero rero wa 13 hagomba kurebwa imyanzuro itarashyizwe mu bikorwa, impamvu zabiteye zikamenyekana. Ibi ni ngombwa kuko gufata imyanzuro muri uyu mushyikirano undi mushyikirano ukazaza imyanzuro yafatiwe mu wambere itarashyizwe mu bikorwa cyangwa ikaba yarashyizwe mu bikorwa mu buryo butanoze, byaba ari ukuvunikira ubusa !

Casmiry Kayumba

2016-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

Ubwanditsi 10 Jun 2025
Igisirikari cya Kongo-Kinshasa cyongeye gushinjwa gukorana n’imitwe yajujubije abaturage b’icyo gihugu, irimo na FDLR.

Igisirikari cya Kongo-Kinshasa cyongeye gushinjwa gukorana n’imitwe yajujubije abaturage b’icyo gihugu, irimo na FDLR.

Ubwanditsi 18 Oct 2022
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage bo mu karere ka Nyamagabe kurwanya  ubwambuzi bushukana

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage bo mu karere ka Nyamagabe kurwanya ubwambuzi bushukana

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Imikoranire myiza ya Polisi n’abaturage ba Huye yatumye hafatwa ibiyobyabwenge bitandukanye

Imikoranire myiza ya Polisi n’abaturage ba Huye yatumye hafatwa ibiyobyabwenge bitandukanye

Ubwanditsi 13 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakinnyi b’Amavubi basuye abamugariye ku rugamba, babagenera impano mbere yo gukina na RDC
IMIKINO

Abakinnyi b’Amavubi basuye abamugariye ku rugamba, babagenera impano mbere yo gukina na RDC

Ubwanditsi 28 Jan 2016
Amavubi asezerewe na Congo
IMIKINO

Amavubi asezerewe na Congo

Ubwanditsi 30 Jan 2016
Umubiligi  uzwi mubikorwa byo gupfobya Jenoside  wavugiraga  Umuryango wa  Rwigara yasabye Imbabazi
ITOHOZA

Umubiligi uzwi mubikorwa byo gupfobya Jenoside wavugiraga Umuryango wa Rwigara yasabye Imbabazi

Ubwanditsi 11 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru