• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»HUYE: Abibye Charly na Nina batawe muri yombi

HUYE: Abibye Charly na Nina batawe muri yombi

Ubwanditsi 14 Nov 2017 SHOWBIZ

Mu minsi ishize nibwo hamenyekanye  inkuru y’uko abahanzikazi Charly na Nina bibwe amasakoshi yabo arimo n’amatelefone ndetse n’ibindi bigendanwa, muri aya masakoshi kandi hari harimo bimwe mu byangombwa by’aba bakobwa.

Kuri ubu, bamaze gusubizwa ibyo bari bibwe  byose ababyibye batabwa muri yombi.

Aba bahanzi bari bamanutse i Huye ku wa Gatanu tariki 27 Ukwakira 2017 aho bari bagiye gutaramira abanyeshuri mu ngendo bakoranaga na sosiyete ya MTN Rwanda bazenguruka kaminuza zitandukanye.  Kuri uwo munsi hakaba hari hatahiwe Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, igitaramo cyabereye mu nzu mberabyombi y’akarere ka Huye.

Ubwo bari muri iki gitaramo aba bahanzikazi basoje kuririmba bagiye mu modoka basanga hari abayibakinguriye biba ibintu hafi ya byose basizemo harimo amasakoshe arimo ibyangombwa, amafaranga ndetse n’ibindi bintu nkenerwa abakobwa bitwaza mu ngendo. Usibye ibi ariko aba bajura ngo banibye ama telefone yabo nk’uko byatangajwe na Muyoboke Alex umujyanama w’aba bahanzikazi.

Polisi y’igihugu yatangaje ko abibye aba bahanzikazi bamaze gutabwa muri yombi ndetse n’ibyo bari bibye bikaba byarafashwe ndetse bigashyikirizwa ba nyirabyo.  Umuvugizi wa Police ACP Theos Badege, yagize ati”

“Nibyo koko ibyo abo bahanzikazi bari bibwe byamaze gufatwa ndetse byahawe ba nyirabyo hafi ya byose, ndetse n’abakekwa ko bari babibye batawe muri yombi barafungwa. Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2017 barashyikirizwa ubushinjacyaha.”

Muyoboke Alex usanzwe akurikirana inyungu za Charly na Nina, yavuze ko ibyo bari bibwe babibonye usibye telephone imwe gusa itaraboneka, ariko uyu mugabo ndetse  ashimira bikomeye Polisi y’u Rwanda imbaraga ikoresha mu gufata abagizi ba nabi ngo baryozwe ubugizi bwa nabi baba bakoze.

“Twamaze guhabwa ibyo twari twibwe, twari twihebye tuzi ko byarangiye ariko Polisi yacu ntijya iryama iba iturebera. Ubu bamaze kudushyikiriza ibyari byibwe hafi ya byose. Ni abo gushimirwa.-Alex Muyoboke”

ACP Theos Badege yavuze ko bagikomeje gushakisha ibitarafatwa ku buryo vuba biri bube byamaze kugaruzwa. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yibukije abanyarwanda muri rusange ko agomba kugira uruhare mu gucunga ibyabo kuko ngo n’ubwo mu Rwanda hari umutekano uhagije ariko abantu batagomba kwirara ngo babe barara badakinze cyangwa ngo babe basiga imodoka ahantu hatemewe batanazikinze kandi bazi ko harimo ibintu by’agaciro.

Twibukiranye ko aba bahanzikazi bamaze gusubizwa ibyo bari bibwe kuri ubu bakomeje kwitegura igitaramo gikomeye cyo kumurika Album yabo ya mbere bazashyira hanze tariki 1 Ukuboza 2017 igitaramo cyizabera muri Camp Kigali, kikazitabirwa n’abahanzi b’ibyamamare bazaba baje kubashyigikira barimo Juliana Kanyomozi, Big Farious, Geosteady, Yvan Buravan, Dj Pius ndetse na Andy Bumuntu.

 

2017-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo

Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo

Ubwanditsi 31 Mar 2021
Miss Rwanda 2017 Elsa Iradukunda yatawe muri yombi, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ihagarika irushanwa rya Miss Rwanda

Miss Rwanda 2017 Elsa Iradukunda yatawe muri yombi, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ihagarika irushanwa rya Miss Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2022
Umusore yateye ivi agiye kwambika umukunzi we impeta arabyanga[ AMAFOTO]

Umusore yateye ivi agiye kwambika umukunzi we impeta arabyanga[ AMAFOTO]

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Diamond yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru avuga kuri Shaddyboo n’indirimbo yakoranye na Meddy

Diamond yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru avuga kuri Shaddyboo n’indirimbo yakoranye na Meddy

Ubwanditsi 16 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwemerera Ingabire gukora politiki ye ni uguhembera Jenoside- Tom
INKURU NYAMUKURU

Kwemerera Ingabire gukora politiki ye ni uguhembera Jenoside- Tom

Ubwanditsi 20 Sep 2018
Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.
Mu Mahanga

Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Ubwanditsi 28 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru