• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano

U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano

Ubwanditsi 20 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Maj. Gen. Frank Mugambage, yatangaje ko u Rwanda rwamaze gusaba ibisobanuro Uganda ku mpamvu z’ifungwa rya hato na hato ry’abanyarwanda ndetse n’ibijyanye n’abantu bashaka guhungabanya umutekano bari muri iki gihugu cy’igituranyi.

Ni ku nshuro ya mbere mu buryo bweruye umuyobozi w’u Rwanda avuze ku bibazo bimaze iminsi bivugwa mu mubano warwo na Uganda, bishingiye ku bikorwa bya hato na hato byagiye byibasira abanyarwanda baba i Kampala no mu nkengero zayo.

Umwuka mubi ujya gututumba cyane hagati y’ibihugu byombi, byari muri Kanama 2017 ubwo Umunyarwanda René Rutagungira yashimutirwaga i Kampala aho yakoreraga ubucuruzi. Uyu mugabo yakuwe mu kabari, atwarwa mu modoka ya Toyota Premio ifite pulake UAT 694T ndetse bivugwa ko mu bamushimuse harimo Capt. Agaba David ukora mu Rwego rwa Gisirikare rushinzwe Iperereza (Chieftaincy of Military Intelligence-CMI) muri Uganda.

Nyuma y’amezi agera kuri atatu, Rutagungira yaje kugezwa imbere y’ubutabera bwa gisirikare, aho bivugwa ko yari yarakorewe iyicarubozo ku buryo bukomeye ashinjwa kuba intasi y’u Rwanda muri Uganda.

Abandi banyarwanda mu buryo nk’ubu bagiye bafatwa bagafungwa n’inzego za gisirikare muri Uganda, aho amakuru aherutse gutangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye yavugaga ko ‘hari benshi’ bafashwe.

Ku wa Gatandatu tariki ya 9 Ukuboza 2017, byatangajwe ko umunyarwanda witwa Fidèle Gatsinzi, yatawe muri yombi n’abantu bambaye impuzankano ya gisirikare bikekwa ko bakora mu rwego rushinzwe ubutasi, CMI, ndetse kugeza ubu, ntiharamenyekana irengero rye.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Maj. Gen. Frank Mugambage,  yabwiye Igihe dukesha iyi nkuru  ko  hari ‘ibitotsi’ mu mubano w’ibihugu byombi ariko ko bigomba gushakirwa umuti ndetse ko u Rwanda rwatangiye kubikurikirana.

Ati “Icyifuzo cy’u Rwanda na Politiki ni ukugira ngo duhuze umubano n’abandi, yaba mu bo duturanye, yaba mu karere, yaba no muri Afurika. Murabizi ko u Rwanda mu by’ukuri rufata iya mbere kugira ngo umubano umere neza. Ibitotsi bihari rero, ibyo muvuga biriho n’ibyo byo gufata abantu n’ibindi bikorwa by’abagizi ba nabi baba badashakira u Rwanda ibyiza, nibyo birahari, turimo turabikurikirana.”

Ambasaderi Mugambage yakomeje agira ati “Ibyo bibazo bihari by’abantu bamaze iminsi bafatwa, by’abantu ndetse nabo b’abagizi ba nabi barimo ba bandi bashingira ku ngengabitekerezo za jenoside n’abandi bashaka kugira ngo babe bagira ibikorwa bibi babangamira u Rwanda, ibyo birimo birakurikiranwa kandi turimo turabivugana na bo [Uganda].”

Ku wa 23 Nzeri ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko abanyarwanda batatu aribo Bayingana James, Nsekanabo Lando Ali, Byaruhanga Nduwamungu Vianney; batawe muri yombi na CMI mu gace ka Bukasa, bafungirwa muri gereza ya Mbuya aho bamaze igihe cy’amezi atatu kugeza bafunguwe mu Ugushyingo.

U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro

Hashize iminsi Uganda ivugwaho kuba indiri y’abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda cyane ababa mu mutwe wa RNC; bahakorera ibikorwa byabo bya buri munsi bakingiwe ikibaba n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda, CMI.

Umutwe wa RNC urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda uyobowe na Kayumba Nyamwasa, watorotse igihugu nyuma yo guhamywa ibyaha, muri Uganda uhafite ibikorwa birimo gushaka impunzi ujyana mu myitozo ya gisirikare igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Hashize iminsi Polisi ya Uganda ku bufasha bw’iya Tanzania, batangiriye ndetse bata muri yombi itsinda ry’impunzi 40 z’abanyarwanda zari zerekeje mu myitozo y’Umutwe wa RNC, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Izi mpunzi zari itsinda rigizwe n’abasore bakiri bato, bagenderaga ku byangombwa by’inzira by’igihe gito bya Uganda ariko by’ibihimbano, bivugwa ko bahawe n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda, CMI, kugira ngo bazabashe kwambuka umupaka wa Tanzania, berekeze mu Burundi hanyuma binjire muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Majyepfo yayo ahazwi nka Minebwe.

Bivugwa ko ibikorwa byo gushaka aba bantu bishyigikiwe cyane Brig. Gen Abel Kandiho ukuriye Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda, CMI.

Ambasaderi Mugambage yatangaje ko u Rwanda rwamaze kwandikira Uganda ruyisaba ibisobanuro kuri iri fungwa n’ibijyanye n’abashaka guhungabanya umutekano warwo icumbikiye.

Ati “Icyo twifuza iteka ni umubano ariko iyo abantu bawubangamiye, ni ngombwa kugira ngo tubabaze tuti ni iki? Kuko nta mpamvu ihari igaragara kandi turashaka ngo babisobanure. No kwandika twaranditse, no kubaza twarabajije […] dutegereje ko tubona ibisobanuro.”

Abanyarwanda bakorera ibikorwa by’ubucuruzi n’ibindi muri Uganda kimwe n’ababarizwayo, bakunze kugaragaza impungenge z’umutekano wabo mu gihe ibintu bikomeje kudogera hagati y’ibihugu byombi.

Mugambage asobanura ko yaba abanyarwanda bajya muri Uganda n’abatuyeyo ‘nabo birabareba, icya ngombwa ni uko tugomba kubishyira ahagaragara kandi tukabibaza ababikora kugira ngo batange ibisubizo n’ibishoboka binahagarare kuko nibyo bya ngombwa’.

Ibitotsi mu mubano w’u Rwanda na Uganda si ibya none

Abasesenguzi bagaragaza ko kimwe mu bitishimirwa na Uganda harimo ko bamwe mu basirikare b’u Rwanda bakomeye muri iki gihe bari inyuma ya Museveni ubwo yahirikaga ubutegetsi bwa Milton Obote, bigasa n’aho ari intambwe bateye mu gihe we yifuzaga ko bakomeza kuba inyuma ye.

Umunyakenya, Jimmy Opis, ukurikiranira hafi politiki yo mu Karere, aherutse gukomoza kuri iki avuga ko “Kubaza uti “Ese Kabarebe yibagiwe aho yaturutse?” bisa no kwendereranya kuko umuntu yabaza niba “NRM (Ishyaka riri ku Butegetsi muri Uganda) ryaribagiwe uwarirwaniye akaryicaza ku ntebe y’icyubahiro.”

Mu gihe Uganda kugeza ubu idafite ikompanyi y’indege, bivugwa ko RwandAir yasabye kuba yatangira gukorerayo ingendo ziva i Entebbe zerekeza i Londres ariko iki gihugu cy’igituranyi kikabyanga.

Uganda kandi ishyirwa mu majwi ku kwenyegeza umuriro w’umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Tanzania ku ngoma ya Kikwete, ndetse ngo Museveni yigeze kwerura yandikira umwe mu bayobozi b’u Bwongereza ko mu banzi bakomeye afite, u Rwanda ruza ku mwanya wa mbere.

2017-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mitali Protais igihe cyose azavira mu bwihisho azahita atabwa muri yombi – Mutangana

Mitali Protais igihe cyose azavira mu bwihisho azahita atabwa muri yombi – Mutangana

Ubwanditsi 19 Mar 2019
Kayumba ni umuhemu”…”yaguze amapeti”

Kayumba ni umuhemu”…”yaguze amapeti”

Ubwanditsi 05 Sep 2019
Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Ubwanditsi 28 Feb 2020
Nyuma yo kwanga ubufasha bahawe impunzi z’abarundi ziramya Zebiya zatangiye gusubira I Burundi

Nyuma yo kwanga ubufasha bahawe impunzi z’abarundi ziramya Zebiya zatangiye gusubira I Burundi

Ubwanditsi 01 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Ubwanditsi 25 May 2018
‘Abo bazakomeza batungurwe’ – Mwiseneza abwira abatangariye inyogosho ye nshya
HIRYA NO HINO

‘Abo bazakomeza batungurwe’ – Mwiseneza abwira abatangariye inyogosho ye nshya

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018
Mu Rwanda

Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018

Ubwanditsi 09 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru