• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup   |   15 Aug 2022

  • Amafoto – Sir Lewis Hamilton uzwi mu gusiganwa ku mamodoka arishimira ibihe byiza yagiriye mu Rwanda ubwo yasuraga Ingagi   |   12 Aug 2022

  • Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!   |   11 Aug 2022

  • Minisiteri ya siporo yatangaje ko bikorwa bya siporo u Rwanda rwakiriye byinjije asaga miliyari 30 Frw ugereranyije na Miliyari 6,7 Frw yashowe   |   10 Aug 2022

  • Tombola ya CAF Champions League isize APR FC izahura na US Monastir naho muri CAF Confederations Cup AS Kigali izahura na AS Ali Sabieh yo muri Djibouti   |   09 Aug 2022

  • Impera z’icyumweru zisize APR FC yerekanye abakinnyi 7 bashya, Rayon Sports itsinda AS Kigali, Ntagengwa Olivier na Gatsinzi Venuste begukanye umwanya wa 4 muri Common Wealth Games   |   08 Aug 2022

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»CNLG yahishuye ibanga ry’uko Col. Bagosora yapanze kwikiza Habyarimana ngo azice Abatutsi nta nkomyi
Falcon 50

CNLG yahishuye ibanga ry’uko Col. Bagosora yapanze kwikiza Habyarimana ngo azice Abatutsi nta nkomyi

Editorial 15 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Imyaka igera kuri 26 ishize habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, hari ibimenyetso byinshi bikomeje kugaragara bishimangira ko yari yarateguwe, n’ubwo hari abakomeje guhakana ko itabaye.

Itangazo rigenewe Abanyamakuru rya Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG yashyize hanze, rigaragaza bimwe mu bikorwa simusiga byakozwe hagati y’itariki ya 13 na 19 Mutarama kuva mu 1991 kugeza mu 1994, bigaragaza uko Jenoside yagiye itegurwa, n’uruhare amashyaka akomeye mu gihugu n’abari abategetsi bakomeye bagiye babigiramo.

Urugero nk’itangazo ryasohowe n’ishyaka MDR ku wa 15 Mutarama mu 1993, rigaragaza ko Col. Theoneste Bagosora ari we wari uyoboye urugamba rwo kwica Abatutsi, ariko umugambi we akaba yaragombaga kuwugeraho abanje kwivugana Perezida Habyarimana wagendaga biguru ntege mu kuwushyira mu bikorwa.

Twibukiranye ko Bagosora yari umutoni wa Habyarimana, gusa umubano wabo ukaza kuzamo agatotsi bitewe n’uko aba bombi batajyaga imbizi ku bijyanye n’amasezerano y’Arusha yemereraga Abatutsi bari barameneshejwe bahabwa uburenganzira bwo kugaruka mu Rwanda.

Col. Bagosora

Ku bwa Bagosora n’abambari be nka Col Nsengiyumva, Col. Sagatwa na Major Nkundiye wari ukuriye aba GP barindaga Perezida Habyarimana, intego kwari ugukomeza kwica Abatutsi urusorongo nk’uko byakorwaga, gusa baza gukomwa mu nkokora n’ingabo z’igihugu cyane cyane abari bakuriye za Jandarumori.

Iri tangazo rikomeza rigira riti: “Bagosora yatangiye uburiganya bwo gushaka uko abakuru ba jandarumori muri Kigali bahindagurwa abandi bakicwa, ngo kugira ngo hashakwe abo bahuje umugambi w’Abanyakazu.”

’Akazu’ kari agatsiko k’abategetsi bakuru b’igihugu bari bafite inkomoko mu ma Perefegitura ya Gisenyi, Ruhengeri na Byumba, umugambi wabo ukaba wari ugukomeza guheza Abatutsi ishyanga ndetse no gushaka uko abari mu gihugu na bo bahumbahumbwa.

Bijyanye n’uko Habyarimana yagendaga biguru ntege muri uyu mugambi ndetse yari yagambanye akemera gusinya amasezerano y’amahoro, Bagosora we ubwe yateguye uko yakwikiza ’Ikinani’ binyuze muri Coup d’Etat yashoboraga kumwohereza ishyanga n’umuryango we.

Ibi byose byari kugira ngo mu gihe Habyarimana yaba apfuye cyangwa ahunze, Bagosora na Nkundiye bari bahuje umugambi basigare bafite igihugu mu maboko yabo ndetse banasoze umugambi mubisha wo gushyiraho imperuka y’Abatutsi bari barateguye.

Aya mabanga CNLG iyashyize hanze mugihe hari amakuru avuga ko ubutabera bw’u Bufaransa bugiye gusuzuma ubujurire bwatanzwe n’imiryango y’abaguye mu ndege yahitanye Perezida Habyarimana Juvénal n’uw’u Burundi, Cyprien Ntaryamira kuwa 6 Mata 1994.

Iyi miryango yasabye ubutabera gutesha agaciro icyemezo cyo guhagarika burundu iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, cyafashwe mu mpera za 2018 nyuma y’imyaka 20 y’iperereza ariko hakabura ibimenyetso ku bo bashinjaga kubigiramo uruhare.

Icyo iyi miryango ishaka ni ugutangiza iperereza cyangwa hakaba habaho urubanza ku bayobozi bakuru icyenda b’u Rwanda.

Iyi dosiye yakunze guhindanya umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa kuko abayobozi bakuru icyenda b’u Rwanda mu 2006, bakozweho iperereza rishingiye ku mpamvu za politiki ariko bigatwarwa mu mutaka w’ubutabera, aho bashinjwaga uruhare mu ihanurwa ry’iyi ndege ya Habyarimana.

Nk’uko Le Figaro yabyanditse, abakora iperereza b’Urukiko rw’ubujurire rwa Paris, bazafata icyemezo nyuma yo gusuzuma mu muhezo ubujurire bwatanzwe busaba gutesha agaciro icyemezo cyo kuwa 21 Ukuboza 2018, n’abacamanza bakora iperereza ku byaha by’iterabwoba Jean-Marc Herbaut na Nathalie Poux.

Abegereye iyi dosiye bavuga ko mu busabe bwanditse, ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru byasabye urukiko kwemeza ihagarikwa ry’iryo perereza.

Nyuma y’uko icyemezo cyo guhagarika iperereza burundu gifashwe, Umunyamategeko wa Agatha Kanziga wari umugore wa Habyarimana, Philippe Meilhac, yabwiye France 24 ko bagiye kujurira icyo cyemezo.

Meilhac yavuze ko basanga guhagarika iyo dosiye burundu bifite ikindi bihatse.

Ati “(Agathe) Yizeye ko urubanza rushoboka. Abacamanza bafashe umwanzuro mu bwisanzure bwabo. Ubu biragaragara ko hejuru y’iyi dosiye hihishe ikintu gikomeye, unarebeye uko umubano mu bya dipolomasi wagiye uhinduka. Kuva naba umunyamategeko, sindabona aho ubuhamya bw’abantu barindwi buteshwa agaciro.”

Yakomeje agira ati “Nk’umunyamwuga, nzi ko iyo urubanza rugeze kuri uru rwego, hari ibyo abatangabuhamya bashobora kunyuranya ariko ntabwo bose basubizwa inyuma. Niyo mpamvu tuzitabaza urukiko rw’ubujurire.”

Indege yari itwaye Perezida Juvénal Habyarimana na Cyprien Ntaryamira w’u Burundi, yarashwe ku wa 6 Mata 1994, ikurikirwa n’ishyirwa mu bikorwa ry’umugambi wa Jenoside ku buryo bweruye, wari umaze igihe warateguwe ndetse unageragezwa.

falcon 50

Mu 1997 nibwo umwe mu muryango w’umufaransa waguye mu ndege Falcon 50 ya Habyarimana yatanze ikirego i Paris. Mu 1998 hatangiye iperereza, riyobowe n’umucamanza Jean-Louis Bruguière.

Ni igikorwa yakoze adakandagiye ku butaka bw’u Rwanda, yifashisha ubuhamya bw’abantu barimo abahoze ari abasirikare bavuga ko bagize uruhare mu ihanurwa ryayo, ariherekeresha impapuro zita muri yombi bamwe mu basirikare bakuru b’u Rwanda bagize uruhare mu rugamba rwo guhagarika Jenoside.

Nyuma muri Nzeri 2010, Abacamanza babiri Nathalie Poux na Marc Trevedic baje mu Rwanda mu iperereza ku ihanurwa ry’iyi ndege, bagira n’umwanya wo kumva ubuhamya bw’abantu batandukanye yaba abari mu Rwanda no mu Burundi, nyuma banzura ko iyi ndege yahanuwe n’agatsiko k’intagondwa z’Abahutu zitakozwaga iby’isaraganya ry’ubutegetsi.

Mu 2016, Umucamanza Jean-Marc Herbaut na Nathalie Poux bongeye kugaruka kuri iri perereza, batangira baha umwanya bamwe mu barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda nk’abatangabuhamya bakunze kurangwa no kunyuranya imvugo.

Nyuma y’ubu buhamya, aba bacamanza bahise batumiza uwari Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. James Kabarebe, kugira ngo azajye kwisobanura; gusa ntiyigeze ajyayo.

Mu Ukuboza 2017 nibwo aba bacamanza b’u Bufaransa bashinzwe gukora iperereza ku byaha by’iterabwoba, batangaje ko basoje iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, ariko ntihatangazwa ikigomba gukurikira.

Raporo Mutsinzi yatangajwe mu 2010 yemeje ko ibisasu byarashe indege ya Habyarimana byavuye mu nkambi ya Kanombe, birashwe n’abahezanguni bari mu ngabo z’u Rwanda (FAR) bashakaga kumwikiza, kugira ngo haburizwemo ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Arusha ndetse babone n’uko barangiza umugambi wo kwica Abatutsi.

2020-01-15
Editorial

IZINDI NKURU

Afrika y’Epfo : Perezida Kagame  mu bakuru b’Ibihugu na za guverinoma 22 bitabiriye irahira rya Cyril Ramaphosa

Afrika y’Epfo : Perezida Kagame mu bakuru b’Ibihugu na za guverinoma 22 bitabiriye irahira rya Cyril Ramaphosa

Editorial 25 May 2019
Uburundi bwagiye Uganda gushimangira ibyo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uburundi bwagiye Uganda gushimangira ibyo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 23 Nov 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Editorial 26 Jan 2018
Perezida wa Gabon Ali Bongo yageze mu Rwanda

Perezida wa Gabon Ali Bongo yageze mu Rwanda

Editorial 13 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!

Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!

20 Jul 2022
Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

07 Jul 2022
Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru