• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa   |   27 May 2022

  • Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.   |   27 May 2022

  • Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda?    |   27 May 2022

  • FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball   |   26 May 2022

  • PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon   |   26 May 2022

  • Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023   |   25 May 2022

 
You are at :Home»Amakuru»Leta y’Ububiligi ntizavuge ko itamenye ko muri icyo gihugu hatangijwe ikigega kigamije gushyigikira iterabwoba n’imyivumbagatanyo mu Rwanda

Leta y’Ububiligi ntizavuge ko itamenye ko muri icyo gihugu hatangijwe ikigega kigamije gushyigikira iterabwoba n’imyivumbagatanyo mu Rwanda

Editorial 19 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’ inzira zose bagerageje zo kwangisha Abanyarwanda ubuyobozi ariko zigapfuba zitaranatangira, ubu noneho ibigarasha, abajenosideri n’ababakomokaho bamaze gushinga icyo bise ”ikigega” kigamije gushishikariza abaturage kwigomeka kuri Leta no kwishora mu bikorwa by’iterabwoba.

Ni ikiryabarezi cyanafunguye konti muri imwe mu mabanki akomeye mu Bubiligi, BELFIUS-Belgique, kikazajya gicungwa n’abantu bizwi ko barwanya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Abo ni: Joseph Matata, Gustave Mbonyumutwa, Mireille Kagabo, Noheli Zihabamwe na Marie-Jeanne Rutayisire.

Aba ni indobanure zizwiho kurwanya u Rwanda, zikarangwa n’ ingengabitekerezo ya giparmehutu zikomora kuri ba se na ba sekuru, nka Dominiko Mponyumutwa n’abandi.

Ubwo batangizaga ku mugaragaro icyo kiryabarezi, abashukika bita”ikigega”, ndetse no mu kiganiro Mireille Kagabo aherutse kugirana na Vénuste Nshimiyimana wo ku Ijwi ry’Amerika (ryahindutse ijwi ry’ibigarasha n’abajenosideri), izo nkorabusa zivugiye ko amafaranga bazajya bakusanya buri kwezi, azajya ahabwa abantu bari mu Rwanda biyemeje gushoza imvururu mu baturage no kubangisha ubutegetsi, babinyujije ku mbuga nkoranyambaga nka Youtube n’izindi.

Iyo urebye neza uyu mugambi, usanga nta gishya bazanye kuko n’ubundi ibigarasha n’abajenosideri basanzwe boherereza amafaranga ba Cyuma Hassan, Nkusi Agnès, Ntwali Williams, Shyaka Gilbert, Karasira Aimable, Yvonne Idamange, n’abandi ba”Rwabuzisoni”, bemera kwakira udufaranga tw’inticantikize ngo bahindanye isura y’Igihugu cyabo.

Bamwe muri aba bafatanywe igihanga, abandi baranabyigamba ntacyo bishisha. Igishya gusa ni uko noneho babishyize ahabona, bagafungura konti ku mugaragaro, y’ikigega kigamije gushora Abanyarwanda mu mwiryane bari bamaze imyaka 28 bigobotoye.

Igitangaje ahubwo, ni ukubona “ikigega” cy’abagizi ba nabi gifungurirwa konti mu Bubiligi, igihugu cyiyita ko kirwanya iterabwoba. Ese byashoboka ko muri banki yo mu Rwanda hafungurwa konti ishyirwaho amafaranga yo gushyigikira ibikorwa by’iterabwoba mu Bubiligi?

Niba bitashoboka, kuki Leta y’uBubiligi yemera ko imigambi nk’iyi icurirwa ku butaka bwayo? Amategeko ntiyiyambazwa abategetsi b’uBubiligi ntibazavuge ko ntacyo bari babiziho!

Hari abasesenguzi ariko basanga iyi migambi izapfira mu igi nk’indi yose yayibanjirije. Ibi babihera ku myumvire ya giswa y’abatangije iki kiryabarezi, nka Joseph Matata umaze imyaka asakuza gusa, ariko ntacyo ageraho kuko avuga amateshwa. Uyu Joseph Matata yigeze kumara imyaka asaruza udufaranga mu mpunzi ngo buri wa kabiri w’icyumweru azajya ategura imyigaragambyo imbere y’Ambassade y’u Rwanda mu Bubiligi.A

ho iyo myigaragambyo yaje guherera, n’aho utwo dusabano tw’udufaranga twarengeye, niwe n’abasazi bagenzi be bahazi.

Ubutekamutwe nk’ubu si ubwa none. Uwitwa Claude Gatebuke yamaze iminsi ngo akusanya ibihumbi 30 by’ama Euros(miliyoni zisaga gato 30 ushyize mu mafaranga y’u Rwanda), ngo yo gufasha Yvonne Idamange ukurikiranyweho ibyaha birimo guhakana no gufobya Jenoside yakorewe Abatutsi, no kwangisha abaturage ubutegetsi.

Aho umushinga wa Gatebuke warengeye ntawe uhazi, ikizwi gusa ni uko Yvonne Idamange yahawe ubusabusa, andi Gatebuke n’abandi bamamyi bishyirira ku ryinyo.

Mu rubanza rwa Paul Rusesabagina na bagenzi be, Callixte Nsabimana ”Sankara” yivugiye uburyo Kayumba Nyamwasa yatekeye umutwe impunzi z’Abanyarwanda, akazikuramo agatubutse, maze akiguriramo rukururana 8, abandi bicira isazi mu jisho.

Banyarwanda rero, baba abari mu Rwanda baba n’abari mu mahanga, uretse ko kujya mu bikorwa nk’ibi byo gushyigikira iterabwoba n’imvururu mu gihugu binahanwa n’amategeko, ni n’ubushishozi buke kwemera gutanga amafaranga utazi aho agiye n’uko azacungwa.

Nimwime amatwi aba banyoni bashaka kubiba utwanyu, kandi babizi neza ko guhungabanya umutekano w’u Rwanda ari indoto batazigera bakabya.

Baca umugani ngo”umuheto ushuka umwambi bitari bujyane”! Abanyarwanda bakomeye ku bumwe bwabo, izo nkorabusa zirangajwe imbere n’abanywarumogi ntaho zizamenera. Uko niko kuri, ibindi ni ukwikirigita ugakwenkwenuka.

2022-01-19
Editorial

IZINDI NKURU

Umudagekazi w’imyaka 93 yashyizwe muri gereza azira guhakana jenoside yakorewe Abayahudi: Kuki Ingabire Victoire n’abandi bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bo bakomeza kwidegembya?

Umudagekazi w’imyaka 93 yashyizwe muri gereza azira guhakana jenoside yakorewe Abayahudi: Kuki Ingabire Victoire n’abandi bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bo bakomeza kwidegembya?

Editorial 04 Apr 2022
Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Editorial 08 Mar 2022
Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Editorial 12 Mar 2021
Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Editorial 15 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru