• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Leta y’Ububiligi ntizavuge ko itamenye ko muri icyo gihugu hatangijwe ikigega kigamije gushyigikira iterabwoba n’imyivumbagatanyo mu Rwanda

Leta y’Ububiligi ntizavuge ko itamenye ko muri icyo gihugu hatangijwe ikigega kigamije gushyigikira iterabwoba n’imyivumbagatanyo mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’ inzira zose bagerageje zo kwangisha Abanyarwanda ubuyobozi ariko zigapfuba zitaranatangira, ubu noneho ibigarasha, abajenosideri n’ababakomokaho bamaze gushinga icyo bise ”ikigega” kigamije gushishikariza abaturage kwigomeka kuri Leta no kwishora mu bikorwa by’iterabwoba.

Ni ikiryabarezi cyanafunguye konti muri imwe mu mabanki akomeye mu Bubiligi, BELFIUS-Belgique, kikazajya gicungwa n’abantu bizwi ko barwanya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Abo ni: Joseph Matata, Gustave Mbonyumutwa, Mireille Kagabo, Noheli Zihabamwe na Marie-Jeanne Rutayisire.

Aba ni indobanure zizwiho kurwanya u Rwanda, zikarangwa n’ ingengabitekerezo ya giparmehutu zikomora kuri ba se na ba sekuru, nka Dominiko Mponyumutwa n’abandi.

Ubwo batangizaga ku mugaragaro icyo kiryabarezi, abashukika bita”ikigega”, ndetse no mu kiganiro Mireille Kagabo aherutse kugirana na Vénuste Nshimiyimana wo ku Ijwi ry’Amerika (ryahindutse ijwi ry’ibigarasha n’abajenosideri), izo nkorabusa zivugiye ko amafaranga bazajya bakusanya buri kwezi, azajya ahabwa abantu bari mu Rwanda biyemeje gushoza imvururu mu baturage no kubangisha ubutegetsi, babinyujije ku mbuga nkoranyambaga nka Youtube n’izindi.

Iyo urebye neza uyu mugambi, usanga nta gishya bazanye kuko n’ubundi ibigarasha n’abajenosideri basanzwe boherereza amafaranga ba Cyuma Hassan, Nkusi Agnès, Ntwali Williams, Shyaka Gilbert, Karasira Aimable, Yvonne Idamange, n’abandi ba”Rwabuzisoni”, bemera kwakira udufaranga tw’inticantikize ngo bahindanye isura y’Igihugu cyabo.

Bamwe muri aba bafatanywe igihanga, abandi baranabyigamba ntacyo bishisha. Igishya gusa ni uko noneho babishyize ahabona, bagafungura konti ku mugaragaro, y’ikigega kigamije gushora Abanyarwanda mu mwiryane bari bamaze imyaka 28 bigobotoye.

Igitangaje ahubwo, ni ukubona “ikigega” cy’abagizi ba nabi gifungurirwa konti mu Bubiligi, igihugu cyiyita ko kirwanya iterabwoba. Ese byashoboka ko muri banki yo mu Rwanda hafungurwa konti ishyirwaho amafaranga yo gushyigikira ibikorwa by’iterabwoba mu Bubiligi?

Niba bitashoboka, kuki Leta y’uBubiligi yemera ko imigambi nk’iyi icurirwa ku butaka bwayo? Amategeko ntiyiyambazwa abategetsi b’uBubiligi ntibazavuge ko ntacyo bari babiziho!

Hari abasesenguzi ariko basanga iyi migambi izapfira mu igi nk’indi yose yayibanjirije. Ibi babihera ku myumvire ya giswa y’abatangije iki kiryabarezi, nka Joseph Matata umaze imyaka asakuza gusa, ariko ntacyo ageraho kuko avuga amateshwa. Uyu Joseph Matata yigeze kumara imyaka asaruza udufaranga mu mpunzi ngo buri wa kabiri w’icyumweru azajya ategura imyigaragambyo imbere y’Ambassade y’u Rwanda mu Bubiligi.A

ho iyo myigaragambyo yaje guherera, n’aho utwo dusabano tw’udufaranga twarengeye, niwe n’abasazi bagenzi be bahazi.

Ubutekamutwe nk’ubu si ubwa none. Uwitwa Claude Gatebuke yamaze iminsi ngo akusanya ibihumbi 30 by’ama Euros(miliyoni zisaga gato 30 ushyize mu mafaranga y’u Rwanda), ngo yo gufasha Yvonne Idamange ukurikiranyweho ibyaha birimo guhakana no gufobya Jenoside yakorewe Abatutsi, no kwangisha abaturage ubutegetsi.

Aho umushinga wa Gatebuke warengeye ntawe uhazi, ikizwi gusa ni uko Yvonne Idamange yahawe ubusabusa, andi Gatebuke n’abandi bamamyi bishyirira ku ryinyo.

Mu rubanza rwa Paul Rusesabagina na bagenzi be, Callixte Nsabimana ”Sankara” yivugiye uburyo Kayumba Nyamwasa yatekeye umutwe impunzi z’Abanyarwanda, akazikuramo agatubutse, maze akiguriramo rukururana 8, abandi bicira isazi mu jisho.

Banyarwanda rero, baba abari mu Rwanda baba n’abari mu mahanga, uretse ko kujya mu bikorwa nk’ibi byo gushyigikira iterabwoba n’imvururu mu gihugu binahanwa n’amategeko, ni n’ubushishozi buke kwemera gutanga amafaranga utazi aho agiye n’uko azacungwa.

Nimwime amatwi aba banyoni bashaka kubiba utwanyu, kandi babizi neza ko guhungabanya umutekano w’u Rwanda ari indoto batazigera bakabya.

Baca umugani ngo”umuheto ushuka umwambi bitari bujyane”! Abanyarwanda bakomeye ku bumwe bwabo, izo nkorabusa zirangajwe imbere n’abanywarumogi ntaho zizamenera. Uko niko kuri, ibindi ni ukwikirigita ugakwenkwenuka.

2022-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere : Prof. Shyaka Anastase

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere : Prof. Shyaka Anastase

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Imfungwa yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka muri Kasho ya Polisi

Imfungwa yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka muri Kasho ya Polisi

Ubwanditsi 18 Apr 2016
Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Ubwanditsi 07 Apr 2024
Urukiko Rukuru rwahamagaje ‘ahatazwi’ abareganwa n’abo kwa Rwigara

Urukiko Rukuru rwahamagaje ‘ahatazwi’ abareganwa n’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 14 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Abaturage bahunze imirwano ya FDLR
INKURU NYAMUKURU

RDC: Abaturage bahunze imirwano ya FDLR

Ubwanditsi 01 Oct 2018
FDLR: Col Nizeyimana Evariste yahambaga abantu ari bazima
HIRYA NO HINO

FDLR: Col Nizeyimana Evariste yahambaga abantu ari bazima

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Ntitugomba guha icyuho abanyabyaha: Kagame
Mu Mahanga

Ntitugomba guha icyuho abanyabyaha: Kagame

Ubwanditsi 01 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru