• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Hatangajwe amazina y’abakekwaho kwinjiza Abanyarwanda mu gisirikare cya Kayumba Nyamwasa

Hatangajwe amazina y’abakekwaho kwinjiza Abanyarwanda mu gisirikare cya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 06 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Amazina y’abantu batanu bagira uruhare mu kwinjiza Abanyarwanda mu gisirikare cy’ishyaka RNC riyobowe Kayumba Nyamwasa yashyizwe ku mugaragaro. Ni nyuma y’amakuru yasakaye hose yavugaga ko Jenerali Kayumba  Faustin Nyamwasa yaba yinjiza abasore b’impunzi z’Abanyarwanda mu gisirikare abifashijwemo n’inzego z’iperereza za Uganda (CMI) na Minisitiri w’umutekano ,Gen(Rtd) Henry Tumukunde bivugwa ko ari inshuti ye y’akadasohoka.

Aya mazina y’abagabo yakumvikana mu matwi nk’ay’abantu bakomoka mu Rwanda  yagaragaye ku rutonde rw’abantu bagize uruhare mu kwinjiza mu gisirikarie cya RNC abanyarwanda 43 baherutse gufatirwa ku mupaka wa Tanzaniya na Uganda, wa Kikagati, ubwo bageragezaga kwambuka ngo bajye muri Tanzaniya nyuma ngo bakerekeza mu Burundi aho bivugwako bari kuhava berekeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Inkuru dukesha urubuga Virunga post ivuga ko amazina y’aba bagabo harimo  Dr.Ruvumwa, umwalimu muri kaminuza ya Mbarara, wigeze gushimutwa ubwo yari ari mu rusengero mu mujyi wa Mbarara nyuma akaza kurekurwa.

Dr.Ruvumwa

Geoffrey Musoni,wigeze kuba umusirikare w’u Rwanda(RDF) ubu akaba atuye muri Uganda ahitwa Mukono.

Moses Bijura utuye mu karere ka Ntungamo na Charles Sande uzwi ku izina rya Robert Mugisha  ndetse na Felix Mwizerwa.

Inkuru y’iki kinyamakuru, ivuga ko aba bagabo bakomeje ibikorwa byo kwinjiza abandi bantu mu gisirikare cya RNC mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gace kitwa Minembwe,ahantu bivugwa ko hari inkambi y’imyitozo y’igisirikare cya Jenerali Kayumba Nyamwasa.

Iki kinyamakuru cyongeraho ko abandi bantu bagaragara muri ibi bikorwa harimo mwishywa wa Jenerali Kayumba Nyamwasa, Rugema Kayumba akaba n’umuhuzabikorwa wa RNC muri Uganda, uyu nawe akaba yarigeze kuba  umusirikare w’u Rwanda mu 1998 aho yari afite ipeti rya kaporali(Corporal) ndetse n’umukozi w’ibiro by’iperereza bya Uganda, Kaporali Abdu Karim Mulindwa uzwi ku izina rya Mukombozi.

N’ubwo ibi byose bivugwa, uruhande rw’ishyaka RNC,  babinyujije ku muvugizi waryo, Jean Paul Turayishimiye rwahakanye ko nta bikorwa bya gisirikare rufite muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi ko abasore 43 batawe muri yombi ntaho bahuriye n’ishyaka rya RNC.

Mu gisirikare cy’ishyaka rye, Rwanda National Congress(RNC) abasore b’impunzi z’Abanyarwanda ngo binjizwa abifashijwemo n’inzego z’iperereza za Uganda(CMI) na Minisitiri w’umutekano bivugwa ko ari inshuti ikomeye ya Jenerali Faustin Nyamwasa.

 

2018-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bujumbura : Amasasu menshi yumvikanye mu Bwiza

Bujumbura : Amasasu menshi yumvikanye mu Bwiza

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Barahigwa Bukware, bagategura umuhango wo kwibuka Karegeya i Johannesburg

Barahigwa Bukware, bagategura umuhango wo kwibuka Karegeya i Johannesburg

Ubwanditsi 15 Feb 2019
Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.

Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Nov 2020
Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ubwanditsi 18 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha

Ubwanditsi 09 Dec 2016
U Rwanda rwerekanye ko bishoboka kuva mu ivu ukubaka umuryango ushikamye- A. Guterres
POLITIKI

U Rwanda rwerekanye ko bishoboka kuva mu ivu ukubaka umuryango ushikamye- A. Guterres

Ubwanditsi 07 Apr 2020
Babiri bahawe urwamenyo bavugirizwa akamo nyuma yo kumatana bari gutera akabariro
Mu Rwanda

Babiri bahawe urwamenyo bavugirizwa akamo nyuma yo kumatana bari gutera akabariro

Ubwanditsi 01 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru