• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Hatangajwe amazina y’abakekwaho kwinjiza Abanyarwanda mu gisirikare cya Kayumba Nyamwasa

Hatangajwe amazina y’abakekwaho kwinjiza Abanyarwanda mu gisirikare cya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 06 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Amazina y’abantu batanu bagira uruhare mu kwinjiza Abanyarwanda mu gisirikare cy’ishyaka RNC riyobowe Kayumba Nyamwasa yashyizwe ku mugaragaro. Ni nyuma y’amakuru yasakaye hose yavugaga ko Jenerali Kayumba  Faustin Nyamwasa yaba yinjiza abasore b’impunzi z’Abanyarwanda mu gisirikare abifashijwemo n’inzego z’iperereza za Uganda (CMI) na Minisitiri w’umutekano ,Gen(Rtd) Henry Tumukunde bivugwa ko ari inshuti ye y’akadasohoka.

Aya mazina y’abagabo yakumvikana mu matwi nk’ay’abantu bakomoka mu Rwanda  yagaragaye ku rutonde rw’abantu bagize uruhare mu kwinjiza mu gisirikarie cya RNC abanyarwanda 43 baherutse gufatirwa ku mupaka wa Tanzaniya na Uganda, wa Kikagati, ubwo bageragezaga kwambuka ngo bajye muri Tanzaniya nyuma ngo bakerekeza mu Burundi aho bivugwako bari kuhava berekeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Inkuru dukesha urubuga Virunga post ivuga ko amazina y’aba bagabo harimo  Dr.Ruvumwa, umwalimu muri kaminuza ya Mbarara, wigeze gushimutwa ubwo yari ari mu rusengero mu mujyi wa Mbarara nyuma akaza kurekurwa.

Dr.Ruvumwa

Geoffrey Musoni,wigeze kuba umusirikare w’u Rwanda(RDF) ubu akaba atuye muri Uganda ahitwa Mukono.

Moses Bijura utuye mu karere ka Ntungamo na Charles Sande uzwi ku izina rya Robert Mugisha  ndetse na Felix Mwizerwa.

Inkuru y’iki kinyamakuru, ivuga ko aba bagabo bakomeje ibikorwa byo kwinjiza abandi bantu mu gisirikare cya RNC mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gace kitwa Minembwe,ahantu bivugwa ko hari inkambi y’imyitozo y’igisirikare cya Jenerali Kayumba Nyamwasa.

Iki kinyamakuru cyongeraho ko abandi bantu bagaragara muri ibi bikorwa harimo mwishywa wa Jenerali Kayumba Nyamwasa, Rugema Kayumba akaba n’umuhuzabikorwa wa RNC muri Uganda, uyu nawe akaba yarigeze kuba  umusirikare w’u Rwanda mu 1998 aho yari afite ipeti rya kaporali(Corporal) ndetse n’umukozi w’ibiro by’iperereza bya Uganda, Kaporali Abdu Karim Mulindwa uzwi ku izina rya Mukombozi.

N’ubwo ibi byose bivugwa, uruhande rw’ishyaka RNC,  babinyujije ku muvugizi waryo, Jean Paul Turayishimiye rwahakanye ko nta bikorwa bya gisirikare rufite muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi ko abasore 43 batawe muri yombi ntaho bahuriye n’ishyaka rya RNC.

Mu gisirikare cy’ishyaka rye, Rwanda National Congress(RNC) abasore b’impunzi z’Abanyarwanda ngo binjizwa abifashijwemo n’inzego z’iperereza za Uganda(CMI) na Minisitiri w’umutekano bivugwa ko ari inshuti ikomeye ya Jenerali Faustin Nyamwasa.

 

2018-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

USA: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi w’Umujyi wa Chicago

USA: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi w’Umujyi wa Chicago

Ubwanditsi 24 Apr 2018
AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo

AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Ubwanditsi 01 Jul 2025
Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi

Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi

Ubwanditsi 27 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibaruwa ifunguye igenewe Musonera Jonathan ku kinyoma ashinja RPF-Inkotanyi
ITOHOZA

Ibaruwa ifunguye igenewe Musonera Jonathan ku kinyoma ashinja RPF-Inkotanyi

Ubwanditsi 03 Apr 2017
Iya 11 Gicurasi 1994: Akanama k’umutekano ka Loni kasabye Umunyamabanga Mukuru kohereza ingabo mu Rwanda
Mu Rwanda

Iya 11 Gicurasi 1994: Akanama k’umutekano ka Loni kasabye Umunyamabanga Mukuru kohereza ingabo mu Rwanda

Ubwanditsi 11 May 2018
Miss Wema Sepetu wabuze urubyaro yasobanuye iby’inda ya kabiri iherutse kuvamo
SHOWBIZ

Miss Wema Sepetu wabuze urubyaro yasobanuye iby’inda ya kabiri iherutse kuvamo

Ubwanditsi 24 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru