• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Ubwanditsi 16 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu ibaruwa yashyizweho umukono n’abayobozi ba IBUKA hirya no hino ku isi, hagaragajwe impunge z’uko Umunyakanadakazi, Judi Rever, akomeje gutangaza ibinyoma, cyane cyane avuga ko mu Rwanda habaye “Jedoside ebyiri”, akaba agenda abikwiza mu itangazamakuru no mu makoraniro anyuranye arimo na za kaminuza zikomeye ku isi


Muri uwo mugambi wo gutera urujijo ariko agamije gutesha agaciro Jenoside yakorewe Abatutsi, biteganyijwe ko Judi Rever azatanga ikiganiro muri Kaminuza ya Cambridge yo mu Bwongereza tariki 21 Mata uyu mwaka. Umuryango IBUKA rero wasabye ubuyobozi w’iyo kaminuza guhagarika iyo gahunda, ejo amateka atazayirega gutiza umurindi abajenosideri n’ababashyigikiye nka Judi Rever.

Ikindi kigaragara muri iyi baruwa , IBUKA iributsa Kaminuza ya Cambridge ko Jenoside yakorewe Abatutsi yamaze kwemezwa n’isi yose, ko rero uretse ko ari n’ikimwaro guha urubuga abakwiza mu Rwanda habaye “jenoside ebyiri”, binanyuranyije n’amahame ndetse n’amategeko mpuzamahanga ahana upfobya n’uhakana jenoside, kimwe n’ababibashamo. IBUKA rero iribaza niba iyi Kaminuza ya Cambridge, ubundi izwiho gushyira mu gaciro, yatinyuka guha ijambo abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abayahudi. Kuba yakubahuka guha urwaho abantu nka Judi Rever rero, IBUKA irabibonamo kudaha agaciro amarira n’agahinda by’Abanyafrika, by’umwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibaruwa ya IBUKA ikimara kujya ahabona, abantu benshi banditse bamagana icyemezo cya Kaminuza ya Cambrigde, bayibuza gutoneka ibikomere by’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi isi yose irebera. Mu gihe twateguraga iyi nkuru, abantu 100 barimo abarimu muri za kaminuza hirya no hino ku isi n’abanyamakuru bo ku rwego mpuzamahanga, bamaze gusohora inyandiko isaba Kaminuza ya Cambridge guheza Judi Rever, kuko basanga aramutse atanze ikiganiro muri iyo kaminuza byaba ari amahano no gutesha agaciro imbaga y’abatutsi yatikiriye muri Jenoside.Kugeza ubu Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Cambridge ntacyo buravuga ku nyandiko zikomeje kwamagana ubutumire bwa Judi Rever
Biramenyerewe ko mu kwezi kwa Mata, ari nabwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye, abajenosideri n’ababashyigikiye bashishikarira ibikorwa bigamije gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, kugeza n’aho bavuga ko Abatutsi aribo bishe Abatutsi!

Judi Rever ari mu gatebo kamwe n’abandi bagizi ba nabi biyemeje kuba umuzindaro w’abajenosideri, barimo n’ Umubiligi Filipp Reyntjens, Umwongerezakazi Michela Wrong, Umunyakameruni Charles Onana unafite ubwenegihugu bw’Ubufaransa, Umunyekongo Patrick Mbeko n’abandi bagoreka amateka babigambiriye.Ibitabo n’inkuru aba bose bandika bazishingira ku magambo bapakirwamo n’abajenosideri, bigira abere, bakagereka icyaha cya Jenoside ku bayirokotse n’abayihagaritse.

By’umwihariko Judi Rever akwiza ingengabitekerezo ya Théoneste Bagosora, Anathole Nsengiyumva, Jean Kambanda, Edouard Karemera, JPaul Akayezu, n’abandi bajenosideri bahamwe n’icyaha bagakatirwa n’ubutabera mpuzamahanga.

Mu Kwakira 2020, Judi Rever yahawe akato mu ruhando rw’abanyamakuru n’abashakashatsi bakomeye ku isi , bagombaga guhurira mu Bufaransa muhango bita” Bayeux Calvados-Normandy Award”.

Ku munota wa nyuma Judi Rever wari watumiwe muri ibyo birori, yatunguwe no kubwirwa ko imyitwarire ye ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi itamuhesha ubunyangamugayo bwo kwitabira umuhango nk’uriya wiyubashye.

2021-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi yateze kumira imbeba, Fc Barcelona niramuka itsinze Paris St Germain

Umuyobozi yateze kumira imbeba, Fc Barcelona niramuka itsinze Paris St Germain

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Kampala: Ahaburanira abashinjwa gushimuta Joel Mutabazi hagaragaye  iterabwoba n’uburinzi budasanzwe

Kampala: Ahaburanira abashinjwa gushimuta Joel Mutabazi hagaragaye iterabwoba n’uburinzi budasanzwe

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Ubwanditsi 30 May 2017
Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

RUSHYASHYA 23 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

N’u Rwanda rwaberwa no kwicara kuri ‘table d’honneur’ – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

N’u Rwanda rwaberwa no kwicara kuri ‘table d’honneur’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Dec 2017
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru Abarundi 12 bafashwe bagiye gucuruzwa muri Aziya
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru Abarundi 12 bafashwe bagiye gucuruzwa muri Aziya

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?
Amakuru

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Ubwanditsi 29 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru